RFL
Kigali

TAEKWONDO: Ikipe y’igihugu yafashe urugendo rugana i Manchester aho yitabiriye shampiyona y'isi

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:12/05/2019 1:43
0


Ikipe y’igihugu ya Taekwondo yahagurutse i Kigali ku gicamunsi cy’uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Gicurasi 2019 igana mu mujyi wa Manchester mu Bwongereza, aho yitabiriye shampiyona y’isi izahabera kuva kuwa 15-20 uyu mwaka.



Mbere yo guhaguruka i Kigali, kapiteni w’iyi kipe, Kayitare Benoit yavuze ko intego ibajyanye ari ugutsinda batitaye ku nzitizi bagize mu myiteguro itaragenze neza uko babyifuzaga mbere.

Ikipe y’u Rwanda igizwe n’abakinnyi batatu (3), aribo Kayitare Benoit ukina mu cyiciro cy’abatarengeje ibiro 54 (U-54) uyu akaba ari na we Kapiteni. Hari kandi Munyakazi Vincent (U-68) na Sekanyambo Jean Paul (U-58), Umutoza akaba ari Bagire Alain Irene.

Kayitare Benoit azahatana mu cyiciro kirimo abakinnyi 73, Sekanyambo we azahatana mu cyiciro kirimo abakinnyi 80, mu gihe Munyakazi Vincent we azahatana mu cyiciro kigizwe n’abakinnyi 89.

Iyi kipe iyobowe na Bagabo Placide, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umukino njya rugamba wa Taekwondo mu Rwanda (RTF).

Perezida wa RTF, Bagabo Placide azaboneraho kwitabira inama zitandukanye zo ku rwego rw’Isi zizabera i Manchester, ariko iy’ingenzi ikaba ari iy’Ishyirahamwe ry’imikino ya Taekwondo mu bihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza (Commonwealth Taekwondo Union).


Ikipe y'u Rwanda ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Kigali kiri i Kanombe 

Iyo nama izaba igamije kwiga uburyo Taekwondo yashyirwa mu mikino y’amarushanwa ahuza ibihugu bigize uwo muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth Games).

Umukinnyi w’u Rwanda uzaseruka bwa mbere ni Sekanyambo Jean Paul, uzakina kuwa 15 Gicurasi, mu gihe Kayitare na Munyakazi bo bazakina kuwa 16 Gicurasi.


Batatu bambaye umuhondo nibwo bazaserukira u Rwanda muri shampiyona y'isi

Biteganyijwe ko iyi kipe izagera i Manchester mu gitondo cyo kuri iki cyumweru ku isaha ya saa moya n’igice (7:30am), ikazagaruka i Kigali kuwa 20 Gicurasi 2019.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND