RFL
Kigali

Real Madrid na Atletico Madrid bitunguranye zishobora kujya zikinira ku kibuga kimwe

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:9/06/2021 15:47
0


Nyuma y'aho Real Madrid yongereye igihe sitade yayo izuzurira, biteganyijwe ko iyi kipe umwaka utaha ishobora kuzakirira imikino yayo kuri Wanda Metropolitano.



Umwaka ushize w'imikino Real Madrid ni bwo yahisemo kwagura sitade yayo Estadio Santiago Bernabeu kuko bashakaga ko abantu yakira hiyongeraho abandi bantu bagera ku bihumbi 20 cya 30.

Real Madrid ntirakinira ku kibuga cyayo kuva Werurwe 2020 kuko imaze umwaka ikinira ku kibuga cya Alfredo Di Stefano. Ku gihe Real Madrid yari yapanze, kuba sitade yabo nkuru yaba yarangiye, cyaje kwigizwa inyuma bishobora gutuma bakifashisha ikibuga cya Atletico Madrid kugira ngo barebe ko bajya babona uko bakira abafana ku kibuga.


Sitade ya Real Madrid ubu iri gusanwa 

Ikipe batuye mu mujyi umwe ariko ikaba  mucyeba wa minsi yose, yatangaje ko iri gutegura uko yaha ikibuga mucyeba wabo akajya yakiriraho imikino ye. Real Madrid nayo ntishaka kuzagira umukino n'umwe yakira nta bafana kandi ifite ikibazo cy'ubucyene, ubwa bo babona Wanda Metropolitano ariyo mahitamo meza yihuse

Biteganyijwe ko ikibuga cya Real Madrid gikuru, gishobora kuzuzura muri Nzeri cyangwa mu ntangiriro z'Ukwakira uyu mwaka.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND