Kigali

Marcus Rashford werekeje muri Aston Villa yifurije ibyiza Man United

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:3/02/2025 9:07
0


Rutahizamu w’Umwongereza Marcus Rashford wamaze kugera muri Aston Villa nk’intizanyo avuye muri Manchester United, mu masezerano azageza ku mpera z’uyu mwaka w’imikino yavuze ko yiteguye gutangira urugendo rushya, yiyemeza byinshi.



Nk’uko amakuru aturuka muri Manchester United abivuga, Aston Villa izishyura 75% by’umushahara wa Rashford, ariko ntizishyure amafaranga y’intizanyo. 

Ni intambwe ikomeye kuri Rashford, wari umaze igihe atisanga neza muri United, by’umwihariko nyuma yo gusigazwa ku ntebe y’abasimbura mu mukino wa  Manchester Deby.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, Rashford yagize ati: “Ndashimira Manchester United na Aston Villa ku bw’ubu bwumvikane. Nari mfite amakipe menshi anyifuzaho, ariko nahisemo Villa kuko nkunda uburyo bakina muri uyu mwaka w’imikino ndetse n’ibitekerezo by’umutoza. 

Icyo nshaka ni ugukina umupira, kandi nishimiye gutangira. Ndifuriza Manchester United ibyiza byose mu gice gisigaye cya shampiyona.”

Uyu mukinnyi w’imyaka 27, ukinira ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, azafasha Aston Villa gukomeza kwitwara neza muri Premier League, dore ko iyi kipe iri mu rugamba rwo gushaka uko yasoza mu myanya yahesha itike yo gukina Champions League.

Usibye Rashford, Aston Villa iri no mu biganiro bya nyuma byo gusinyisha Marco Asensio nk’intizanyo avuye muri Paris Saint-Germain. Kuri uyu wa Gatandatu, umutoza Unai Emery yatangaje ko ikipe ye igomba kongera imbaraga nyuma yo gutsindwa na Wolves ibitego 2-0.

Mu kwezi kwa Mutarama, Villa yamaze gusinyisha myugariro w’Umuhinde Andres Garcia avuye muri Levante, ndetse na rutahizamu Donyell Malen wavuye muri Borussia Dortmund. 

Gusa, iyi kipe yagurishije rutahizamu w’Umukolombiya Jhon Duran muri Al-Nassr yo muri Saudi Arabia kuri miliyoni 71£, ndetse na myugariro Diego Carlos muri Fenerbahce kuri miliyoni 8.45£.

Nubwo ifite abakinnyi bashya, Aston Villa ihangayikishijwe n’imvune za bamwe mu bakinnyi bayo bakomeye. Rutahizamu Ollie Watkins yavunitse, mu gihe myugariro Pau Torres na Tyrone Mings na bo batari ku rwego rwo gukina. Ibi byatumye Boubacar Kamara, usanzwe akinira hagati, agirwa myugariro by’agateganyo.

Rashford yari amaze igihe agaragaza ibibazo muri Manchester United, aho uyu mwaka w’imikino utamugendekeye neza. Gusa, iyi ntizanyo ishobora kumufasha kongera kwigaragaza no kugaruka ku rwego rwe rwo hejuru. Ikipe y’Abafana ba Villa izakomeza kwitegereza niba uyu mukinnyi azabafasha kugera ku nzozi zabo zo kurangiza mu myanya yo hejuru muri shampiyona ya Premier League.

 

Marcus Rashford wamaze kugera muri Aston Villa yifurije ibyiza Manchester United yamukujije






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND