RFL
Kigali

Amakimbirane akomeje gufata indi ntera hagati ya Mbappe na Olivier Giroud bari mu ikipe y’u Bufaransa

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:11/06/2021 11:08
0


Mbappe yanze kubabarira Olivier Giroud ku magambo yavuze nyuma y'umukino wa gishuti wahuzaga u Bufaransa na Bulgaria.



Ubufaransa buri mu bihugu bihabwa amahirwe yo kwegukana igikombe cy'uburayi, ariko ntabwo ibintu bimeze neza mu bakinnyi nyuma y'amagambo yatangajwe na Olivier Giroud rutahizamu wa Chelsea wanatsinze ibitego 2 nyuma yo kwinjira mu kibuga asimbuye ku ntsinzi y'ibitego 3 batsinze Bulgaria.

Ubwo yabazwaga n'abanyamakuru, ku musaruro yagize mu kibuga, Olivier yavuze ko atishimye kubera imipira micye ahabwa. Yagize ati "Nkunze kuba ncecetse mu kibuga ariko akenshi biterwa n'uko akenshi nsaba umupira abakinnyi ntibawumpe mbese ntabwo bampa imipira ihagije. Ngerageza gusakuza uko bishoboka kose ngo mbone imipira nabona byanze nkigira mu rubuga rw'amahina ngo ndebe ko ariho nabonera igisubizo".


Mbappe na Giroud  ntabwo bimeze neza

"Nkubu Ben Yedder na Pavard bampaye imipira myiza byatumye mpiita ndangiza umukino ariko siko byakagenze nakabaye nsinda ibitego byinshi." Bucyeye bwaho nyuma y'imyitozo, ikipe yose iri ku meza, Olivier Giroud yasabye imbabazi ku magambo yari yatangaje, ariko bivugwa ko Mpappe atigeze amubabarira ahubwo asaba umutoza ko yabakoresha inama na we akagira icyo avuga.

Didier Deschamps ntabwo yabyemeye ahubwo yasabye abakinnyi ko barebera hamwe imyiteguro y'imikino, gusa hari n'amakuru meza ko Karim Benzema wari wavunikiye muri uyu mukino, bashobora kuzakina n'u Budage ameze neza cyane, Didier Deschamps akaba ariwe akoresha mu gushaka ibitego.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND