Kigali

Wariva yitabaje General Benda na Shakira Kay muri ‘Agasaro’-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:15/01/2024 14:08
0


Ntihabose Hamim Rivaldo [Wariva] usanzwe akora indirimbo zibanda ku buzima busanzwe yakoze mu nganzo akora iyo yise ‘Agasaro’ y’urukundo agira icyo asaba abakunda umuziki nyarwanda.



Mu kiganiro na InyaRwanda Wariva yagize ati”Agasaro ni indirimbo y’urukundo, niyo ya mbere y’urukundo nkoze nkeneye ubufasha bw’abakunzi b’umuziki nyarwanda.”

Yongeraho ati”Indirimbo ni nziza yacuranzwe n’abahanga mu Rwanda, uwitwa Arsene na Arnold Gasige, amashusho arimo General Benda na Shakira Kay mbese nageragej gukorana n’abantu barenze.”

Wariva ashyize hanze ‘Agasaro’ yaherukaga gushyira hanze indirimbo yise ‘Wicika Intege’ bukaba ari ubwa mbere akoze indirimbo y’urukundo.

Uyu musore yasoreje amashuri yisumbuye mu bijyanye na  ‘Hotel Management, Hospitality&Tourism’. Yavukiye mu mujyi wa Kigali i Nyamirambo ari naho atuye n’ubu.

Umuziki ukaba ari ikintu yakuze akunda kandi no mu muryango w’iwabo hakaba harimo abakuru bawukora bamuteye imbaraga.

KANDA HANO UREBE UNUMVE 'AGASARO' INDIRIMBO YA WARIVA YITABAJEMO GENERAL BENDA NA SHAKIRA

">

Wariva akomeje gukorana imbaraga yifuza gusozanya umwaka ibikorwa bifatikaGeneral Benda ari mu babyinnyi bamaze kubaka izina agaragara mu ndirimbo  'Agasaro' ari kumwe na Shakira KayShakira ugaragara mu ndirimbo nka 'We Don't Care' na 'Player' yitabajwe na Wariva

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND