RURA
Kigali

Nizzo(Urban boys) ari mu rukundo n'uwo ahamya ko azamubera umugore kugeza apfuye

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:13/01/2015 15:48
27


Nshimiyimana Muhamed uzwi cyane ku izina rya Nizzo, akaba umwe mu basore batatu bagize itsinda rya Urban boys arahamya ko ari mu bihe byiza cyane kuri we atigeza abamo mu mateka ye y’urukundo ndetse akemeza ko yumva yamaze kubona uzamubera umugore w’inzozi ze.



Uyu ni umukobwa w’umunyarwandakazi witwa Umulisa Yvette wanyuze umutima w’uyu musore nk’uko abyihamiriza. Ibi uyu musore yabihamirije inyarwanda.com, kuri uyu wa kabiri tariki ya 13 Mutarama 2015, umunsi udasanzwe kuri we ndetse n’uyu mukunzi we by’umwihariko wizihiza isabukuru y’imyaka 21 y’amavuko.

yevvet

Umulisa Yvette wigaruriye umutima wa Nizzo

Nk’uko bigaragara kuri watssapp ya Nizzo yanditse amagambo ari mu rurimi rw’icyongereza yifuriza isabukuru nziza uyu mukunzi we, anahamiriza inshuti ze zose ko uyu mukobwa ariwe umutima we wifuza ko yamubera umugore.

NIZZO

Mu magambo ya Nizzo tugenekereje mu Kinyarwanda, yanditse agira ati “  Ndifuriza isabukuru nziza y’amavuko umugore wanjye umwe rukumbi,..Yvette wanjye…Ndagukunda iteka ryose.”

nizzo

N’ubwo uyu mukunzi we, kuri ubu atari mu Rwanda dore ko aherereye mu gihugu cy’u Bushinwa aho arimo akurikirana amasomo ye yo ku rwego rwa kaminuza, Nizzo ahamya ko iyi ntera iri hagati yabo nta kintu na kimwe ishobora guhungabanya ku rukundo rwabo, ko ahubwo amutegereje kandi amasezerano bafitanye buri ruhande ruyazirikana.

Nizzo

Ati “ Ndamukunda cyane muri macye tu, yagiye kwiga, hashize nk’imyaka itatu dukundana, ubu yagiye kwiga hanze, azagaruka nyuma y’igihe kinini ariko still ni uwanjye, nanjye ndi uwiwe niko bavuga mu Kinyarwanda, ndamukunda cyane, nawe nziko ankunda. Nkeka ko ariwe nzarangirizaho, Imana nibishaka niyo izi ibyifuzo byanjye nkeka ko yaba n’umudamu wanjye icyifuzo cyanjye ni icyo ng’icyo kandi nawe arabizi kndamukunda till I die.”

yvette

yvette

 

Umulisa Yvette kuri ubu arizihiriza isabukuru y'amavuko mu Bushinwa aho yiga. Umukiunzi we Nizzo yamuzirikanye amwifuriza isabukuru n'amagambo meza

Kanda hano wumve indirimbo nshya ya Urban boys na Riderman 'Till i die'

nizzo

Nizzo ahamya ko hashize imyaka itatu ari mu rukundo n’uyu mukobwa, ariko ngo mu bihe byabo bya mbere yabanje gukora uko ashoboye ahisha amakuru yose ajyanye n’uru rukondo rwabo ku bw’inyungu zabo ariko kuri ubu akaba atakibasha kwihangana kuko akenshi yisanga ibyiyumvo bye byamuganje maze akabigaragariza inshuti ze.

Nizeyimana Selemani






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • sylvie10 years ago
    kabisa nizzo urumugabo pe nic couple mbifurije kuzasazana kandi nyagasani wabahuje azabakomeze murukundo rwanyu
  • 10 years ago
    haaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaa
  • 10 years ago
    woaaw!!
  • 10 years ago
    woaaw!!
  • Baramubeshyeraga10 years ago
    Simperuka bavuga ko Nizzo atize ra? None avuga urwongereza
  • Nene10 years ago
    hhhhhhh gud luck Nizzo ntimuzamere nkabo nsigaye mbona
  • kaisa10 years ago
    murashyuha gutyo ku net ejo tukumva ngo mwatandukanye,mwagiye mwitonda?
  • sylvie10 years ago
    kabisa nizzo urumugabo pe nic couple mbifurije kuzasazana kandi nyagasani wabahuje azabakomeze murukundo rwanyu
  • sylvie10 years ago
    kabisa nizzo urumugabo pe nic couple mbifurije kuzasazana kandi nyagasani wabahuje azabakomeze murukundo rwanyu
  • didi10 years ago
    amahirwe masa
  • 10 years ago
    ni byiza pe kdi ndabona baberanye tu
  • Cuculi10 years ago
    Naho se uwitwa bonne umugwaneza ko nziko atajya asinzira ngo aragukunda kandi aguha byose ntakwitangira bite??
  • 10 years ago
    i love this
  • 2 clo10 years ago
    gafate maze uzumuzane mu majyepfo gusa uzamuryohereze
  • 10 years ago
    ngo Bonne!!!! uriya yarasaze byararangiye
  • omar 10 years ago
    nizzo imana ibafashe murukundo rwanyu!!!!!!!!
  • Angel10 years ago
    Komereza ahongaho nizzo keep it up ukeneye kwitwa papa wumwana keep that love ntirugucike ureo rukundo.
  • uzaramba10 years ago
    Biimremewe to
  • ganza10 years ago
    cg mwagizengo mu bushinwa,ntabasore bahaba
  • safia10 years ago
    Wawoooooo kaboss byiza kbs imana izabibafashemo naho abavuga bareke bavuge



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND