RFL
Kigali

Rt. Brig. Gen. Sekamana yatangaje igihe Abanyarwanda bazabonera umutoza mushya w'Amavubi

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:3/01/2020 10:11
1


Amezi abaye abiri ikipe y’igihugu Amavubi nta mutoza mukuru ifite, nyuma y'uko Mashami Vincent wari wahawe ikiraka cyo gutoza amavubi mu mezi atatu cyarangiye, ntamenyeshwe niba agomba gukomeza cyangwa atazakomeza. Umuyobozi wa FERWAFA Rt. Brig. Gen. Sekamana, yamaze gutangaza ko bitarenze uku kwa mbere Amavubi aza kuba afite umutoza.



Kutita ku ikipe y’igihugu mu buryo butandukanye, ariko byumwihariko mu mitegurire yayo mu byiciro bitandukanye, ni ryo kosa rigaruka kenshi ku ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru  ndetse na Minisiteri ya Siporo mu Rwanda mu myaka 10 ishize kugeza n’iyi saha.

Harabura amezi abiri n’igice ngo ikipe y’igihugu y’u Rwanda yitabire irushanwa rya CHAN 2020 rizabera muri Cameroon, abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda baribaza ku myiteguro y'iyi kipe itagira umutoza mukuru kandi igihe cy’irushanwa cyegereje.

Mu mpera z’ukwezi gushize ubwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryaganiraga n’itangazamakuru, harebwa uko umwaka wa 2019 wagenze muri ruhago nyarwanda hanasuzumwa ingamba zo mu mwaka wa 2020, umuyobozi wa FERWAFA Rt. Brig. Gen. Sekamana Jean Damascene yagarutse ku kibazo cy’umutoza agira n’icyo yizeza abanyarwanda.

Yagize ati”Turabizi ikibazo cy’umutoza kiraduhangayikishije, ntimugire ngo ni mwe mwenyine, ariko turasaba abanyarwanda kwihangana igihe gito cyane kuko turacyasuzuma neza umusaruro umutoza wari uriho yatanze kugira ngo turebe niba yakongera kubona amahirwe yo gutoza ikipe y’igihugu Amavubi”.

“Ntabwo ibyo bizafata igihe kirekire kuko uku kwezi kwa mbere kuzarangira ikipe y’igihugu Amavubi ifite umutoza mukuru kandi uyibereye, uzayifasha mu marushanwa atandukanye turi kwitegura, umutoza uzahabwa Amavubi azaba ari umutoza uje gutanga umusaruro abanyarwanda twifuza”.

Amakuru inyarwanda ifite aturuka muri FERWAFA ni uko hari umubare munini w’abatoza b’abanyamahanga batangiye kwandika bifuza ko bahabwa akazi ko gutoza ikipe y’igihugu Amavubi.

Muri uyu mwaka wa 2020, Amavubi afite akazi gakomeye, aho azakina amarushanwa agera kuri 4, arimo gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar muri 2022, imikino igomba kuzaba mu kwezi kwa 3, nyuma yaho hazakurikiraho imikino ya CHAN izabera muri Cameroon mu kwezi kwa 4.

Mu kwezi kwa 8 n’u kwa 9 n’u kwa 11 u Rwanda ruzakomeza imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Africa cya 2021 kizabera muri Cameroon, mu gihe bazanacishamo bagakomeza imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi mu kwezi kwa 10.

Uyu mwaka ukazasozwa u Rwanda rwitabira imikino ya CECAFA ya 2020 izabera mu gihugu cya Sudan i Khartoum.


Amavubi agomba gutangira kwitegura irushanwa rya CHAN 2020 rizaba muri Mata 2020


Sekamana Jean Damascene yijeje abanyarwanda ko bitarenze uku kwa mbere Amavubi aza kuba afite umutoza mukuru


Abafana b'Amavubi bakeneye umutoza ubaha ibyishimo mu marushanwa mpuzamahanga


Mashami ashobora kutongera guhabwa ikipe y'igihugu Amavubi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • david4 years ago
    Barimo kureba umusaruro wumutoza warusanzwe ? igihe yakoraga barihe? bari basinziriye baradutuburira!!!!!!!!!!!





Inyarwanda BACKGROUND