RURA
Kigali

Harimo indwara z’umutima! Ibibi byo kurya ifiriti nyinshi

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:3/03/2025 20:21
0


Nubwo ifiriti ari kimwe mu biribwa bikundwa na benshi, ariko utitondeye uburyo uyirya ishobora gukurururira ibyago birimo indwara zidakira zitandukanye.



Urubuga Healthline.com rukunze kwandika ibyavuye mu bushakashatsi butandukanye bugaruka ku buzima, ruvuga ko ifititi ari kimwe mu biribwa byo kwitonderwa cyane bitewe n’ibibazo ishobora guteza umuntu ukunda kuyirya.

Abahanga bavuga ko gukaranga ibirayi mu mavuta aribyo birangira bivuyemo ifiriti, byongeramo ‘calories’ na ‘fat’ ibi aribyo bituma umuntu urya ifiriti cyane aba afite ibyago byinshi byo kurwara indwara zitandukanye.

Muri izi ndwara harimo indwara zifata umutima, hakabamo diabete ndetse n’indwara y’umubyibuho ukabije. Aha kandi bavuga ko ibi bibazo atari ku ifiriti gusa, ahubwo ko n’ibindi biribwa bitekeshwa amavuta gusa nabyo bishobora kuguteza ibibazo.

Niba wikundira kurya agafiriti, ifi n’ibindi bikaranzwe mu mavuta, ugirwa inama yo kudakoresha amavuta ubonye yose. Aha ushobora gukoresha nk’amavuta ya Olive, amavuta ya Coconut ndetse n’amavuta akorwa muri voka.








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND