RFL
Kigali

Amabwiriza yo kujya mu rukundo bundi bushya

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:9/11/2020 20:38
0


Mu gihe umuntu yinjiye mu bucuti bushya hari ibintu bimwe na bimwe aba agomba kwirinda kugira ngo azabashe kugirana umubano mwiza n’uwo bakundana mushya.



Mu gihe watandukanye n’umukunzi wawe wa mbere bikaba ngombwa ko wongera kwinjira mu rukundo bundi bushya ni byiza ko ugendera kuri aya mabwiriza ukirinda kugira ibyo ukora byabangamira mugenzi wawe, aha rero abahanga mu bijyanye n’imibanire bagerageje kurebera hamwe bimwe mu bintu umuntu winjiye mu rukundo bundi bushya akwiriye kwirinda kuko bishobora kumusenyera, bimwe muri ibyo bintu rero ni ibi bikurikira:

Ntuzigere ugereranya umukunzi wawe mushya n’uwahoze ari inshuti yawe: Kugereranya umukunzi wawe muri kumwe ubu n’uwahoze ari inshuti yawe ni ikosa rikomeye ushobora gukora mu gihe uri gutangira umubano wawe n’umukunzi wawe mushya.

Ibi ntibishobora gutera ishyari gusa cyangwa gushidikanya ahubwo bituma abona utarashyira ubwenge ku gihe ngo umenye ko uri mu rukundo rushya, mu bintu ukwiye kwirinda gukora mu gihe uri mu rukundo rushya ukwiriye kwirinda kugereranya umukunzi wawe wa kera n’uwo muri kumwe ubu.

Iga kuvuga oya: Niwiga kuvuga oya ku bintu wumva ko ukwiriye kubihakana koko ni byo bizatuma ubasha kugirana umubano mwiza n’umukunzi wawe, ku rundi ruhande kwemerera umukunzi wawe buri kimwe cyose bishobora kuzateza ikibazo mu mubano wanyu igihe wize kuvuga oya kandi waramenyereje umukunzi wawe yego.

Ntuzigere wiyoberanya:  Ntuzigere wiyoberanya ku kintu icyo ari cyo cyose, birashoboka ko ari ikintu umukunzi wawe akunda kandi wowe ucyanga, iga guhakanira umukunzi wawe mu kinyabupfura ko ibintu runaka mutabyumva kimwe bizazana umucyo mu mibanire yanyu kandi niba umukunzi wawe ari mukuru koko azahita yubaha ibyo ukunda ndetse azirikane ibyo wanga bityo mubane mu mahoro ariko niwiyoberanya ukamwereka ko ukunze ikintu kandi utagikunda by'ukuri, bizatinda ariko biteze ikibazo mu mubano wanyu.

Ntugace mu ijambo umukunzi wawe: Guhana umwanya ni ryo tegeko rya mbere riganisha ku kugira umubano mwiza, guca mu ijambo umukunzi wawe rero bizatuma mugirana amakimbirane ndetse nihaba hari icyo yifuza kukubwira ntakivuge kuko amenyereye ko ari wowe uvuga wenyine gusa.

Ntukamubuze kumarana umwanya n'inshuti n'umuryango we: Ntuzigere ufata ubuzima bw’umukunzi wawe nyuma yo kugirana umubano ngo umushyirireho ibyemezo cyangwa umukundishe ibyo ukunda ku gahato. Ntuzigere umubuza guhura n'inshuti ze cyangwa kumarana n'umuryango we umwanya. Ushobora buri gihe kumusaba kumarana nawe umwanya munini ariko kuyobora ubuzima bwe uko ushaka ntabwo ari byiza ahubwo muhe umudendezo we akore ibyo ashaka ku nshuti n’umuryango we.

Src; elitedaily.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND