Kigali

#Kwibuka31: Duharanire ko urumuri rw’urukundo rw’Imana rutsinda umwijima w’urwango n’amacakubiri – Bosco Nshuti

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:13/04/2025 10:14
0


Muri ibi bihe hibukwa ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, Umuramyi Bosco Nshuti wamamaye mu ndirimbo "Ibyo Ntunze", yasabiye Abanyarwanda imbaraga zo gukomeza kubaka igihugu kirangwa n'amahoro n'urukundo.



Mu butumwa bwe, Bosco Nshuti yasabye Abanyarwanda kwibuka biyubaka, baharanira ko urumuri rw’urukundo rw’Imana rutsinda umwijima w’urwango n’amacakubiri bikomeje kuyogoza Akarere u Rwanda ruherereyemo. 

Yagize ati: "Muri iki gihe twibuka, dusabe Imana ngo ihe Abanyarwanda imbaraga zo gukomeza kubaka igihugu kirangwa n’amahoro, maze ubutwari bw’abarokotse bitubere isomo rikomeye ryo kwihangana no gukomeza ubuzima. Tubafate mu mugongo, tubasangize urukundo n’icyizere."

Yakomeje agira ati: "Twese dufite inshingano zo gukomeza urugendo rwo kwiyubaka. Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda itubere isomo, duharanira ko u Rwanda rwacu rukomeza kuba igihugu cyiza, gifite agaciro kandi cyubakiye ku bumwe bw’Abanyarwanda."

Bosco Nshuti uri mu baramyi b'ibyamamare mu Rwanda, akunzwe mu ndirimbo zirimo "Ibyo Ntunze", "Umutima", "Utuma nishima", "Ngoswe n'ingabo", "Uranyumva", "Ntacyantandukanya", "Nzamuzura", "Ni wowe", "Dushimire", "Isaha y'Imana" na "Ni muri Yesu" n'izindi.

Uyu muramyi ubarizwa muri ADEPR Kumukenke ni umuhanzi w'umuhanga mu myandikire n'imiririmbire, watangiye kuririmba kera akiri muto, ahera mu makorali ariko by’umwihariko akaba yaratangiye kuririmba ku giti cye mu 2015.

Ni umuhanzi ku giti cye akanaririmba muri Siloam choir na New Melody choir.


Bosco Nshuti yasabye Abanyarwanda guharanira ko urumuri rw'urukundo rw'Imana rutsinda umwijima w'urwango n'amacakubiri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND