RFL
Kigali

Impamvu ukwiye kubabarira umukunzi wawe mu gihe yaguciye inyuma

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:10/11/2020 17:13
1


Ese koko birashoboka ko nababarira umukunzi wanjye mu gihe namenye ko yanciye inyuma?, iki ni ikibazo buri wese ashobora kwibaza ariko kandi biranashoboka



Biragoye cyane kubabarira umukunzi wawe mu gihe yaguciye inyuma kuko ahanini umuntu azabiranywa n’uburakari bukabije ariko na none biragoye guhita usenya ibyo mwubatse byose mugahita mutandukana ako kanya kubera ko ume yacuye inyuma undi, gusa abahanga mu bijyanye n’imibanire bavuga ko hari impamvu zishobora gutuma  umuntu ababarira umukunzi we mu gihe amenye ko yamuciye inyuma

Waba ubishaka cyangwa utabishaka, mu gihe ubonye ko umukunzi wawe yaguciye inyuma,uba uri munzira imwe rukumbi, iyo nzira nta yindi ni iganisha ku kumubabarira,  

Birumvikana ko ko igitekerezo cyo kubabarira aka kanya kigoye  kubera ko ahanini n’uwaguciye inyuma atagusabye imbabazi ndetse nta na gahunda ubona afite yo kuzigusaba, birumvikana hazabahoamajoromenshi yuzuye intonganya, ariko nyuma y’igihe runaka umubabaro uzashira utange imbabazi kandi zivuye ku mutimahashobora kubaho imbabazi, kandi ko imbabazi zigomba kuva ku mutima.

kubabarirana ni ugukura, kandi niyo nzira yonyine ikuganisha ku gusohoka muri uwo mwijima utoroshye urimo

1.Kubabarira ntibisobanura Kwibagirwa Umubabaro wawe nukuri. Kubabarira umuntu wakubabaje ntabwo bivuze ko ugomba kwibagirwa ibyabaye, Ntuzigere wibagirwa kuko icyo ni igice cyawe, nkinkovu udashaka. Kubabarira ntabwo ari amasezerano y’uko utazigera wibuka ibyabaye, ni isezerano gusa ko ibyabaye bitazongera kukubabaza kimwe.

2.Kubabarira ntibigomba kuba ibya Mugenzi wawe, Iyo inshuti ikoze ikosa ikagusaba imbabazi urayibabarira kugirango igubwe neza mu mutima ndetse yumve ko yababariwe, Ariko kubabarira umukunzi wawe waguciye inyuma  ntabwo ari ukugirango we agubwe neza ahubwo ni inyungu zawe ukwiye kubikora kugirango wigabanyirize ububabare bwo mu mutima

3. kubabarira umukunzi wawe ntibisobanuye ko ukwiye kumwizirikaho, Ushobora kumubabarira kandi mu gatandukana kuko wimva ko ububabare yaguteye utaburengahoukomeze kubana nawe, niba udashaka kongera kumubona, icyo ni icyemezo cyawe, kandi ni uburenganzira bwawe rwose bwo guhitamo icyangombwa nuko umubabarira ukaruhuka umutima

4.Kubabarira ntibikugira inzirakarengane, Benshi muritwe dutinya kubabarira abadukoshereje, cyane cyane mu bihe byo gucana inyuma, Ariko kubabarira ntibisobanura ko warenganye, Bivuze ko ufite ubutwari bwo kureba ibyabaye, kandi ukabisiga inyuma ugatera intambwe ugana imbere

5.Kubabarira ntabwo ari ikimenyetso cy’intege nke, Ntabwo ufite intege nke kuberako ubabarira. Gufata inzika no kurakara ubuzima bwawe bwose ntabwo ari imbaraga. Umutima wawe ushobora kukwemeza ko aribyo, ariko ubaze umuntu wese uri hafi yawe, kandi ntanumwe uzabyemera. Intege nke ni ukureka igice kimwe cy’ubuzima bwawe kigasobanura uburyo wiyumva mu minsi yawe yose. Kubabarira ni ubutwari utasangana umuntu wese

 Src: Dailymail.co.uk






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uwimana arphonsine3 years ago
    Ngewe aramutse asabye imbabazi namubabarira





Inyarwanda BACKGROUND