Ndamukunda Flavier umukinnyi w’ikipe ya Gisagara Volleyball Club yasezerewe mu myitozo y’ikipe y’igihugu azira kuba ubwo u Rwanda rwendaga kwakira imikino y’akarere ka Gatanu 2017 atarigeze yemera ko akorerwa ibizamini by’ubuzima nk’uko Paul Bitok yabisobanuriye abanyamakuru.
Paul Bitok umutoza w’ikipe y’igihugu ya Volleyball ukomeje kuyitegura kuzitabira imikino Nyafurika izatanga itike y’igikombe cy’isi cya 2018, yabwiye abanyamakuru ko yasezereye Ndamukunda kuko hari ibibazo yiteje mbere yuko u Rwanda rwakira imikino y’akarere ka Gatanu. Paul Bitok yagize ati:
Ubu ntabwo Flavien tuzaba turi kumwe muri iri rushanwa twenda kwitabira kuko mu irushanwa riheruka rya Zone 5 hari ibibazo twagiranye kuko ntiyigeze yitabira isuzuma ry’ubuzima (Medical Test) . Bitewe nuko icyo gihe twaburaga icyumweru kimwe ngo dutangire irushanwa ntabwo twabonye uburyo twamuhana kuko nta mwanya wari uhari wo kuba twarangiza ikibazo ariko ubu nafashe umwanzuro w’uko yagenda agakora isuzumwa akaba yazakina amarushanwa y’umwaka utaha.
Paul Bitok umutoza mukuru w'ikipe y'igihugu avuga ko Ndamukunda yakoze amakosa
Ndamukunda Flavien arasabwa gukora isuzuma ry'ubuzima
Ndamukunda yari mu bakinnyi 22 Paul Bitok yari yahamagaye muri gahunda yo kwitegura shampiyona Nyafurika izabera i Cairo muri Misiri kuva kuwa 20-30 Ukwakira 2017. Iyi mikino ni yo izatanga itike y’igikombe cy’isi 2018.
Dore abakinnyi bari mu myitozo:
Abakira imipira yose:
1. SilvestreNdayisaba
2. Mutabazi Bosco
3. Rwigema Simon
Abasatira:
4. Cyusa Jacob
5. Mahoro Yvan
6. Sibomana Paul
Abakina hagati:
7. Madison Placide
8. Muvara Ronald
9. Musoni Fred
10. Robert Nshimiyimana
11. John Nkurunziza
12. Kanamugire Prince
13. Peace Twagirayesu
Abakina baca ibumoso:
14. Ntagengwa Olivier
15. Mukunzi Christophe
16. Kavalo Patrick
17. Mutabazi Yves
18. Aimable Mutuyimana
Abakina baca iburyo:
19. Yakan Guma
20. Murangwa Nelson
21. Samuel Niyogisubizo
TANGA IGITECYEREZO