RFL
Kigali

Nta cyaha nakoreye ku butaka bwabo! Pallaso ahishura icyatumye adasubira kuba muri Amerika

Yanditswe na: Nadia Kangabe
Taliki:17/11/2020 18:54
0


Umuhanzi Pallaso ukomoka mu gihugu cya Uganda yatangaje impamvu atigeze asubira kuba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y'uko hari hamaze iminsi ibihuha bivuga ko yakoreye ibyaha ku butaka bw'icyo gihugu ari nayo mpamvu ngo icyo gihugu cyamubujije kuhasubira.



Pius Mayanja uzwi nka Pallaso mu buhanzi, yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye yakoranye n'itsinda rya TNS yabanagamo n’umuhanzikazi Sheebah. Yanakoze indirimbo ze ari wenyine zirakundwa. Uyu muhanzi kandi by'umwihariko indirimbo yamuzamuye ni iyitwa 'Amaaso' yakoranye na Good Lyfe yari igizwe na Weasel hamwe na nyakwigendera Radio.

Yongeye kandi kwamamara nyuma yo gukorana indirimbo na Davido bise 'Twatoba' basohoye mu mwaka wa 2014. Uyu muhanzi Pallaso yagarutse mu guhugu cya Uganda mu mwaka wa 2012 avuye mu gihugu cya Amerika aho yari amaze imyaka cumi n’itanu atuye.

Mu minsi ishize uyu muhanzi yari yibasiwe n’amagambo ku mbuga nkoranyambaga bamubaza impamvu atasubiye kuba muri Amerika kandi ariho umuryango we utuye ugizwe n’umugore we ndetse n’abana babiri. Abenshi bakaba baravugaga ko uyu muhanzi ashobora kuba hari ibyaha yakoreyeyo ari nabyo bituma atahasubira.

Abafana b'uyu muhanzi nabo bakaba baravugaga ko Pallaso yaje ababwira ko azasubira muri Amerika nyuma y’imyaka itanu gusa kuri ubu akaba yarayirengeje. Pallaso nawe ntiyigeze abasubiza ku mbuga nkoranyambaga.


Umuhanzi Pallaso watangaje icyamubujije gusubira muri Amerika

Mu kiganiro uyu muhanzi yagiranye na televisiyo yo muri Uganda yitwa Sqoop Tv, yavuze ko atigeze na rimwe akora icyaha gihanirwa n’amategeko ubwo yabaga muri Amerika, yanongeyeho kandi ko atigeze agaruka muri Uganda kuko yirukanywe ku butaka bw’Amerika, ahubwo ko yaje ku bushake.

Pallaso yakomeje asobanura impamvu atasubiye kuba muri Amerika nk'uko yari yarabivuze. Yavuze ko icyamubujije ari uko yarenze ku myaka itanu yari afite ku ruhushya rw’urugendo (visa), maze leta ya Amerika ikamuha imyaka icumi adakandagira muri cyo gihugu.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND