RFL
Kigali

Christopher yifurije Element kuzegukana Grammy Award

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:6/05/2024 16:58
0


Christopher Muneza uri mu rugendo rwerekera muri Canada aho afite ibitaramo muri iyi Gicurasi yanyujije amaso mu bihe yanyuranyemo na Robinson Fred Mugisha [Element], amwifuriza ibyiza.



Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo Christopher ataramire abakunzi b’umuziki nyarwanda muri Canada mu mijyi irimo Montreal kuwa 11 Gicurasi na Ottawa kuwa 18 Gicurasi 2024.

Nk'uko aheruka kubitangariza inyaRwanda, amaze iminsi yitozanya mu buryo bw’ikoranabuhanga n’abacuranzi n’abaririmbyi bazakorana muri ibi bitaramo.

Mu masaha macye nibwo biteganijwe ko afata rutema ikirere. Mbere gato ariko yabanje kunyuza amaso ku byo amaze kugeranaho na Element amwifuriza ibyiza.

Mu butumwa yashyize hanze yagize ati: ”Mi casa, Nibido, Hashtag, Pasadena, Vole mubyemere twanyuze muri byinshi ngo ibi tubashe kubigeraho.”

Yaboneyeho kwifuriza ibyiza Element bakoranye kuri iyi mishinga yose kandi yakomeje urufatiro rw’ibyo bakora ati: ”Ndagushima muvandimwe muto reka dukomeze dukore izindi nyinshi nziza twegukana za Grammys.”

Umunyamuziki, kumwifuriza kugera ku rwego rwo kwegukana ibihembo bisumba ibindi mu muziki bya Grammy, ni umugisha uba umwifurije kuko ari inzozi za buri umwe.

Christopher agezweho muri iyi minsi muri "Vole" aheruka gushyira hanze. Ni we wari watangiye kuyikora, ariko iza kurangizwa na Element wabaye imbarutso na Sean Brizz yo kugira ngo ijye hanze.

Byitezwe ko mu bihe bitari ibya kure uyu muhanzi umaze ikinyacumi kirenga akora umuziki by’umwuga azashyira hanze Album ya Gatatu amaze igihe kitari gito akoraho ndetse ari no gutegura uko yazataramira abakunzi be mu Rwanda.

KANDA HANO UREBE UNUMVE VOLE


Christopher Muneza yagaragaje ko yishimira urugendo amaze igihe anyuranamo na ElementElement Eleeeh umaze gutunganya nyinshi mu ndirimbo yifurijwe na mugenzi we ko kwegukana Grammy 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND