RURA
Kigali

Jose Mourinho yahagaritswe imikino ine azira amagambo mabi

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:28/02/2025 12:35
0


Umutoza wa Fenerbahçe, Jose Mourinho, yahagaritswe imikino ine ndetse acibwa amande angana n’amapawundi 35,194, nyuma yo gutanga ibitekerezo bikakaye ku basifuzi b’Abanya-Turkiya mu mukino wa shampiyona warangiye ari 0-0 hagati y'ikipe ye na Galatasaray.



Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Turkiya (TFF) ryatangaje ko Mourinho yahanwe kubera amagambo yatesheje agaciro abasifuzi n’umupira w’iki gihugu muri rusange.

Nyuma y’umukino wabaye ku wa Mbere, Mourinho yavuze ko abasifuzi b’Abanya-Turkiya batari ku rwego rukwiye, ndetse ko iyo umukino uza kuyoborwa n’umusifuzi ukomoka muri icyo gihugu ibintu byari kuba bibi kurushaho.

Impamvu y’ibihano Mourinho yasohowe mu cyumba cy’abasifuzi nyuma y’umukino, aho yabwiye umusifuzi wa kane ati: “Iyo uza kuba umusifuzi mukuru, uyu mukino wari kuba akaga.”

Nyuma y’ibi, TFF yavuze ko Mourinho yagize uruhare mu gukwirakwiza amagambo ashobora guteza umwuka mubi mu mupira w’amaguru ndetse n’iterabwoba ku basifuzi b’Abanya-Turkiya.

Ikindi cyatumye Mourinho ahanwa ni amagambo yatangaje mu kiganiro n’itangazamakuru, aho yagereranyije imyitwarire y’abatoza ba Galatasaray n’inkende zisasira umwana muto, nyuma y’uko umukinnyi w’iyi kipe akinishije uburyarya mu minota ya mbere. TFF yavuze ko ibi bigira ingaruka mbi, bishobora guteza urwango n’imvururu mu mupira w’amaguru.

Mu bihano uyu mutoza yahawe harimo guhagarikwa imikino ibiri atemerewe kugera mu rwambariro no ku ntebe y’abatoza. Kwishyura amande ya 117,000 Turkish Lira (£2,543). Indi mikino ibiri y’inyongera bitewe n’amagambo yatangaje mu kiganiro n’itangazamakuru. Kwishyura andi mande angana na £32,651.

Fenerbahçe ntiyanyuzwe n’ibihano, yahise itangaza ko itishimiye ibi bihano ndetse izajurira. Mu itangazo yasohoye, iyi kipe yavuze ko amagambo ya Mourinho yateshejwe agaciro, ndetse ko adakwiye gufatwa nk’ibyo yatekerezaga mu buryo bwimbitse.

Ku myaka 62, Mourinho umaze gutoza amakipe akomeye nka Chelsea, Manchester United na Real Madrid, azaba adahari mu mikino ya shampiyona itaha, ibi bikaba bishobora kugira ingaruka ku mikinire ya Fenerbahçe.

 

Jose Mourinho yahagaritswe imikino ine anacibwa amande kubera gutangaza amagambo mabi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND