RFL
Kigali

Nyuma y’amezi asaga 3 bivugwa ko yaburiwe irengero nyiri Alibaba ‘Jack Ma' yongeye kugaragara mu ruhame

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:20/01/2021 15:35
0


Bwana Jack Ma umubyeyi wa Alibaba yaherukaga kugaragara mu ruhame mu kwezi k’Ugushyingo, ibi byabaye nyuma y'uko yakoze ubusesenguzi ku bijyane n’icungamali ry’u Bushinwa mu mbwirwaruhame yakoze. Ibi byashingiweho na benshi bavuga ko iri bura rya Ma ryaba rifite aho rihuriye n’ubugenzuzi bwabaye mu kigo cye.



Jack Ma wakunze kugaragara agira inama abantu bakiri bato aho aba abashishikariza gukora cyane, kudacika intege ndetse no gutera inkunga ibikorwa byinshi hirya no hino ku Isi, amezi arenga atatu yari yirenze nta muntu uramuca iryera bikanavugwa ko Leta y’u Bushinwa ishobora kuba ariyo imufite nyuma y’ibitekerezo yatanze ku bijyanye n’ucungamali ry’iki gihugu.

Umubyeyi wa Alibaba, Jack Ma kuri uyu munsi wa 20 Mutarama 2021, imbuga nkoranyambaga nyinshi ziri gutambutsa amashusho ye agaragaza uyu mugabo ari kuganiriza abarimu ibihumbi bo mu byaro avuga ko umushinga w’ubugiraneza we aribo uhanze amaso.


Jack Ma yari amaze igihe akumbuwe na benshi aho inkuru buri munsi zacaga mu binyamakuru bibazaga aho yaba yaragiye, gusa ku munsi wo kuwa 20 Mutarama 2021 yaje kongera kumvikana.

Ijwi ry’uyu mugabo ryatambutse mu buryo bw'amashusho anatangaza ko agiye kugaruka yibanda ku bikorwa bye by’ubugiraneza bizibanda cyane cyane ku barimu dore ko uyu mugabo mbere yo kujya mu bucuruzi yigeze kuba umwarimu w’ururimi rw’icyongereza kuko yanize ubwarimu nk’umwuga n'ubwo yaje kuba umushoramali mu ikoranabuhanga.  

Nyuma yo kubura kwa Jack Ma ahagana mu Ukuboza ikigo cye cyaje kujya imbizi na leta aho cyakozweho iperereza rihambaye ndetse n’ubutunzi bwe bwaratikiye cyane dore ko yahombye arenga miliyari $12. 

Uku kongera kugaragara kwa Jack Ma muri iyi video yiriwe isakara ku mbuga nkoranyambaga byashimangiwe n’umuvugizi w’iki kigo cye cy’ubugiraneza (Jack Ma Foundation’s spokesperson).


Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND