RFL
Kigali

Uburyo wakwambara imirimbo ya zahabu n’ifeza icyarimwe-AMAFOTO

Yanditswe na: Umutesiwase Raudwa
Taliki:17/06/2022 15:33
0


Uribuka igihe kuvanga ubu bwoko bubiri cyari ikizira kubwambarana ibyo bita ‘Faux-pas’ mu ndimi z’amahanga?. Ariko ubu kwambara agakomo k’ifeza cyangwa ‘Silver’ ubundi ugashyiraho umukufi wo mu ijosi wa zahabu cyangwa ‘Gold’ bigezweho mu mideri.



Uretse ko n'ubyambara uko ubonye byaba amabara menshi ntibise neza ni yo mpamvu bashyizeho ibyo wakurikiza mbere y'uko wambara ifeza na zahabu kandi bigasa neza.

1.       Impeta zawe z’ubukwe niba uzambara buri gihe ntacyo bitwaye niba impeta zawe z’ubukwe ari ifeza, niba ufite agakomo ukunda ka zahabu wagashiraho nta kibazo kuko mu kureba imirimbo wambaye impeta z’ubukwe turazirengagiza.

2.       Ikindi niba igikapu utwaye gifite imashini isa nka zahabu ukaba wambaye imirimbo y’ifeza ibyo nabyo ntabwo tubireba, ntacyo biba bitwaye niba kandi bikugora twakugira inama yo kujya ugura ibintu bidafite ifeza cyangwa zahabu.

3.       Mu gihe uri kwambara imirimbo hari ibice uba ugomba kwitaho amatwi mu gihe wambara amaherena, mu ijosi, ku ntoki niba wambare impeta no ku maboko wambara ibikomo, niba wambaye amaherena y’ifeza n’aya zahabu ukambara ibingana ntihagire igisumba ikindi.

4.       Kwambarana mu ijosi imirimbo ibiri umwe w’ifeza n’undi wa zahabu nabyo ni bimwe mu buryo wakwambarana iyi mirimbo kandi bigasa neza, uretse no mu ijosi wabikora no ku kuboko wambaye isaha y’ifeza ubundi ugashyiraho agakomo ka zahabu nabyo bisa neza.

5.       Uba ugomba no kubiringaniza mu gihe wavanze ubu bwoko bubiri, uba ugomba gusubira inyuma ukareba niba ntacyo wambaye cyiganje kurusha ibindi mbese byombi bigomba kuba bifite umubare ungana.

6.       Nubwo kuvanga ubu bwoko bubiri bisigaye bigezweho ariko mu kubikora uba ugomba kubitekerezaho ntabwo upfa kubijugunyaho kuko biba bigomba guza nk'aho bikoranye, bisaba kubyitaho.

7.       Mu gihe ubona utabishobora ubundi buryo wakoresha wagura imirimbo yamaze kuvangwa urugero amaherena arimo ifeza na zahabu bivanze, ibi byakoroherza nawe ugasa neza kandi ukagendana n’ibigezweho.

   








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND