RFL
Kigali

Bamwe barota bashyingurwa! Ibyo wamenya ku ndwara yo gutinya urupfu yitwa "Thanatophobia"

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:17/04/2024 12:36
0


Indwara ya Thanatophobia ni imwe mu zihangayikisha ndetse zikagira ingaruka ku mibereho y'umuntu mu buryo ubwo aribwo bwose, ikaba n'intandaro yo gukurura izindi ndwara zikomeye zirimo n'iz'umutima. Ni undwara yo gutinya gupfa no guhorana ubwoba bw'ibintu byose byerekeza ku rupfu.



Thanatophobia yahawe irindi zina rya "Death anxiety". Iyi ndwara niyo gutinya gupfa cyangwa ugahora uhangayikishijwe no kubura abawe ukunda. Abahanga mu mitekerereze no mu buzima bavuga ko aba bantu bapfa mu ntekerezo mbere yo kugera ku munsi w'urupfu rwabo.

Gutinya ibyo utaramenya bishobora kukubaho, birasanzwe ku kiremwamuntu. Abarwaye iyi ndwara bo, babangamirwa n'izi ntekerezo umunsi ku wundi cyangwa bagasemburwa n'ibyibutsa urupfu nko gupfusha abo bakunda, kugera hafi y'amarimbi, kubona imva, kubona abantu barembye n'ibindi bibibutsa ko bashobora gupfa.

Igihe baryamye bashobora kurota bapfa cyangwa bashyingurwa bakaba batabaza mu ijoro cyangwa bakanga kuryama birinda izo nzozi. Bashobora no gutekereza ibintu bibi, ibiteye ubwoba bibasatira bishaka kubica n'ibindi.

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu benshi barwaye iyi ndwara ariko bagahisha ibyiyumviro byabo. Buri wese azi ko igihe kizagera akava ku Isi agapfa, nyamara bamwe birabahangayikisha.

Aba bashakashatsi bavuga ko 3% kugeza 10% barwaye iyi ndwara ku Isi kandi benshi muri bo bicwa n'indwara zikomeye zakomotse kuri Thanatophobia.

Ingaruka zikomeye zigera ku muntu urwaye iyi ndwara zirimo guhora wumva urupfu rukwegereye, indwara zishingiye ku ntekerezo nk'agahinda gakabije, kwanga kwifatanya n'abagize ibyago, gutakaza ubumuntu, n'ibindi.

Ku ikubitiro iyi ndwara ivurwa no kwiyumva ukitekereza ukoroshya intekerezo ndetse ukamenya ko gupfa ari ibya buri wese kandi ko ntacyo wakora ubihindura.

Ikindi usabwa ni ugutinyuka ugakoresha igihe usigaje ku Isi ahubwo ugaharanira kuzasiga ibigwi igihe uzaba watabarutse utakiri ku Isi.

Ikindi gikomeye gifasha aba bantu ni ukuganiriza abanyembaraga bakababwira uko biyumva, bakagufasha gutuza mu ntekerezo, ndetse kubiganiraho bituma ubifata nk'ibintu bisanzwe.

Gutekereza ko ushobora gupfa bikagutera ubwoba, bituma witwara mu buryo bushobora kukwica vuba wangiza ubuzima bwawe.

Abarimo abana bato ndetse n'abakuze bashobora kurwara iyi ndwara bakabaho ubuzima bw'agahinda bahora biteze ibyo bibi. 

Icyakora gutinya gupfa ntabwo byahagarika urupfu umunsi wageze, niyo mpamvu buri wese asabwa gutekereza ku buzima afite mbere yo kurangira kwabwo.


Ubu bwoba bushobora gutera imitsi y'ubwonko kwangirinka






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND