Niyomubyeyi Noella ukina ari Foromina muri Papa Sava wanamenyekanye nka Liliane muri Seburikoko asobanura ko bidakwiriye ko abakobwa bashyiraho ibisabwa abasore kuko uwo Imana iguhaye uba ugomba kumwemera.
Aganira
na INYARWANDA TV, Noella akabazwa ku bisabwa kugira ngo umusore atsindire umutima
we, yagize ati: ”Jyewe umuntu wese namukunze twabana kandi na we yankunze nkabona
nta cyo bintwaye namwemerera”.
Ni kenshi usanga abakobwa bagifite imyaka yo gushaka uwo bazabana bashyiraho ibisabwa abasore bifuza gutsindira imitima yabo cyane cyane ku byamamare. We asanga byose biterwa nuko uwo mukobwa aba ashukwa n’imyaka kuko iyo umaze gukura ubona ko ubutesi ugomba kubufasha hasi ugafata umukunzi utitaye ku byo kugendera ku kintu runaka.
Ati:”Ntabwo mfite umugabo w’inzozi zanjye ariko hari
uwo Imana yangeneye”. Yongeraho ko abenshi
bashyiraho ibisabwa baba bagifite imyaka myinshi yo guhitamo nubwo birangira
abo bashakaga atari bo babonye. Buri wese mu mwuga akora agira uwo ashobora
kubitsa ibanga, Noella asobanura ko Mama Sava ari we nshuti ye magara ashobora
kubitsa ibanga.
INDI NKURU WASOMA: Foromina wo muri Papa Sava ibyo gukundana na Diamond yabiteye ubwatsi
Noella
avuga ko nta nkuru yamwandikwaho ngo ababare kuko yaje mu mwuga wo gukina
filimi yiteze ibizamubaho byose. Akoresha ibishoboka byose agakora ibituma nta
nkuru yamubabaza yamwandikwaho.
Noella
avuga ko ku bijyanye no gukunda abahanzi asobanura ko nta muhanzi wo mu Rwanda
akunda ahubwo akunda ibihangano muri rusange, ibitaramo by’abahanzi nabyo biri
mu bitamushishikaza. Noella yakinnye mu ndirimbo “Margarita” ya Social Mulla
ariko yagowe cyane no gukina afite umuvinyo kuko asanzwe atanywa inzoga.
Ni
uruhe rubuga akunda gukoresha cyane?
Nubwo
abakobwa benshi bamamaye bakoresha Snap chat na Tik Tok we asobanura ko umwanya
munini awumara kuri Instagram aho aba asoma amagambo yuzuye ubuhanga (Quotes).
Kimwe n’abandi
bamamaye usanga abantu bamwandikira agatinda kubasubiza ariko bidatewe no
kubirengagiza ahubwo baba ari benshi kandi ari mu kazi kenshi gusa ngo iyo
abonye umwanya bose arabasubiza. Anasobanura ko umuntu wese umuhamagaye yaba
amuzi cyangwa se atamuzi bose arabitaba.
Umwaka
wa 2020 waramutunguye
Uyu mwaka
ugana ku musozo ariko Noella hari ibyamutunguye kuko yumvaga ko abantu benshi
bazatera imbere ariko siko byagenze kubera Covid-19. Ati: ”Nk'ubu muri sinema
nari nzi ko abantu bazabona amahirwe yo gukina filimi ariko babuze amahirwe kuko
nta bakinnyi bashya babonetse urumva ko bibabaje”. Noella Niyomubyeyi yarangije
kaminuza mu 2019 ubu akina muri Papa Sava no muri Seburikoko.
TANGA IGITECYEREZO