Kigali

Thacien Titus asanga hari inyungu 2 umuntu ubabariye uwamuhimukiye abona kandi z’igiciro kinini-VIDEO

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:21/04/2015 12:13
3


Umuhanzi Thacien Titus uririmba indirimbo zahimbiwe Imana asanga mu kubabarira uwaguhemukiye harimo inyungu ebyiri. Thacien Titus yemeza ko uretse no kuba biruhura umutima, bigatuma ubabariye abasha kongera kwiyubaka, ugira imbabazi nawe azazigirirwa kandi byongeye aba ari gukorera ijuru.



Mu ndirimbo ye nshya yise ‘Bababarire’ yatugejejeho, Thacien Titus avuga ko ahanini ikubiyemo ubutumwa bwo kugirira imbabazi  uwaguhemukiye nubwo we atagusaba imbabazi. Ubutumwa yaririmbye muri iyi ndirimbo avuga yabuhawe n’Imana  akaba abumaranye igihe kingana n’umwaka.

Thacien Titus

Thacien Titus yemeza ko mu kubabarira umuntu aba anakorera Ijuru

Thacien ati”Ubwo nari ndi mu masengesho yo kwiyiriza, Imana yampaye ubu butumwa nanjye mbunyuza mu ndirimbo.Abantu benshi babana n’ibikomere bagiye baterwa na bagenzi babo mu buryo butandukanye ariko Ijambo ry’Imana ritubwira ko hahirwa  abanyembabazi kuko aribo bazazigirirwa.”

Thacien akomeza avuga ko abantu bahemukiwe badakwiriye guheranwa n’amateka ahubwo bakababarira ababahemukiye bityo bakaba bakoreye n’ijuru nk’inyungu ikomeye abona iri mu kubabarira uwaguhemukiye . Abajijwe niba abona kubabarira uwaguhemukiye ari igikorwa cyoroshye, Thacien yagize ati”Si ibintu byoroshye pe, ariko hamwe no gusenga ukiyambaza Imana yo munyembabazi wa mbere birashoboka.”

Thacien Titus yasoje ikiganiro twagiranye avuga ko mu minsi iri imbere afite gahunda zo gushyira ahanze izindi ndirimbo zivuga ubutumwa bwiza bw’Imana ndetse zitanga n’ihumure. Amashusho y’indirimbo yise’Haraburaho gato’ nayo akaba ari hafi kuyageza kubakunda ibihangano bye, by’umwihariko abakunda indirimbo zahimbiwe kuramya no guhimbaza Imana. Mu bindi ateganya hakaba harimo kumurika  album ya 3 nayo yise’Haraburaho gato’.

Thacien Titus yamenyekanye cyane ubwo yaririmbaga indirimbo’‘Aho ugejeje ukora ,Mana mbaye ngushimiye’ n'izindi nka 'Guma kukarago','Mpisha mu mababa','Uzaza ryari Yesu' n'izindi zinyuranye.

Reba hano amashusho y'indirimbo 'Bababarire'

 Renzaho Christophe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    Jewe ndakunda indirimbo ze Imana yomwijuru ikomeze imwagure mumurimo wayo.
  • umutesi yvette9 years ago
    ni koko kubabarira biruhura umutima ka ndi ni ugukorera ijuru murakoze cyane
  • umutesi yvette9 years ago
    ese thacien ko mbona video atariwowe wayisohoye? gusa indirimbo yawe ni nziza.



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND