RFL
Kigali

Element yasubije Noopja! Impaka zishingiye kuri 'Afro Gako' zikomeje kuba iz'urudaca

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:10/05/2024 7:38
0


Mugisha Robinson wamenye nka Element yatangaje ko injyana ya “Afro Gako” ari iye, kandi ko ari igitekerezo yagejejeho Nduwimana Jean Paul ‘Noopja’ washinze Country Records bemeranya gukorana, ariko yifuza ko iyi njyana yaba iy’Abanyarwanda bose kurusha uko yaba iy’umuntu umwe mu giti cye.



Element aherutse gushyira hanze amashusho akubiyemo umuteguro udasanzwe, agaragaza ko afite ishimwe ku mutima kuko yabashije kugera ku nzozi ze akaba agiye kumurikira Isi imikorere y’injyana idasanzwe ya ‘Afro Gako’ yahanze.

Uyu musore w’i Karongi, yavuze ko imyaka ine ishize atangiye gukora kuri iyi njyana, kandi ko igihe kigeze kugirango buri wese amenye ubushobozi yifitemo.

Yavuze ati “Imyaka ine irashize, natekereje guhuza umuziki n’umuco w’u Rwanda (Gakondo) na Afrobeats nkawuzamura mu buryo rusange. Nguko uko nazanye izina "Afro Gako". Nubwo hari ibihuha bitandukanye wumvise, igihe kirageze, umuraba uri hafi.”

Mu itangazo Country Records, yashyize hanze ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 7 Gicurasi 2024, yavuze ko iyi njyana ‘Afro Gako’ ari igitekerezo cyagizwe na Nduwimana Jean Paul wamamaye nka Noopja washinze iyi studio.

Yavuze ko “Injyana ya Afro Gako yaturutse ku iyerekwa ry’uwatangije studio (Noopja), ntabwo uwahoze ari mu ikipe y’abadufasha, umwana twavumbuye, tukamufasha tukanamukuza tukamwita Element yagize uruhare mu ivumburwa ryayo.’’  

Country Records yashishikarije abatunganya indirimbo bose gukoresha iyi njyana ya ‘Afro Gako’, bavuga ko batazihanganira abatesha agaciro igitekerezo ‘ndetse n’uwashyizeho ikirango cy’injyana’. Bati “Ukuri n’igihe birahari kuri twese.’’


Country Records ndahubaha

Uyu musore w'imyaka 23 y'amavuko yavuye muri Country Records mu gihe Noopja yari mu kiriyo cy'umuvandimwe we 'Kinyoni' yitabye Imana mu 2022.

Mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, hakunze gucicikana inkuru zivuga ko yirengagije abamureze, ahitamo kubasiga mu gihe bari mu kiriyo, ndetse ko yabatunguje isezera rye.

Element yumvikanishije ko yirengagije ibyavuzwe 'Country Records mpafata nko mu rugo'. Yavuze ko uretse na Country Records 'buri wese ugira uruhare mu buzima hari icyubahiro mugomba'. Ati "Niba hari akantu wakoze mu buzima bwanjye, ni akantu katazigera kavaho. Niyo wahinduka gute wowe ntibishatse kuvuga ko byavanaho ibintu byose."

Yavuze ko Country Records yabaye inzira yo kubona ko 'Imana ikora' kuko ariho 'inzozi zanjye zabereye impamo'. Yumvikanishije ko Country Records ahafata mu rugo nk'uko 1:55 AM ibikora.


Yagiye adasezeye cyangwa yarihenuye?

Mu kiganiro cyanyujijwe kuri shene ya Youtube ya 1:55 AM, Element yavuze ko atazi umuntu wavuze ko yavuye muri Country Records adasezeye, atekereza ko abaye ari 'Noopja namugaye'. Yavuze ko yabanye na Noopja nka Mukuru we, kandi bakorana bari bafitanye amasezerano yanditse.

Avuga ko ajya kuva muri Country Records byaturutse ku kuba amasezerano yari yarageze ku musozo. Ati "Nari Producer wabo, yarangiye (Kontaro) mu 2022."

Uyu musore yavuze ko kutongera amasezerano yari afite byaturutse ku kuba yarabonaga ko ibintu yakoraga byari bifite ishusho imwe. Avuga ko aha ariho havuye gutekereza kujya gukorana na 1:55 AM.

Yavuze ko atazi ikintu cyababaje Noopja cyagejeje ku magambo atari meza yakuriye igenda rye. Element yibuka ko yafashe umwanya we aganira na Noopja amusezera mu mahoro 'nka mukuru wanjye'. Ati "Ntabwo wambwira ngo kuba umuntu agusize ni ibintu bikomeye (Bya Danger)."

Akomeza ati "Nonese ko n'ababyeyi bacu tubasiga? Kandi nibo ba mbere badukunda natwe dukunda, tukabasiga tukajya gushaka ubuzima..."

Yavuze ko asezera muri Country Records yabifashe nk'ibintu bisanzwe, ariko ko kuri Noopja atari ko byanze. Uyu musore yavuze ko yirinda kuvuga nabi Noopja ashingiye ku buzima banyuranyemo, kuko yabaye imvano y'uwo ariwe muri iki gihe.

Element yavuze ko yagiye ababazwa bikomeye n'ibyo Noopja yagiye avuga mu itangazamakuru, kandi baheruka kuvugana imbona nkubone ubwo bari mu bukwe bwa The Ben, tariki 23 Ukuboza 2023.

Yinjiye gute muri 1: 55 AM?

Uyu musore yavuze ko yagiye kwinjira muri iyi Label biturutse ku kuba yariyumvagamo abo bakorana. Atanga urugero akavuga ko iyo ababaye atari mu bihe byiza adashobora gukorana indirimbo.

Yavuze ko 1:55 AM ari umuryango we birenze kuba ari 'abakozi bagenzi banjye'. Anavuga ko hari imijuguju yagiye ahura n'ayo ariko ko itigeze imuca intege, ahanini bitewe n'abantu bakorana bagiye bamutera ishyaka ryo gukomeza gukora.

Element yavuze ko umuziki ukenera amafaranga, biri mu iturufu ikomeye 1:55 AM yashyize imbere, kuko buri gitekerezo cyose atekereje kugishyira mu bikorwa bishoboka.

Producer wavuyemo umunyamuziki!

Uyu musore avuga ko igihe cyageze atekereza gukomeza gukora umuziki nk'umuhanzi, byanatumye atangirira ku ndirimbo 'Kashe' yamamaye mu buryo bukomeye.

Yavuze ko umuziki akora awutegura mu buryo uzakundwa ibihe n'ibihe 'ku buryo n'umwana wanjye azayumva akayikunda'. Ati "Ni uko umuziki wanjye uteye!"

Element yavuze ko indirimbo 'Kashe' yari yarayandikiye 'umukobwa twakundanaga' kuko muri we atifuzaga gukora umuziki mu buryo bugaragarira buri wese.

Asobanura iyi ndirimbo nk'impano yari yaramugeneye kuyumva wenyine, ariko ko bamaze gutandukana yahisemo kuyishyira hanze mu rwego rwo kubika urwibutso rudasanzwe.

Yavuze ko habayeho igihe atandukana n'umukobwa bituma yiyemeza kuyishyira hanze. Ariko kandi yagishije inama inshuti ze, ndetse ayumvisha n'abahanzi bagenzi be.

Element yavuze ko agace yafatiyemo amashusho y'indirimbo, ariwe muntu wa mbere wahakoreye indirimbo, ariko ko nyuma y'aho abandi bahanzi bakoreye indirimbo.

  

Fou de Toi ni iyande?

Element yavuze ko ashingiye ku byo amaze kumenya, igihangano atari icy'umuhanzi gusa, kuko na Producer aba agifiteho ububasha nibura inshuro zirindwi. Ati "Producer arusha umuhanzi akazi..."

Yavuze ko mu busanzwe iyo akora indirimbo ze azikora ari kumwe n'abantu banyuranye muri Studio, bityo ubwo yakoraga indirimbo 'Fou de Toi' hari abantu banyuranye.

Avuga ko atangira gukora indirimbo 'Fou de Toi' yari iya Ross Kana. Ati "Nari nayimukoreye ari iye, yitwa iye ariko ni njye wamwandikiye biriya byose, nyine nawe akongeramo ibitekerezo ye nk'umuhanzi ufatika, kuko buriya Ross Kana ni umuhanga cyane..."

Yavuze ko Ross Kana yagize uruhare rukomeye mu ikorwa ry'indirimbo 'Fou de Toi', ariko kandi banitabaje abahanzi barimo Niyo Bosco, Okkama, Rugama, Christopher n'abandi.

Element avuga ko umwanditsi w'ibanze w'iyi ndirimbo ari Rumaga, ari n'ayo mpamvu abandi bayigizemo uruhare barimo Niyo Bosco atigeze abagaragaza mu bayikozeho. Ati "Fou de Toi impamvu nyita iyanjye ni uko ari iyanjye."


Itangazo rya Country Records ntaryo yabonye

Iyi nzu ifasha abahanzi gutunganya indirimbo iherutse gusohora itangazo rigenewe abanyamakuru, aho ivugamo ko Element atariwe wagize igitekerezo cy'injyana 'Afro Gako'.

Bavuze ko Element ari umwana bareze, baramukuza kugeza ubwo banamuhaye izina. Element yavuze ko atigeze abona iri tangazo, ariko kandi 'niba warareze umuntu bivuze ko adatekereza ngo agire intego y'aho ashaka kugera'.

Element yavuze ko 'Afro Gako' atari we uyizanye kuko arashaka ko 'iba injyana nyarwanda'. Ati "Wowe ushobora kuvuga ngo Afro Gako ni iyawe, hari n'undi uza noneho ntavuge ko Afro Gako ari iye ariko akayikora, ni inde uzahabwa agaciro? Ni uwayikoze."

Yavuze ko bigoye kumenya umuntu wavumbuye injyana ya Amapiano. Element yavuze ko yagize igitekerezo cya 'Afro Gako' mu 2020 bitewe n'uko yakuze abyina mu itorero. Icyo gihe yatekerezaga ko, yahuza imbyino z'umuco nyarwanda ndetse n'ibigezweho.

Avuga ko muri uriya mwaka ari bwo yaganiriye na Noopja asanga nawe afite igitekerezo cyo gukora iyi njyana no guhitamo izina ry'ayo bayita 'Afro Gako'.

Ati "Afro Gako ni iyanjye kuko ari njye wazanye icyo gitekerezo. Afro Gako ni gakondo yacu uyivanze na 'Afro Beat' isanzwe ihari."

Yavuze ko yahereye ku bintu bisanzwe bihari, hanyuma yiyemeza kuvanga gakondo ndetse na Afro beat mu rwego rwo gutanga umuziki ubereye mu Rwanda.

Element yavuze ko amaze iminsi abona aba Producer bavuga ko 'Afro Gako' ari iyabo, kandi benshi muri bo ntabwo abazi. Yavuze ko atagamije kwiharira iyi njyana, ahubwo arashaka ko abantu bose bayikora mu rwego rwo kwagura umuziki w'u Rwanda.

Yavuze ko yamuritse iyi njyana mu buryo bwihariye, nyamara abavuga ko ari iyabo 'ntibigize bayimurika'.

Element yasobanuye ko Mike Makembe yari mu murongo wo gukora 'Afro Gako' nk'uko abishaka, ndetse bagiye bakorana mu bihe bitandukanye amusaba amwe mu majwi yari akeneye. Ati " Afro Gako ni iy'Abanyarwanda twese... Ntabwo irasohoka, ariko nisohoka bazabikunda... Nizera ko Afro Gako bazayikunda."

Yavuze ko imyaka ine ishize agerageza gukora iyi njyana, kandi mu bihe bitandukanye yagize atsindwa ubwo yabaga ashaka gushyira hanze iyi njyana, akavuga ko igihe kigeze kugirango abanyarwanda babone ibyo amaze igihe ari gutegura.


Element yavuze ko amaze iminsi adashyira hanze indirimbo kubera ko yabanje kwitegereza uko isoko rimeze

Element yavuze ko uburyo indirimbo 'Mu nda' ya Kevin Kade ikozemo biri mu murongo w'uburyo ashaka gukoramo 'Afro Gako'



Element yatangaje ko mu 2020 ari bwo yagize igitekerezo cyo gukora Afro Gako abiganiriza Noopja

Element yavuze ko nta deni afitiye Noopja kandi 'nawe nta deni amfitiye' 

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIRAMBUYE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND