RFL
Kigali

Urubyiruko rukina muri filime ‘Umuturanyi’ ya Clapton Kibonge rwasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:27/04/2022 12:53
0


Abakinnyi ba filime ‘Umuturanyi’ ya Mugisha Emmanuel [Clapton Kibonge] biganjemo urubyiruko, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, basobanurirwa amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Aba bakinnyi n'abategura filime 'Umuturanyi' biyemeje gukomeza guhangana n’abapfobya Jenoside.



Imyaka ibaye 28 hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye ubuzima bw'inzirakarengane zisaga Miliyoni mu minsi ijana gusa. Mu minsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, hakorwa ibikorwa bitandukanye birimo no gusura inzibutso za Jenoside, abantu bagasobanurirwa byinshi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni muri urwo rwego abakinnyi ba filime ‘Umuturanyi’ basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Mata 2022. 

Mu kiganiro na INYARWANDA, Mugisha Emmanuel uzwi nka Clapton Kibonge akaba ari we mushoramari wa Filime 'Umuturanyi' anabereye umukinnyi w'imena, yavuze uko bateguye urugendo rwo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali. Yatangiye agira ati: ”Turi abakinnyi ba filime kandi ikunzwe na benshi kandi iyo dukora filime tuba tugira ngo twigishe sosiyete nyarwanda. Uyu munsi rero twashatse kuza kubona ubundi bumenyi bujyanye n’amateka y’igihugu cyacu.”

Agaruka kandi ku bavuga ko ibyamamare usanga mu bihe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bitagaragara, ati: ”Ntabwo njyewe nemera ko babura kubera ko urebye mu kwibuka kw'uyu mwaka ibyamamare byinshi byaragaragaye hanyuma. Nongera no kuvuga ko ibyo byamamare nabyo byagize ibikomere ushobora kutagaragara mu bikorwa nk'ibi ngibi cyangwa kutagira icyo ubwira abantu kubera ko wababaye, kubera ko wakomeretse kubera ko wahungabanye.”

Akomeza agira ati: ”Kandi burya nyuma y’ubwamamare turi abantu, tugira imitima turababara. Bivuze ngo mu cyunamo mu gihe twibuka, hari umuntu ushobora kuba utabona ariko mbere y'uko umucira urubanza 'ngo yanze gutanga ubutumwa', banza umenye ese uwo muntu we ntakeneye umuntu umuba hafi ? Kuko ubwamamare ntabwo butuma utababara, ubwamamare ntabwo butuma abawe bagaruka. Kuba rero icyamamare ntibikuraho ko niba waragizweho ingaruka na Jenoside udakwiye kwitabwaho.”

Rusine Patrick ukina nawe muri filime 'Umuturanyi', yavuze ko arushisheho gusobanukirwa amateka y'u Rwanda kuko yayabonesheje amaso. Yavuze kandi ko ari cyo gihe cyo kumenyesha abandi ibyo yungutse. Yagize ati: ”N'ubundi ibyo niga bijyanye n'ubundi no kumenya amateka byinshi nari narabyize ariko nari ntarabibona n'amaso yanjye uretse ku mafoto. Hari ubumenyi nungukiye ahangaha ku bijyanye n’amateka yacu cyane cyane kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Rero nize byinshi kandi ni igihe cyiza cyo kugira ngo ibyo nize mbisangize n’abandi.”

Alphonsine uri mu bakinnyi bakunzwe muri filime nyarwanda yasabye abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi kubihagarika kuko bidakwiye. Yagize ati: ”Njye navutse nyuma ya Jenoside, ni ibintu tubwirwa n’ababyeyi ntabwo ari ubwa mbere njyeze aha, ni inshuro ya gatatu, ariko twabashije kubona byinshi turasobanukiwe. Ni ibintu bibi byabaye tutifuza ko byazongera, mbwira n’abapfobya amateka ko atari ngombwa.”

Mu byo kandi abakina filime ‘Umuturanyi’ bose bahurijeho ni uko bagiye gukomeza guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bakanashishikariza abandi yaba ibyamamare n’urubyiruko muri rusange gusura inzibutso za Jenoside kugira ngo barusheho kwiyungura ubumenyi no guharanira ko ibyabaye bitazasubira.

KANDA HANO WUMVE UBUTUMWA BWATANZWE N'ABATEGURA N'ABAKINNYI BA FILIME UMUTURANYI



Clapton Kibonge yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi


Abakinnyi n'abategura filime Umuturanyi bashyize indabo ahashyinguye imibiri y'abazize Jenoside yakorewe Abatutsi


Biyemeje gukomeza guhangana n'abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi



Clapton na bagenzi be bakinana muri filime 'Umuturanyi' basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

AMAFOTO: Sangwa Julien - InyaRwanda.com

VIDEO: Iradukunda Jean de Dieu - InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND