Umutoza Kayiranga Jean Baptiste yamaze gusinya amasezerano y’imyaka itatu y’akazi mu ikipe ya Alliance Sport Club yo mu gihugu cya Tanzania.
Kayiranga yerekeje muri Tanzania nyuma yo kumara umwaka wose nta kipe n'imwe atoza. Uyu mutoza wabonye akazi, yaciye mu makipe akomeye yo mu Rwanda yasigiye ibigwi nka: Rayon Sports, Kiyovu Sports, Gicumbi n’ayandi.
Alliance Sport FC yasinyemo amasezerano yazamutse mu cyiciro cya mbere uyu mwaka. Kayiranga yatoje amakipe menshi yo mu Rwanda anagirirwa icyizere cyo gutoza ikipe nkuru y'igihugu Amavubi.
Yashyize umukono ku masezerano y'imyaka itatu
Kayiranga Baptiste yagejeje ikipe ya Rayon Sport ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro ariko iza gutsindwa igitego 1-0.
TANGA IGITECYEREZO