RFL
Kigali

KIGALI:Masamba Intore, Charly na Nina, Bruce Melody na Mani Martin bagiye guhurira mu gitaramo gikomeye

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:27/01/2019 14:49
0


Muri iyi minsi muzika y'u Rwanda iri gutera imbere, icyakora kimwe mu byo abakunzi ba muzika bakunze gushinja abahanzi ni ukudafashanya, kudakundana no badakorana n'ababanjirije. Kuri ubu rero abahanzi bo mu bihe bitandukanye bagiye guhurira mu gitaramo kimwe kizabera mu mujyi wa Kigali.



Iki gitaramo cyateguwe mu rwego rwo gususurutsa abakunzi ba muzika ariko binyuze mu bahanzi banyuranye kandi b'abahanga nk'uko Gerard Mbabazi umwe mu bagiteguye yabitangarije Inyarwanda.com. Mu butumwa bugufi yagize ati" Igihe ni iki ngo twizihize umuziki nyarwanda mu majwi y'urwunge y'ibihangange by'u Rwanda! Dushime ndetse tunashimire ababaye imbarutso y'iterambere ryawo mu ngeri zitandukanye! " Iki gitaramo bakaba barakise 'generation2generation concert'.

Masamba

Iki ni kimwe mu bitaramo bikomeye bigiye kuba mu ntangiriro z'uyu mwaka...

Mu gutegura iki gitaramo Masamba Intore yatumiwe nk'umwe mu bahanzi bakomeye ndetse bo ha mbere. Usibye uyu ariko kandi hatumiwe Bruce Melody, Mani Martin na Charly na Nina. Byitezwe ko iki gitaramo kizabera mu ihema risanzwe riberamo ibitaramo rya Camp Kigali tariki 1 Werurwe 2019. Kwinjira muri iki gitaramo bikaba ari 5000frw mu myanya isanzwe na 10000frw mu myanya y'icyubahiro.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND