Kuri ubu muri Tanzania abantu benshi biganjemo abakunzi b’umuziki bategerezanije amatsiko iserukiramuco rya Serengeti Bite Vibes rizaba mu mpera za Mata ritegerejwemo abanyabigwi nka Diamond Platnumz, Cassper Nyovest na Bill Nass.
Serengeti uruganda rwenga ibyo kunywa ruheruka gusinyana
amasezerano na Diamond Platnumz, rwateye inkunga iserukiramuco rizamara iminsi
ibiri urimo kuwa 27 Mata 2024 uzayoborwa na Diamond nyirizina.
Tukaba ariko twifuje kugaruka gato ku bahanzi bandi biteganijwe
ko bazaseruka muri iri serukiramuco kuwa 26 Mata 2024 uzayoborwa na Cassper
Nyovest.
Ibyo wa menya kw'aba bahanzi bitezweho kuzatanga ibyishimo
bisendereye.
Abigail
Chams
Yavukiye mu gace ka Kilimanjaro mu muryango w’abantu
bakunda umuziki aho sekuru na nyirakuru bari abanyamuziki.
Ibi byatumye atangira kwiga gukoresha ibicurangisho
by’umuziki akiri muto nka Guitar yamenye gucuranga afite imyaka 8.
Yatangiye asubiramo indirimbo, ubu amaze gukorana n’abahanzi
nka Rayvanny, Marioo na Harmonize.
Benshi bamubonamo ejo hazaza h’injyana ya Bongo Flava
dore ko akiri na muto aho yabonye izuba kuwa 29 Nzeri, 2003.
Kuva yasinyana amasezerano na Sony Music mu 2022, yamaze
gushyira hanze EP ya mbere.
Mu 2020 yataramiye muri Dubai mu birori byo kwizihiza
umunsi mpuzamahanga w’umwana.
Darassa
Shariff Thabit Ramadhan [Darassa] yabonye izuba ku wa 03
Nzeri 1988, yamaze gushinga imizi mu njyana ya Hip Hop, yamamaye cyane muri 2016
ubwo yahuriraga muri ‘Muziki’ na Ben Pol.
Yinjiye by’umwuga mu muziki muri 2014, ubwo yashyiraga
hanze ‘Sikati Tamaa’ yaje gufata ikiruhuko mu muziki, 2016 yashyize hanze ‘Utanipenda’
yakoranye na Rich Mavoko.
Jaivah
Kuri ubu ni umwe mu bagize inzu ireberera inyungu z’abahanzi
ya BXtra Records, amaze gukorana n’abahanzi batandukanye muri Tanzania nka Gigy
Money, Country Wizzy na Darassa.
Mu 2021, Jaivah yashyize hanze EP ya mbere, mu 2023
yashyize hanze Soup yakoranye na Marioo, Chinno Kid, Scott London na KS Hub.
Bill
Nass
Mu 2015 ni bwo yinjiye mu muziki by’umwuga, mu 2017
yasoje amasomo y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza mu ishami rya
Procurement&Supplies Management.
Ari mu bahanzi bitabiye Coke Studio Africa mu 2017 aho
yagaragaje ahuje imbaraga na Sheeba Karungi na Asgegenew wo muri Ethiopia.
Mu 2019, ari mu bataramiye mu iserukiramuco rya Wasafi. Akomeza
kugenda yibikaho ibihembo bitandukanye aniyambazwa mu bikorwa byo kwamamaza.
Mu 2020 yambitse impeta umukunzi we Nandy, muri Nyakanga
2022 aba bombi basezeranye kubana, ubu bamaze kunguka umwana wabo w’umukobwa.
Cassper
Nyovest
Ari mu bahanzi bihagazeho muri Afurika y'Epfo, mu 2014 yafunguye
inzu itunganya ikanareberera inyungu z’abahanzi yise Family Tree Records.
Mu 2014 kandi ni bwo yashyize umuzingo we wa mbere
hanze yise Tscholofelo, 2015 yakoze igitaramo cy’amateka abafana bakubise
baruzura muri Johannesburg.
Yagiye akora n’ibindi mu myaka yakurikiye byagiye byuzuza
Stade zitandukanye nka Orlando, FNB, Moses Mabhida, Durban, Royal Bafokeng na
North West.
Amaze gushyira hanze imizingo itandukanye yakoranye n’ibyamamare
mu muziki nka Casey Veggies, DJ Drama, Stonebwoy na The Game.
Ubusanzwe Cassper yavukiye muri North West asigaranye na
mushiki we nyuma y'uko umuvandimwe we wundi yitabye Imana mu 2003.
Yatangiye kurapa afite imyaka 12, ku myaka 16 yavuye mu
ishuri, avuga kuri iki cyemezo yavuze ko yabwiye ababyeyi be ko agiye gukurikira
inzozi z'ibyo yiyumvamo kandi igihe kizagera bigakora.
Mu 2008 ni bwo yinjiye muri Johannesburg agiye gukora
umuziki nk’umuhanzi ndetse nk’umucuzi wawo [Producer].
TANGA IGITECYEREZO