Mu Karere ka Karongi, Umurenge wa Mubuga ku Murangara ahari urwibutso rw’abazize Jenosidae yakorewe Abatutsi aho abenshi biciwe mu rusengero rw’Abadivantiste b’Umunsi wa Karindwi habereye umugoroba wo Kwibuka ku nshuro ya 25, urubyiruko rutanga ubutumwa bw’icyizere.
Mu mugoroba wo Kwibuka wabereye ahitwa ku Murangara,
mu murenge wa Mubuga akarere ka Karongi, aho igikorwa cy’umugoroba wo Kwibuka cyatangiriye,
hatanzwe ubuhamya bwa Mugemana. Yavuze ko mbere ya Genocide habayeho imyaka
y'igerageza rya Jenoside, aho ni muri 1959 gukomeza. Yakomeje avuga Umuryago
w'abanyabyinshi wose wishwe ugashira. Abasinga bararangira, ubu hakaba hari abazungura
batari babigenewe. Yagize ati “Turibuka none n'ubutaha tuzibuka. Ariko
duhora twibaza icyo Umututsi yakoze gituma yicwa koko? Ese ababikoze byabunguye
iki? Hari icyiyongereye mu mibereho yabo? Ko twese twabonye turemwa kandi Imana
ikomeje kurema, mwaretse tugasenyera umugozi umwe tukubaka igihugu dufatanyije?”
Mugemana kandi yakomeje avuga ko hari Imisozi imwe
yanasibangaye burundu. Ariko ubu hakaba hari icyizere ko hazatura abandi kuko
burya nta kibabaza nko kuruhira ubusa, wakwikiza umuturanyi mugaturana
utabishaka. Mu ndirimbo yakurikiyeho, basabye abari kugororwa ko bakomeza
kwitekerezaho, bagaharanira ko bitazongera ukundi, imfubyi n’abapfakazi
bagafashwa kuko bakomerekejwe cyane. Ndetse bakomeje bashimangira ko ‘Nta watsembera
ubwoko bw'Imana gushira.’
AERG mu ndirimbo yabo bise "Hora Hora
Rwanda" batanze ubutumwa bw’icyizere bahumuriza u Rwanda n’abanyarwanda,
by’umwihariko abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994
aho bagize bati “Hora Rwanda ntibizongera.
Icuraburindi ryabaye mu Rwanda ryababaje benshi ariko ntibizongera. Amateka
yaranze u Rwanda tuyasigasire duharanire ko bitazongera kubaho ukundi.” Kimwe
n’ahandi hose kandi, bakomeza gusaba ko abana bakomeza kubwizwa ukuri ku
byabaye, ababyeyi bakababera inzira nziza yo kumenya amateka yaranze u Rwanda
kuko nibo bazayavuga ejo hazaza.
Muzehe Dan mu buhamya bwe yavuze ko mbere ya
Jenoside bamwe babanje kwanga gusangira n'abatutsi kubera amoko ari nabwo
batangiye kubona ko ibintu byakomeye. Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
yatangiraga, bafashe amabuye bakumira abafite amasasu, imihoro n’ibindi bikoresho
by’ubwicanyi. Bihishe mu bihuru no mu mbingo, ariko barabahishura, babambura
amafaranga, ibyangombwa n’indi mitungo yabo bica nyina banamuca amaguru areba
we baramureka. Bamujyana aho kumuhisha ariko abandi bakaza kumushakayo. Bacaga
inzugi, bagatwara inka, bagasenya inzu byose abireba nta cyo gukora afite.
Ku Murangara habereye Umugoroba wo Kwibuka, Abanyamadini babazwa icyo bakoze
Umwe mu batanze ubuhamya muri uwo mugoroba wo
Kwibuka, yaje yambaye umupira yari yambaye muri Jeniside kugira ngo yibuke koko,
akurura neza ibyamubayeho n’ubwo hari ababifata nk’ubusazi ari we uzi agaciro
kabyo. Yabajije ikibazo kigira kiti “Abanyamadini
kuki batafungiye abandi amasakaramentu, kuki batabahagaritse ku ifunguro ngo
byibuze babanze bicuze bihane ibyaha by’ubwicanyi bakoze ndetse ibyinshi bakaba
barabikoreye muri izo nsengero?”
Uwari Umushyitsi Mukuru, uhagarariye Inama Njyanama
y'umurenge wa Mubuga mu ijambo rye yagize ati “Amahirwe dufite ni uko twagize ubuyobozi bwiza, buharanira ubumwe
n'ubwiyunge bw'abanyarwanda. Ndashimira abacitse ku icumu kuko batanga
imbabazi, gusa tubabazwa no kuziha abatazakira harimo n'abatazisaba. Imbabazi
zirahari kuzakira ntibikatunanire. Icyo tugomba abacu ni ukuzahora tubibuka
kandi tukarwanya Jenoside n'ingengabitekerezo yayo.”
TANGA IGITECYEREZO