RFL
Kigali

Umugore w'imyaka 25 yabyaye abana 9 mu gihe abaganga b’inzobere bamucishaga mu cyuma bakabona ko azabyara barindwi-AMAFOTO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:5/05/2021 10:27
1


Ni gacye cyane uzasanga umubyeyi yibaruka abana barenze 5 icyarimwe. Ubu umugore witwa Halima ukomoka muri Mali yabyaye abana 9 b’impanga, nyamara mu gihe yipimishaga abaganga b’inzobere bakamucisha mu cyuma, bamutangarije ko azabyara abana 7.



Halima Cisse ufite imyaka 25 ukomoka muri Mali igihugu kiri muri Afurika y’iburengerazuba, yatangaje benshi kandi byari bizwi ko azakora ibitangaza akibaruka abana 7, abaganga ntabwo babonaga ko hari abandi bana 2 bari mu nda y’uyu mubyeyi. Halima yajyanywe muri Maroc kugira ngo yitabweho n’abaganga b’inzobere muri Werurwe 2021 aho byaje kurangira ahabyariye abana 9.


Minisitiri w’ubuzima muri Mali, Fanta Siby yagize ati "Abana bavutse (abakobwa batanu n’abahungu bane) na nyina bose bameze neza". Impanga z’abana 9, ni gake cyane bibaho. Uyu mugore mbere y'uko yoherezwa muri Maroc yamaze ibyumweru bibiri mu bitaro bya Point G mu murwa mukuru wa Bamako mbere y'uko yimurirwa muri Maroc.


Halima yibarutse impanga z'abana 9

Src: France24





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • God fry hat2 years ago
    Kubwanj ndibazati Kuki umuntarway yivuza ariko uwiyizi kwicaha akicamatwi! Ubwo ingaruka yindwara sinkingaruka sicaha ndakunda fone can ariko Bible ikananira kuyitora nkuko ntora fone ndasavyimbabazi MANA Kandi unshoboze nze ndangize neza





Inyarwanda BACKGROUND