RFL
Kigali

Kenya: Isaac One Man yifurije uturere tw’u Rwanda umudendezo mu ndirimbo nshya “Amahoro iri mu njyana ya ‘Seben’ -YUMVE

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:13/10/2020 11:16
0


Umuhanzi ukorera muzika ye mu gihugu cya Kenya, Isaac One Man, umaze gushyira hanze indirimbo hafi 24, ubu yasohoye indirimbo nshya yise “Amahoro” yifuriza ibyiza n’umudendezo uvanze n’amahoro abana b’u Rwanda.



Uyu muhanzi usanzwe akora indirimbo ziri mu njyana ya Reggae, ubu indirimbo ye nshya “Amahoro” iri mu njyana ya Seben, ni injyana itamenyerewe cyane mu Rwanda, irabyinitse kandi iryoheye amatwi. Usanga abahanzi benshi bo muri Kenya na Congo ari yo bakoresha.


Bayizere Isaie (Isaac One Man) yatangaje byinshi kuri muzika ye n’aho yifuza kuyigeza. Yatangiye umuziki mu 2007 kuri ubu akaba afite indirimbo zigera kuri 23, zirimo; Kuberiki ,Mtoto ,Ndagukunda,Abongabo,sinamenye,Igisubizo,wirira, Corona virus ,Dukundane ,Changanyikiwa n’izindi.

Ni umuhanzi ukunda amahoro n’iterambere rya muntu, ibi biri mu byatumye ahitamo gukora indirimbo zigisha urukundo n’amahoro akazikora mu njyana ya Reggae akavanga n’izindi njyana. Ku ndirimbo ye “Amahoro” avugamo uturere tw’u Rwanda atwifuriza amahoro arambye. Yavuze ko akunda amahoro muri kamere ye ariyo mpamvu akenshi indirimbo ze zibanda mu kwigisha urukundo.


Mu magambo ye yagize ati: "Ubusanzwe nkunda amahoro no kuyabamo, nkanakunda muzika ariko nkumva icya mbere nashishikariza abantu ari urukundo mu bantu, nubwo bwa muri Kenya sinakwibagirwa urwanyibarutse u Rwanda,  mba numva iteka yaba mu mahoro kuko bituma nezerwa cyane”.

Ku ntumbero ye ya muzika, avuga ko we yumva muzika ye yazagera kure hashoboka, abantu bakamumenyeraho ko ari umurwanyi w’amahoro unayasakaza mu bantu batuye isi.

KANDA HANO WUMVE “AMAHORO” YA ISAAC ONE MAN







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND