RFL
Kigali

Coronavirus: Amakipe yo muri Premier League yemerewe gukina imikino ya gicuti ariko hubahirizwa amabwiriza

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:3/06/2020 17:00
0


Mbere y'uko shampiyona y’u Bwongereza isubukurwa tariki ya 17 Kamena 2020, Premier League yemereye amakipe gukina imikino ya gicuti, ariko ishyiraho amabwiriza agomba gukurikizwa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus.



Abashinzwe gutegura shampiyona y’u Bwongereza Premier League bemeje ko imikino ya gicuti izajya ikinwa hagati y’amakipe atandukanye, izajya ibera ku bibuga bisanzwe cyangwa iby’imyitozo.

Gusa Premier League yashyizeho amwe mu mabwiriza agomba kubahirizwa arimo kuba nta kipe ikora urugendo rurengeje iminota 90, buri mukinnyi agomba kugenda mu modoka ye, afite imyambaro ye, kuba nta musifuzi wemewe uzayobora umukino ahubwo bamwe mu bagize amakipe akaba aribo babyikorera no kugenzura uko ahagiye gukinirwa hameze neza.

Ku wa Mbere tariki ya 1 Kamena, Liverpool ya mbere muri Premier League, yakinnye umukino wa gicuti hagati y’abakinnyi bayo bitoranyijemo amakipe abiri. Ubwo shampiyona izaba isubukuwe, imwe mu mikino izajya ibera ku bibuga byihariye ni ukuvuga bitagize ikipe bibogamiyeho kuri abiri ari gukina.

Ku ikubitiro imikino ibiri niyo izabanziriza indi ubwo Premier Legue izaba isubukuwe, harimo umukino wa Manchester City na Arsenal  ndetse n’uwa  Aston Villa na Sheffield, ikazakinwa tariki ya 17 Kamena 2020. Shampiyona yasubitswe Liverpool iziyoboye ikaba ari nayo ifite amahirwe menshi yo kwegukana igikombe muri uyu mwaka.


Liverpool yigabanyijemo amakipe abiri ikina umukino wa gicuti ku wa mbere






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND