FPR
RFL
Kigali

Vestine na Dorcas basohoye indirimbo nshya ‘Adonaï’ iri kuri Album ya mbere-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:1/07/2021 9:29
11


Abahanzikazi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas basohoye amashusho y’indirimbo yabo nshya “Adonaï” yabaye iya Gatatu kuri Album yabo ya mbere.



Mu ijoro ry’uyu wa Gatatu tariki 30 Kamena 2021, ni bwo Vestine na Dorcas basohoye indirimbo yabo nshya bise “Adonaï” nyuma y’indirimbo bise ‘Papa’ ndetse na ‘Nahawe ijambo’ zakunzwe mu buryo bukomeye kugeza n’ubu bigaragazwa n’abamaze kuzireba n’ibitekerezo biziherekeje.

‘Adonaï’ yabaye indirimbo ya Gatatu aba bakobwa basohoye yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Santa. Ibaye indirimbo ya Gatatu mu buryo bw’amashusho yakozwe na Producer Chris Eazy, inabaye indirimbo ya Gatatu aba bakobwa bandikiwe n’umuhanzi Niyo Bosco. Gusa, kuri iyi nshuro yafatanyije na M Irene.

Amashusho y’iyi ndirimbo ‘Adonaï’ yafatiwe kuva i Kigali kugera mu Mujyi wa Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘ADONAÏ’ YA VESTINE NA DORCAS

Vestine yavuze ko 'Adonai' bisobanuye "Imana ishobora byose, ihambaye cyane, nyiri ubushobozi." Dorcas akavuga ko mu ndirimbo 'Adonai' baririmbye ku guturiza imbere y’Imana no kugirirwa neza nayo mu bihe bitandukanye.

Vestine yavuze ko bamaze icyumweru cyose bari muri studio bakora iyi ndirimbio, kandi irimo amagambo ahembura imitima ya benshi.

Mu kiganiro na Isibo Tv, aba bakobwa bakiri ku ntebe y’ishuri bavuga ko Imana yabambitse amaraso y'igikundiro bashingiye ku kuntu bakiriwe neza mu muziki. Dorcas we anavuga ko "narabirose dukunzwe" kandi ngo ajya akabya inzozi. Ati "Narabirose bibyuka biba."

Vestine avuga ko hari abantu benshi bakora umuziki n'ibindi bintu bitandukanye ariko ntibakundwe, ngo ni iby'igiciro kinini kuba sosiyete yarabakiranye yombi. Ati "Ikintu nababwira nyine bajye bakomeza badusengere banadufashe."

Dorcas avuga ko ku kigo cy'amashuri bamufata nk'umuntu usanzwe uretse mu rugo iwabo bamufata nk'umuntu urenze. Uretse ko ngo hari abanyeshuri bajya bamusaba kubaririmbira.

Muri iyi ndirimbo hari abo baririmba bagira bati “Ibitonyanga by’imvura y’amacumu wabihinduyemo umuba w’Imigisha ndi mu rubanza ingingo zose zintaba."

"Waramburaniye Mana utabara uwapfaga. Wampagaritse bwuma mu mvururu mbera umugisha n’abampururiye na cya cyobo bancukuriraga ugihinduramo iriba ridudubiza amashimwe … “

Murindahabi Irene umujyanama wa Vestine na Dorcas yabwiye INYARWANDA, ko iyi ndirimbo yatangije urugendo rwa Album ya mbere batarabonera izina.

Vestine na Dorcas basohoye amashusho y’indirimbo bise 'Adonai' yabaye iya Gatatu kuri Album yabo ya mbere

Vestine yavuze ko bashima ukuntu bakiriwe mu muziki, bagasaba gukomeza gushyigikirwa


Dorcas yavuze ko mu ndirimbo yabo nshya baririmbye ku kugirirwa neza n’Imana

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘ADONAÏ’ YA VESTINE NA DORCAS









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • umuhire cedrick2 years ago
    vestina & drocas bafite impanopee!! nibakomezebadutwi cyane yari umukunziwabo cedrick ndabemera cyane!!
  • Iradukunda kellia2 years ago
    Kabisa murashoboye Imana ntacyo itakoze impano yo muri nayo ark nbasaba ko nanjye mwanzamura mu mpano mfite yo kuririmba kd ndanabikunda nabuze mumero zanyu ngo mbavugishe ark mumbabariye mwamfasha kd Imana yabaha umugisha mwinshi ndabakunda cyane
  • NIYONGABO2 years ago
    MURIMBANEZA NDI UMUFANA WANYU NDABAKUNDA NIMUKAZACIKE INTEGE IMANA IZAHORANE NAMWE
  • Emmanuel Rajoo1 year ago
    If am to support how do I do
  • Melance NIYOMUKIZA1 year ago
    nukur ndabakund cne ntaw mutanezera IMANA ibandany ibakomeza bazimurure abazimiy
  • Niyonkuru Emmanwel1 year ago
    Abakobwa bakomereze aho.
  • Ndaimana fredna1 year ago
    Ndabakunda cyane imana ibakomeze
  • ntakirutimana piyer1 year ago
    uko mbibona bameze neza ariko nshaka nomero
  • Itangishaka christophe9 months ago
    Turabakunda cyane nukuri sinzi ngo nabivugante rwose gusa icyo na bifusiza kandi mbasabira nuko imana yabah'amahirwe mujya muririmba ibibava kumutima nikube kwiyere kanagusa ndaba kunda cyane.
  • Mugisha 3 months ago
    Ndakushima
  • NYINAWIMANZI CLEMENTINE2 months ago
    IGITEKEREZO NATANGA ABABA KOBWA BABERA INTANGA RUGERU YU RUBYIRUKO RUGENZIRWABO MU GUKUNDA IMANA BABICISHE MU NDIRIMBO GUSA IYO NZIBONYE ZIRANSHIMISHA CYANE IMANA IJYE IBASHOBOZA





Inyarwanda BACKGROUND