Lionel Messi yafashije FC Barcelona kwihaniza Chelsea mu mukino wo kwishyura ubwo yayinjizaga ibitego bibiri muri bitatu batsinze iyi kipe yambara imyambaro yiganjemo ubururu. Lionel Messi yatanyije na Ousmane Dembele gusubiza Chelesa mu bihe byo kongera kwitekerezaho.
Ku munota wa Gatatu (3’) gusa nibwo Lionel Messi yarebye uko Tibault Courtois yari ahagaze bityo amwinjiza igitego mbere yuko ku munota wa 20’ Ousmane Dembele yungamo ikindi. Inzozi za Chelsea zaje gutwikwa ku munota wa 63’ ubwo Lionel Messi yarebaga mu izamu ku nshuro ye ya kabiri mu mukino waberaga i Camp Nou aho FC Barcelona yakirira amakipe.
Muri uyu mukino wabonaga abakinnyi nka N’golo Kante, Cesc Fabregas na Willian bagerageza guhangana ariko Lionel Messi akomeza kuba ikinyuranyo gikomeye.
FC Barcelone yateye amashoti arindwi (7) agana mu izamu, ishoti rimwe (1) rica kure y’izamu. Iyi kipe itinyitse ku mugabane w’i Burayi yihariye umupira ku kigero cya 53%. FC Barcelona bakoze ikosa ryo kurarira inshuro imwe (1), ikora amakosa icumi (10), babona ikarita imwe y’umuhondo (1) yahawe Sergio Roberto. Bateye koruneri enye (4) mu mukino.
Ku ruhande rwa Chelsea bateye amashoti atatu (3) agana mu izamu, amashoti ane (4) aca kure y’izamu mu gihe bagumanye umupira ku kigero cya 47%. Abasore ba Chelsea bateye koruneri esheshatu (6).
Chelsea yashakaga ibitego ku ngufu, bakoze amakosa atandatu (6) yo kurarira banakora amakosa 17 mu mukino. Chelsea yabonye amakarita atatu (3) y’umuhondo mu mukino bari basuyemo ikipe bafite byinsh bahuriraho nko guhana abakinnyi.Willian, Olivier Giroud na Marcos Alonso nibo bahawe amakarita y’umuhondo.
Chelsea FC yahise ivamo kuko umukino ubanza banganyije igitego 1-1 biza kuba 3-0 bityo irushwa ikinyuranyo cy’ibitego kuko FC Barcelona iri imbere n’ibitego 4-1.
Barcelone yiyongereye ku yandi makipe arimo: Real Madrid, AS Roma, Liverpool, Manchester City, FC Sevilla, Bayern Munich na Juventus muri 1/4 cya UEFA Champions League 2018.
Lionel Messi yatsinze ibitego 2 mu mukino
Undi mukino wakinwe ni uwo FC Bayern Munichen yongeye gutsindamo Besiktas ibitego 3-1 byaje bisanga 5-0 bayitsinze mu mukino ubanza, ihita ivamo ku giteranyo cy’ibitego 8-1.
Thiago Alcantara (18’), Gokhan Gonul (yitsinze,46’) na Sandro Wagner (84’) nibo batsindiye Bayern. Igitego cy’impozamarira cya Besiktas cyatsinzwe na Vagner Love ku munota wa 59’ w’umukino waberaga kun kibuga cya Vodafone Stadium. Umukino wasifuwe na Michael Olivier uvuka mu Bwongereza.
Tombora y’imikino ya 1/4 iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Werurwe 2018 guhera saa Saba z’amanywa ku masaha ya Kigali (13h00’), igikorwa kizabera i Nyon mu Busuwisi.
Chelsea nabo bagiye bagerageza gutera mu izamu
Eden Hazard azamukana umupira
Muri gahunda yo kwirwanaho nibwo Timoue Bakayoko yari akandagiye Olivier Giroud
Bahise bicara hasi bibaza ibibaye nk'abavandimwe
Cesc Fabregas abaza N'Golo Kante icyo abaye gitumye ajya hasi
Tibault Coutois niwe wahaboneye akatari gato
Marcos Alonso ashaka inzira yanyuzamo umupira
Olivier Giroud abaza umusifuzi impamvu atamuhaye penaliti
Chelsea nayo yagiye ibura uburyo bw'igitego
Abatoza b'amakipe yombi batanga amabwiriza
Igitego Courtois yatsinze na Lionel Messi amutereye umupira mu mfuruka ifunze
Messi yihengetse akata umupira
Eden Hazard yumiwe
Nyuma y'umukino Antonio Konte utoza Chelsea yahoberanye na Lionel Messi
Abafana ba FC Barcelona babara gacye gashoboka mu mwaka w'imikino
AMAFOTO: DailMail Online
TANGA IGITECYEREZO