RFL
Kigali

Ibimenyetso 6 bigaragaza umukobwa wakwimariyemo bidasubirwaho

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:26/03/2024 14:06
0


Bamwe bavuga ko ugukunda bya nyabyo akwandikira akaguhamagara kenshi ndetse agatanga imbaraga ze zose kugira ngo akugume iruhande, nyamara ibyo ntibihagije ngo byubake urukundo n’umubano udasaza.



Impuguke mu bumenyamuntu basobanukiwe n’imitekerereze y’ikiremwamuntu batangaje ibimenyetso bikomeye bigaragaza ko umukobwa agukunda urukundo rutari urw’agahararo. Dore ibyo bimenyetso:

         1.     Impuhwe

Impuhwe zawe burya zigana kuwo ukunda kuko wifuza ko nta kintu kibi cyangwa igisa nacyo cyamubaho. Igitsinagore gifite kamere yo kurangwa n’impuhwe kuko batinya ibihe bikomeye bityo kubona abandi bababara bikabahangayikisha.

Izo mpuhwe zitandukanye gato n’izo ugirira umukunzi wawe. Umukobwa ukunda umusore by’ukuri agirira impuhwe ubuzima bwe, umutungo we, ndetse n’impagarike ze zose bigatuma amufasha kubaho afata imyanzuro myiza kuko yumva ashyigikiwe n’urukundo rw’ubuzima bwe.

      2.     Uruhare ku iterambere ryawe

Bivugwa ko abakobwa cyangwa abagore bakunze kuba nyambere mu kudindiza umutungo w’igitsinagabo, bityo ubabonye akababonamo ibibazo, nyamara si bose hari ho abafungutse mu mutwe.

Iyo bigeze mu buzima bw’urukundo, umukobwa muzima ahangayikishwa no kwaguka kw’ibikorwa by’umukunzi we, cyangwa akishimira kumubona ava ku rwego rubi ajya ku rundi.

Ibi ntibyatuma twirengagiza ko bamwe mu bakobwa baruhuka basize iheruheru abakunzi babo bakabacucura utwo batunze ndetse iyo ikaba imwe mu mbogamizi zitera abasore kwanga no gutinda gushinga ingo, batinya imikoreshereze y’umutungo y’abagore.

Umukobwa wakunze nta buryarya ntiyishimira kubona umusore asohora amafaranga menshi atabyara inyungu, cyangwa atakazwa ku bidakenewe cyane, ahubwo amugira inama zamwagura uburyo yabyazwa umusaruro.

        3.     Aguha igihe kigukwiriye

Igihe gihabwa umukunzi kigena n’urukundo umukunda.Biragoye gusobanura rwose ko wabuze umwanya wo kuganira, kuvugana ndetse no guhura n’umukunzi wawe. Akazi kose waba ukora n’uburyo gakomeyemo ntibyakubuza kubona akanya ko guha umukunzi wawe mukaganira ndetse mugasobanukirwa byinshi ku mubano wanyu.

Ibi ntibisobanuye kuba hamwe no kwirirwa mufatanye agatoki ku kandi murangaza abahisi n’abagenzi. Bisobanuye kwitanga naho bigoye ariko ugashimisha amarangamutima ye. Umukobwa ugukunda arwanira kukuba hafi mu byo unyuramo byose, byaba byiza cyangwa bibi ndetse ntarambirwe kuguhumuriza.

       4.     Akwakira uko uri

Umukobwa wakunze bya nyabyo ntahora ahangayikishijwe nuko uteye cyangwa uburyo ugaragaramo atishimiye cyane cyane igihe nta ruhare wabigizemo, ahubwo yiga kubana nawe wa nyawe.

Ibi ntibiba bihinduye ibibi birimo nk’inemge ko bihindutse byiza biteye amabengeza, ahubwo aterwa ishema n’uko umeze akabaho atuje bitamubereye umutwaro. Umukobwa wakunze byukuri arangwa n’ubumuntu ibyiza akabisobanura akoresheje ibyiz

        5.     Icyubahiro

Iyo bavuze ko abagabo bakwiye kubahwa igihe cyose ntibaba babenshye, nubwo nabo basaba kubahwa basigasira icyubahiro bahawe.

Nyuma yo kuba inshuti y’umusore mukundana no kumwisanzuraho ukamubwira ibitabapfu byose nk’uwo wishyikiraho, nibyiza gusobanukirwa icyubahiro kibagomba igihe cyose.

Bavuga ko umugore utubaha agorwa no kubaka, nyamara n’umugabo utubashywe akabaho mu ipfunwe. Umukobwa wakunze urukundo ruzima burya arangwa no gusigasira icyubahiro cy’umusore bakundana yitoza no kuzamenya kumwubaha ari umugabo we.

      6. Kukwereka inshuti n’imiryango

Ntibisanzwe ko umuntu yerekana abanyamuryango be n’inshuti ku bo bakundanye bose. Kimwe kigaragaza umukobwa wamaze guhitamo ndetse agakunda urukundo rudasaza, yereka umukunzi we inshuti ze babana umunsi ku wundi ndetse n’umuryango we, igihe ntacyo ahisha.    






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND