RURA
Kigali

Nigeria: Minisitiri Ramatu yahuye na Umwiza Phiona uhatanye muri Miss University Africa

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:10/12/2021 14:54
0


Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Territwari zo muri Nigeria, Ramatu Tijani Alivu yahuye n’abakobwa bahataniye ikamba rya Miss University Africa barimo Umwiza Phiona uhagarariye u Rwanda.



Umwiza wabaye igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2020, yavuze ko mu minsi micye amaze ari mu gihugu cya Nigeria, ari kuhagirira ibihe byiza by’urwibutso.

Akavuga ko Abanya-Nigeria bari kumwereka urukundo ‘rurenze intekerezo zanjye’, ku buryo bamushyigikiye nk’aho ari umwana w’abo. Ati “Nakwifuje kuba muri hano ngo mumbere abahamya. Baranshyingikiye birenze nk’aho ndi uwabo.”

Uyu mukobwa yanavuze ko yanogewe n’amafunguro yaho, akabwira buri wese uteganya kuzasura Nigeria kugerageza ibiryo birimo ‘Fufu’ na ‘Jollof’.

Miss Umwiza avuga ko yatewe ishema no guhura n’Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Territwari zo muri Nigeria, Ramatu Tijani Alivu, kuri uyu wa Kane tariki 9 Ukuboza 2021, kuko hari byinshi bamwigiyeho we n’abandi bakobwa.

Akavuga ko u Rwanda ruzwi muri Nigeria. Akomeza avuga ko yungutse undi muryango barimo abakobwa bahuriye muri iri rushanwa baturuka mu bihugu bitandukanye, abaritegura n’abandi barimo abanya-Nigeria.

Yashimye kandi abategura Miss University Africa bamuhisemo ngo ahagararire u Rwanda muri iri rushanwa. Anashima Abanyarwanda uburyo bakomeje kumushyigikira, akavuga ko yiteguye kwitwara neza uko byagenda kose.

Uyu mukobwa yaboneyeho gusaba Abanyarwanda gukomeza kumushyigikira muri iri rushanwa. Ati “Urugendo rurakomeje, gushyigikirwa namwe n’ibyiciro kinini kuri njye. Komeza untore ukanda ‘Like’ ku mafoto, utanga ibitekerezo unasangiza abandi ‘Share’.”

Muri iri rushanwa, abakobwa bakomeje gukora ibitandukanye birimo gusura abarwayi kwa muganga n’ibindi birimo n’imyiteguro iganisha ku munsi wa nyuma w’iri rushanwa.

Miss University Africa (MUA), ni irushanwa ngaruka mwaka rihuza nibura abakobwa 54 bo mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika. Ryatangiye kubera muri Nigeria kuva mu 2010, ritangijwe n’umushoramari Taylor Nazzal.

Bitandukanye n’andi marushanwa arimo Miss America na Miss Earth, abahatana muri Miss University Africa ntabwo biyerekana mu mwambaro wa ‘bikini’.

Umukobwa wegukanye ikamba ahembwa amadorali 50, 000, imodoka nshya akanagirwa Ambasaderi.


Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Territwari zo muri Nigeria, Ramatu Tijani Alivu asuhuza Miss Umwiza Phiona

Umwiza Phiona avuga ko hari byinshi we n’abandi bakobwa bigiye kuri Minisitiri Ramatu


Umwiza yavuze ko yungutse umuryango mushya urimo abakobwa bahatanye n’abandi

Uyu mukobwa avuga ko u Rwanda ruzwi muri Nigeria byatumye abanya-Nigeria bamushyigikira cyane

Phiona yavuze ko ari kugirira ibihe byiza muri Nigeria, kandi ko yanyuzwe n’amafunguro yaho

Abakobwa bo mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika barahatanira kuvamo Miss University Africa


Umwiza ari kumwe n’umukobwa uhagarariye Botswana muri iki gihugu 

Umwiza Phiona yasabye Abanyarwanda gukomeza kumushyigikira muri Miss University








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND