RFL
Kigali

Israel Mbonyi yashimiye Leta y’u Rwanda iha agaciro abahanzi akomoza ku bakobwa akoresha mu ndirimbo

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:23/03/2021 14:25
0


Mbonyicyambu Israel kuri ubu ni we muhanzi nyarwanda uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ugezweho ndetse n’abadakunda bene uwo muziki usanga bakunda indirimbo ze.



Muri guma mu rugo ibikorwa byiswe ko bitari ingenzi byarahagaritswe hakajya hakora ibyihutirwaga. Birumvikana ibijyanye na muzika byahagaritswe ku ikubitiro. Israel Mbonyi ati:’’Ni ukuri ndashimira Leta yacu ikunda abahanzi sinari nzi ko nasaba uruhushya rwo kujya gukora indirimbo njye n’abantu banjye (recording sessions) noneho bakampa uburenganzira’’.


Israel Mbonyi yashimiye Leta y'u Rwanda iteza imbere umuziki

Israel Mbonyi ashimira ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali na Polisi y’u Rwanda babashije kumwemerera agakomeza ibikorwa bye bya muzika n'ubwo hariho guma mu rugo ibintu bimwe bitemewe.


Mbonyi arakunzwe bigashimangirwa n'ibihembo agenda ahabwa

Uyu muhanzi ni umwe muri bake baticishije irungu ababakunda mu bihe bya guma mu rugu. Ati:’’Iyo nkora cyane mba ngamije gufasha abantu kongera kugira umunezero ndetse abantu bari bafite umwanya wo kumva ubutumwa bwiza bushingiye ku ijambo ry'Imana’’.


Mbonyi azi gucuranga gitari

Akomeza avuga ko mu myaka ishize umuziki wa gospel abawukoraga ntibakuragamo ibingana n’ibyo babaga bashoye. Ati:’’Ni umugisha ko abantu bari kumva ko abahanzi ba gospel hari amahirwe bakwiye nk’abandi bose’’.

Agaruka ku kuba ari mu batoranyijwe kuzajya muri Israel yabwiye The Choice Live ica ku Isibo Tv ko yajyaga yifuza kuzatemberera muri icyo gihugu avuga ko gifite ubutaka butagatifu (bwera), kuba yaragize amahirwe yo gutoranywa mu bazahakorera ibitaramo byaje ari iby’agaciro. Ati:’’Nzajyayo ngiye gusura no kuririmba urumva ni amahirwe adasanzwe mu buzima ndetse twe turi mu myiteguro na ikipe yanjye yose dutegereje ko hariya (Israel) basoza gukingira abaturage noneho tukabona kugenda’’.

Umubyeyi wa Israel Mbonyi ni we umwigisha inzira y’ubuzima

Mbonyi avuga ko se umubyara ari we areberaho urugero mu bintu byose akora. Ati:’’Papa wanjye ni we unkopeza urugendo rw’ubuzima ni we ndeberaho byose’’. Mbonyi akunze kuba afite abakobwa batandukanye baririmbana na we ariko bakunze kugenda bahindagurika. Ati:’’Nta kintu runaka ngenderaho mpitamo umukobwa uririmba’’.

 Reba hano ''Baho''

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND