Ku mugoroba w’uyu wa Kabiri tariki ya 10 Nyakanga 2018 Saa mbili n’iminota 18 z’umugoroba (20h18’) ni bwo ikipe ya Rayon Sports yasohokaga mu kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali ivuye muri Tanzania ariko isanga nta bafana baje kuyakira nk’uko bisanzwe.
Ibi byatewe n’umusaruro udasamaje iyi kipe yambara umweru n’ubururu yatahukanye iva i Dar Es Salam muri Tanzania ahari kubera imikino ya CECAFA KAGAME CUP 2018 nyuma yo kuba yaraviriyemo muri ¼ itsinzwe na Azam FC ibitego 4-2 kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Nyakanga 2018.
Rayon Sports itararanzwe n’ibihe byiza muri iri rushanwa bitewe no kuba itaranageze aho abafana bayo bifuzaga, byaje gutuma ibura umubare w’abafana baza kuyisanganira ngo bayereke ko ibyabaye ari umupira w’amaguru.
Robertinho umutoza wari ufite iyi kipe muri iri rushanwa yabwiye abanyamakuru ko iri rushanwa ryabafashije kumenya neza urwego rw’abakinnyi Rayon Sports ifite bayifasha nk’inkingi bagenderaho kandi ko intego yari yabajyanye bayigezeho. Robertinho yagize ati:
Intego nyamukuru kwari ukugera muri ¼ cy’irangiza kandi twabigezeho. Twakinnye n’amakipe akomeye cyane ariko byadufashije kwitegura kuko imbere hari imikino nayo ikomeye idutegereje ariko ku bwanjye nk’umutoza mushya wa Rayon Sports, ndishimye kuko nabashije kubona abakinnyi ngenderwaho ari nacyo cy’ingenzi cyane.
Robertinho avuga ko kandi muri iki gihe cy’igura n’igurishwa ry’abakinnyi bagomba kugura abakinnyi bazatuma nibura kuri buri mwanya baba bafite abakinnyi babiri basimburana. Mu mikino itandatu (6) Robertinho amaze gutoza Rayon Sports, yatsinzemo imikino ibiri (2), anganya itatu (3) atsindwa umwe (1). Binjije ibitego 15 binjizwa ibitego icumi (10).
Manzi Thierry yitahira mu mutuzo kuko nta mufana wamubuzaga inzira
Dore uko Rayon Sports yitwaye muri CECAFA KAGAME CUP 2018:
Imikino yo mu matsinda:
-Rayon Sports 1-1 AS Sports
-Rayon Sports 2-2 Gormahia FC
-Rayon Sports 3-1 LLB
Umukino wa ¼:
-Azam FC 4-2 Rayon Sports
Uko amatsinda yari ateye:
Group A: Azam (TZ), Vipers SC (UG), JKU (ZAN) na Kator FC (S.SUD)
Group B: Rayon Sports (Rwa), Gor Mahia (KE), Lydia Ludic (BUR) na Ports (DJI)
Group C: Singida (TZ), Simba (TZ), APR (Rwa) na Dakadaha (SOM)
Rayon Sports isohoka mu kibuga cy'indege
PHOTOS: RuhagoYacu
TANGA IGITECYEREZO