Kwandika bitera umuntu gutekereza cyane ku byo ashyira ku rupapuro. Kubera iterambere ubu buryo bw’itumanaho bwakoreshwaga bwataye agaciro busimbuzwa ubugezweho burimo kwandika ukoresheje telefone, mudasobwa ibyo wanditse bikoherezwa ako kanya ndetse bikakirwa byihuse aho waba uri hose
Iyo uganiriye n’abakera bakoresheje ubu buryo bwo
gutambutsa ubutumwa hakoreshejwe ikaramu n’urupapuro, bavuga ko byabavunaga
igihe bagaragaza amarangamutima yabo mu nyandiko ndetse no kugeza ubutumwa aho
bugenewe bikaba ikindi kibazo dore ko hari igihe bwageragayo uwabwohereje
ntabimenye.
Indiantimes.com yatangaje impamvu ubu buryo
budakwiye gucika mu bantu burundu cyane cyane ku bakundana:
1. Kwandika
biromora
Iyo wandikaga ku rupapuro, wandikaga akari ku mutima
kose waba wandika ku bihe bikubabaje ukaba wanarira. Kwandikira uwo mutari
kumwe uba usa n’umuganiriza cyangwa usa n’umubwira imbonankubone, ukumva
uruhutse cyangwa wishimye.
2. Guha
agaciro umukunzi wawe
Byaroroshye habonetse inzira nyinshi zakoreshwa
uganiriza umukunzi wawe. Ariko kwirengagiza ko hari izindi nzira zoroshye zo
kumuganiriza zirimo no kuba wahura nawe, ukumutunguza urwandiko bigaragaza
agaciro gakomeye umuha n’umutima umukunda, wahisemo kwandika urwandiko.
3. Kugaragaza
ko umwubaha
Kugaragaza ibyiyumviro byawe n’intekerezo ukoresheje
ikaramu n’urupapuro bigaragaza icyubahiro ndetse ko n’igikomeye wagikora kubwe. niyo
haba hari izindi nzira z’ubusamo zo kunyuramo.
Ibi biri mu bigaragaza ko wita ku bintu kandi ko witanga
ndetse wahara buri kimwe kubw’inshuti yawe mukundana, yaba mu bihe bibi no mu
byiza.
4. Guca
bugufi
Biragora burya guhitamo inzira zivunanye kandi hari inzira
zoroshye zo gukora ibyo wifuza. Guca bugufi no kwiyoroshya hagati y’abantu
bakundana ni kimwe mu byubaka umubano wabo ndetse n’urukundo rukiyongera.
5. Kwiyunga
Kwandika urwandiko ni imwe mu nzira nziza yo
gukemura ibibazo wagiranye n’umukunzi wawe akakubabarira bitewe n’uburyo asoma
ibyoherejwe n’uwakosheje. Urwandiko akenshi rusomerwa mu ibanga, bigatuma
urusoma atinda ku mpamvu yarwo, ndetse yaba yubaha akita ku gaciro yahawe ko
kwandikirwa, ibyo bikaba mu bituma atanga imbabazi byihuse.
6. Urwibutso
Telefone ishobora kubura, mudasobwa ikangirika,
ariko inyandiko yabitswe neza ntijya isaza. Ibi bisobanuye ko ubutumwa
woherejwe bufite agaciro ko kuzaba urwibutso rw’umukunzi wawe yaba atakiriho,
yaba ari kure aho utageza amaso, cyangwa igihe yakwanze ugasigarana urwibutso
rukwibutsa ibihe byiza mwagiranye.
7. Gusobanukirwa
n’uwo mukundana
Ibyo tuvuga n’ibyo twandikira inshuti zacu burya
bigaragaza twebwe ba nyabo. Kamere zacu ziratandukanye ndetse n’imyumvire yacu
irahabanye. Kwandikira umuntu urwandiko ukarwohereza biragoye ko wasiba ibyo
wohereje nkuko ama terefoni n’ibindi abikora.
Iyi nimwe mu nzira yo gusobanukirwa uwo ukunda n’uburyo
ukwiye kumukundamo mukabana neza.
8. Kwigomwa
igihe
Amategeko y’urwandiko ruzima aragora ndetse kwandika
urwandiko mu buryo bwiza harimo n’ubutumwa wifuza gutanga mu buryo bunoza
bifata igihe.
Gutanga igihe kuwo ukunda ni kimwe kigaragaza ko
wamaze kumuhitamo niyo utabivuga buri munsi. Gufata isaha, amasaha abiri cyangwa
kurenzaho wandikira urundo rw’ubuzima bwawe, bisobanuye byinshi ku kwigomwa igihe
cyawe, kuko ubwo butumwa bwoherejwe hakoreshejwe uburyo bugezweho bitarenga n’iminota
5.
Icyo gihe cyawe watakaje gifatwa nk’impano ikomeye
iherekejwe n’ubutumwa bwiza wageneye umukunzi, niyo utamuha ibyamirenge.
Kwandika no gusoma biri mu bigaragaza abantu
babahanga ndetse bafite cyerekezo kizima. Uretse ko hari abataragize amahirwe
yo kwiga ngo babimenye ariko iterambere rigenda ribyoroshya buri wese
asobanukirwa akamaro ko kumenya kwandika no gusoma.
Menya ko koherereza umukunzi ubutumwa ukoresheje
urupapuro n’ikaramu bizamukora ku mutima akakurutisha benshi bashobora
kumukunda.
TANGA IGITECYEREZO