RFL
Kigali

Kuki abantu bahitamo kugura inka kandi bashobora kubona amata ku buntu? Rinda ubusugi bwawe imbere y’uyu musore!

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:16/05/2021 13:17
0


Hari byinshi ukwiriye gukora cyangwa ugakorerwa kugira ngo ugere ku rukundo wifuza kandi uzabeho wishimye ubuzima bwawe bwose, aho guharanira kwishima iminota mike mu kirebana ubwiza mu maso n’ingendo ishingiye ku gaharoro.



“Kuki abantu bahitamo kugura inka kandi bashobora kubona amata ku buntu?”. Ibi abantu benshi ntibabiha agaciro nyamara usesenguye neza iri jambo wasanga rikwiriye kubahwa. Igitsina gabo gikwiriye kumenya neza ko umugore muzabana iteka kandi ukamukunda by’ukuri agomba kuba yakuvunnye ndetse yakuruhije, si umwe ubona bitakugoye n'ubwo nabyo bishoboka.

Dufate urugero ruto, ahari uri mu rukundo n’umuntu watandukanye n’uwo bashakanye. Aragukunda kandi akora uko ashoboye ngo ubone ibyishimo ukwiriye. Mu by’ukuri hari abumva ko bakwiriye kubana n’abandi bantu batandukanye n’abo babanaga kuko batekereza ko ari bo bagira urukundo  rw’ukuri bishingiye ku cyatumye batana nk’uko igitabo cyitwa ngo ‘We Will Just Call Her Andrea’ kibisobanura.

Umuntu uzaguha urukundo, umuntu uzagukunda by’ukuri naba yaratandukanye n’uwo babanaga, azagukunda 100%  ndetse akwiteho ariko azabiterwa n’uko akubonaho ibyo yifuza atabonaga mbere. Genzura rero umenye niba uwo muntu batandukanye batanijwe n’ubusa cyangwa uwo wibwira ko agukunda umenye niba ari we nyirabayazana, kuko ukwiriye urukundo rwiza kandi ukwiriye umuntu ugufataho umwanya akakwereka ko agukunda bigatinda, si umunyangeso mbi.

Hari ubwo uzisanga mu mubano n’umuntu utazigera aguha ipeti na rimwe mu buzima. Umuntu utazigera aguha icyizere, umugabo utazigera agushyira mu rugo ngo aguhe ipeti ryo kumubera umufasha, umugabo utazakwita umukunzi no mu bandi.

Ibyo bizaterwa n’uko wamuhaye byose yashakaga mbere y’igihe bityo ugatuma akurambirwa. Uzaba watumye aba nk’umukire wicara agafata inkongoro akanywa amata yayahaga agasubika intego yari afite yo kugura inka. Ntimuzigera mushyingiranwa niba waramuhaye ibyo wakamuhaye nyuma y’ubukwe. Ntuzabona urukundo wakabonye niba warabikoze. Ukwiriye urukundo rwuzuye.

Kuba waratandukanye na kanaka ntibikwiriye kuguhuma amaso, ntibikakwirukanse, kuko ukwiriye urukundo rwiza kandi ukwiriye gukundwa kandi uzagukunda arahari, ari imbere yawe, niba uri kumwirengagiza mugenzure neza ubundi umuhe umwanya n’urukundo. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND