RFL
Kigali

Police FC twayirushije gukina umupira nka 70% iturusha amahirwe yo gutsinda – KNC

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:7/02/2020 19:15
2


Ku munsi wa 19 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ikipe yaPolice FC itagaragaje urwego rwo hejuru, ibifashijwemo na Iyabivuze Osee yabonye amanota atatu, nyuma yo gutsinda Gasogi United mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa Gatanu.



Police FC yaburaga inking za mwamba mu bwugarizi bwayo, ntiyatangiye umukino neza, kuko Gasogi United yatangiye iyirusha kubonana neza mu kibuga hagati ndetse no kurema uburyo bwo gutsinda ibitego.

Gasogi United mu minota 30 yasatiriye cyane Police FC, ariko kubyaza umusaruro uburyo yagiye ibona bikaba ikibazo.

Ku munota wa 35, Police FC yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Iyabivuze Osee, ku mupira wari uvuye kwa Nshuti Savio Dominique, ku ikosa ryari rimaze gukorwa na Dusabimana Jean Claude uzwi nka Nyakagezi.

Gasogi United yakomeje gukina neza nubwo yari imaze gutsindwa igitego, ariko ubusatirizi bwayo bwari buyobowe na Isaac Muganza bugenda buhusha ibitego byinshi, bishabora kuba byari kurokora iyi kipe ikanatsinda uyu mukino, ariko uburyo bagerageje bukanga.

bintu byongeye kuba bibi kuri Gasogi United ku munota wa 71 ubwo Mico Justin yatsindiraga Police FC igitego cya kabiri, ku mupira wari uvuye ku ruhande rw’ibumoso, maze iminota 90 y’umukino irangira ku ntsinzi ya Police FC y’ibitego 2-0 bwa Gasogi United.

Umuyobozi w’ikipe ya Gasogi United Bwana KNC, yatangaje ko icyo ikipe ye yabuze ari amahirwe, kuko umupira wo bawurushije Police FC ku buryo bugaragarira buri wese.

Yagize ati”Gukina no gutsinda ni ibintu bibiri bitandukanye. Uyu munsi twabuze amahirwe ku buryo bugaragara, kuko Police Fc twayirushije gukina umupira ku buryo bugaragara, kuko urebye mu mukino twateye Corner zirenga 16, duhusha ibitego birenga bine ku murongo, iyo wahushije ibitego nka biriya byanze bikunze ubona ko amahirwe atari ku ruhande rwawe”.

“Nibyo turatakaje ariko twakinnye umupira mwiza, Police FC ntiyarengaga umurongo ugabanyamo ikibuga kabiri, uri umuntu usesengura umukino wasanga Police FC twayirushije umupira ku kigero cya 70%”.

Gutsindwa uyu mukino byatumye Gasogi United yari ifite amahirwe yo kurara ku mwanya wa Gatandatu iyo itsinda uyu mukino, iguma ku mwanya wa Cumi n’amanota 22, mu gihe Police FC yo yahise izamuka ifata umwanya wa kabiri n’amanota 40, ikaba irusha Rayon Sports itarakina umukino wayo amanota abiri.


Abakinnyi 11 Gasogi United yabanje mu kibuga


Gasogi United yakinnye umukino mwiza ariko ibura amahirwe yo gutsinda


Iyabivuze Osee yatsinze igitego cya mbere cya Police FC





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ndikubwimana timothee4 years ago
    ayo ni amaburakindi
  • cyuzuzo james 4 years ago
    Ariko iki kizanjya gihora kivuga ko cyakinnye neza ark kigatsindwa buzaherezahe,cg ruzi ko gukina neza babitagira nabyo amanota,shaka icyatuma utsinda ureke ibigambo nibyo byo gukina neza wana.





Inyarwanda BACKGROUND