RFL
Kigali

MISS EARTH 2017: Gutora ababerwa n’amafoto byarangiye, Uwase Honorine (Igisabo) yongera gukubitwa inshuro

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:30/10/2017 16:44
7


Irushanwa rya Miss Earth 217 riri kugana ku musozo, mu mpera z’icyumweru tugiye gutangira ni bwo hazamenyekana uwegukanye ikamba. Muri aya marushanwa hatangwa amakamba anyuranye harimo n’iry’inkumi iberwa n’amafoto mu bahatanye gusa amatora muri rusange yarangiye.



Aya matora yabereye ku mbuga nkoranyambaga yarangiye kuri uyu wa mbere tariki 30 Ukwakira 2017, aho Uwase Hirwa Honorine (Igisabo) yakubiswe inshuro ntagaragare no muri cumi na batanu ba mbere bagomba kuvamo batatu batsindira imyanya ya mbere. Muri aba rero Miss Uwase Hirwa Honorine cyangwa Igisabo umunyarwandakazi rukumbi uri muri aya marushanwa ntagaragaramo, bivuze ko adashobora kuza muri batatu ba mbere.

igisaboigisabo

Amatora yarangiye Uwase Honorine Igisabo ntiyaza muri 15 ba mbere

Si Igisabo gusa utabashije gutsinda cyane ko mu bakobwa bose bahatana ababashije gutoranywa ari 15 baza kuvamo batatu ba mbere batangazwa mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Ukwakira 2017. Uwase Hirwa Honorine bakunze kwita Igisabo utabashije gutsinda hano kuri ubu ntari guhirwa muri aya marushanwa cyane ko mu minsi ishize yabuze umudari mu baberwa no kwambara amakanzu maremare y’ijoro cyangwa se ayo benshi basohokana.

uwase

Uwase Hirwa Honorine

Icyakora nubwo haba ibi byose amarushanwa yo gushakisha uzegukana ikamba arakomeje bakazatanga ikamba kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Ugushyingo 2017, muri Philippines ahari kubera aya marushanwa.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • GASONGO6 years ago
    IBI BIGURU YABONAGA HARAHO YABIGEZA. ATEYE NABI, EREGA KUBYIBUHA NTIBIGEZWEHO. ARARATA AMABUNO GUSA
  • 6 years ago
    Ariko uyu mwana ko mwamwibasiye?akubiswe inshuro se bababwiye ko ari we wenyine utajemo?hahh ahubwo se ninde wababwiyeko abateye neza baberwa aribo batorwa?aya marushanwa ni ay abazungu baritora ntibashobora gutora umwirabura,kuko turabarenze kure ahubwo babona uko duteye bidutera kuberwa ntibadutore ariko bagaca inyuma bakajya kwibagisha bitezaho ibinure ku kibuno ngo bagire nk icyacu,ibibero nabyo ni uko,etc rero mwe muvuga ntimuzi uko agakino gakinwa.ntimukajye muri ayo marushanwa muzajye mu yanyu cg ya Afrika kuko rwose muy umuzungu atazagutora kubw ishyari nta cyindi.abab bantu bose nta numwe uyu mwana atarushaga kuberwa,kandi gutera neza kwe nibyo bituma aberwa.ateye neza cyane mbisubiremo ateye neza cyane,abamubuga ukundi ni abanyeshyari bababazwa n uko badateye neza nkawe urumva gasongo we,ururimi rw ishyari rwawe ntirumutwara imiterere ye myiza cyane.jyenda Rwanda ufite abana bahiye bateye neza ku isi hose.
  • sweet6 years ago
    Ahubwo n abanyarwandakazi ntako baba batagize!!!..abantu baba badashyigikiwe n ibinyamakuru by iwabo se koko!!..ndebera nka title y iyi nkuru...wagirango mwishimiye ko yatsinzwe..en plus ndebera nk uyu wandika anenga ngo "ibiguru bye" ra...ubuse nk ibi bimumariye iki uyu wanditse ...gusenya turabishoboye arko byo
  • mutama6 years ago
    nimumureke bibaho gutsinda nogutsindwa kdi siwewenyine rata courage kdi urimwiza pe hakiyongeraho nokumutima naho uwagusenya abantubazira ababatumbagirana kuko you are super star
  • 6 years ago
    ndibaza ko yasanze ibisabo biba iwabo gusa , haliya ntabyo bamenya
  • 6 years ago
    Ateye neza cyane kandi aberewe kubarusha cyane.naho gutorwa byo ntawe uyobewe ko abazungu bazanamo amashyari yabo bakaturwanya
  • 6 years ago
    nimumureke ntakindi nibenawe yabashije kugera hariya kandi yihesheje ishema nk'umunyarwandakazi.





Inyarwanda BACKGROUND