Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki ya 26 Muratama, nibwo hasohotse imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yoroheje zimwe mu ngamba zo kwirinda Covid-19 zari zashyizweho mu kwezi gushize, aho ibikorwa byari bimaze iminsi bifunze nk’ibitaramo bya muzika ndetse n’abafana kuri stade bakomorewe kugaruka.
Amabwiriza
mashya ya Minisiteri ya Siporo yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Mutarama, yemerera abafana kuza ku kibuga, amasitade akakira 50% by’abantu
asanzwe yakira.
By’umwihariko
abafana barasabwa kuba barakingiwe inkingo 2 ndetse n’urwo gushimangira kugira
ngo bemererwe kwinjira.
Uwitabira umukino asabwa kuba yarakingiwe
kandi akubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19.
Imikino
yo mu mashuri nayo izasubukurwa ariko hitawe ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Kuri
uyu wa Kane Shampiyona y’icyiciro cya Mbere irakomeza hakinwa imikino y’umunsi
wa 15:
Mukura
Victory Sport vs Etincelles FC
Rayon
Sports VS Gasogi utd
Bugesera
FC vs Gicumbi FC
Etoile
de L’Est vs AS Kigali
Rutsiro
FC vs Musanze FC
Imikino
yose iratangira saa 15h00’
AMABWIRIZA AVUGURUYE AGENGA IBIKORWA BYA SIPORO N'IMIKINO HIRINDWA COVID-19
TANGA IGITECYEREZO