RFL
Kigali

Ntibisanzwe: Nyuma y'imyaka 20 babana, umugabo yavumbuye ko uwo bashakanye ari umugabo mugenzi we

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:10/12/2020 16:42
0


Umugabo ukomoka mu Bubiligi yahuye n'umukunzi we mu mujyi wa Antwerp mu mwaka w’1993 nyuma y'igihe kitari kinini cyane bahita babana, ubu imyaka 20 irashize babana ariko ntiyari azi ko umukunzi we ari umugabo wihinduye umugore.



Uyu mugabo w’imyaka 44 yahuye n’umukobwa mwiza Monica aramukunda mu gihe gito cyane bataramenyana bihagije bahita babana, gusa uyu mugabo kuko yari afite abandi bana babiri ku ruhande ntabwo yifuje guhita abyara undi mwana.

Iminsi y’umujura rero ngo ni 40 gusa, uko igihe cyagendaga gihita, ni ko Jan yagiye abona imyitwarire itari myiza ku mugore we irimo kwambara utwenda tugufi no kwirebera amafoto y’abasore bakiri bato ku mbuga nkoranyambaga.

Jan yagize ati: "Nta kintu nakekaga kugeza igihe mubyara wanjye yaje kudusura akabivumbura" Nyuma yimyaka 20 mubyara wa Jan yaraje arabimubwira ati uyu muntu mbona afite imico n’imiterere by’abagabo, kuva ubwo ibihuha byakomeje gukwirakwira hose, kera kabaye Monica aza kwiyemerera ko yavutse ari umugabo ariko ko yaje kwibagisha kugirango abe umugore.

Jan ati “Kuva ubwo ibintu byaradogereye iwanjye siniyumvishaga ukuntu natewe imyaka 20 yose”. Umugabo yahise ajyakwaka gatanya ariko baramwangira nuko bakomeza ubana mu nzu imwe ariko mu byumba bitandukanye.

Src: New York Times






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND