RFL
Kigali

PEACE CUP2017: Mu mikino ya 1/16 hari ikitaragenze neza

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:20/04/2017 11:07
0


Kuwa Kabiri tariki 18 Mata 2017 nibwo hatangiraga imikino ya 1/16 cy’irangiza mu irushanwa ngaruka mwaka ry’igikombe cy’Amahoro, imikino yarangiye hajemo inenge yo kuba umukino wa Espoir FC na Esperence FC waratinze gutangira bitewe n’ibura rya bimwe mu bikoresho nkenerwa.



Ku masaha FERWAFA yari yageneye uyu mukino, wagombaga gutangira saa saba z’amanywa (13h00’) ariko umukino nyirizina watangiye saa saba n’iminota 30’ (13h30’).

Abari ku kibuga cya Mumena bakomeje kwibaza impamvu umukino watinze gutangira ariko komiseri w’umukino yatinze aganira n’abasifuzi ku kibazo cyo kuba hari habuze ikibaho bakoresha basimbuza ndetse bongeraho iminota (Tableau d’Affichage Sportif).

Uretse ibura ry’iki kibaho, komiseri yakomeje kubaza impamvu nta modoka yakwitabazwa bajyana abakinnyi kwa muganga mu gihe haba hagize ugira ikibazo (Ambulance).

Ikipe ya Esperence FC yari yakiriye umukino, yaje kwibutswa ko ariyo yakabaye yateguye ibyo bikoresho byose nubwo baje gusa nabaguye mu kantu kuko icyashobokaga ako kanya byari ukujya gushaka ikibaho cyo kwifashisha basimbuza. Iki kibaho cyahageze umukino wamaze gutangira ariko ‘Ambulance’ yo ntiyabonetse kuko komiseri w’umukino yaciye inkoni izamba yemerera abasifuzi gutangiza umukino mu gihe abakinnyi bari bamaze iminota 13’ bahagaze mu kibuga bategereje.

Ikipe ya Espoir FC ifashwa n’akarere ka Rusizi yatahanye amanota atatu nyuma yo gutsinda Esperence FC ibitego 4-1. Mulungula Albert (4’), Habyarimana Faustin (12’, 33’) na Wilondja Jacques (67’) nibo babonye Espoir FC ibitego mu gihe igitego cy’impozamarira cya Esperence cyabonetse ku munota wa 50’.

Amakipe yombi asohoka mu rwambariro

Amakipe yombi asohoka mu rwambariro

Abasifuzi baba bari imbere

Abasifuzi baba bari imbere

Sozera Encelme umunyezamu wa Espoir FC imbere ya myugariro Hatungimana Basile

Sozera Enselme umunyezamu wa Espoir FC imbere ya myugariro Hatungimana Basile

Amakipe Yombi asuhuzanya

Amakipe Yombi asuhuzanya bazi ko umukino ugiye kwanzika

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

11 ba Espoir FC babanje mu kibuga

11 ba Espoir FC babanje mu kibuga

11 ba Esperence FC babanje mu kibuga

11 ba Esperence FC babanje mu kibuga 

Intebe y'abatoza n'abasimbura  ba  Espoir FC

Intebe y'abatoza n'abasimbura  ba  Espoir FC

Nyandwi Saddam wa Espoir FC yabanje ku ntebe y'abasimbura

Nyandwi Saddam wa Espoir FC yabanje ku ntebe y'abasimbura

Abasifuzi bagiye gutangiza umukino basanze hari ibibura

Abasifuzi bagiye gutangiza umukino basanze hari ibibura

Antoine Hey umutoza w'Amavubi asesekara ku kibuga

Antoine Hey umutoza w'Amavubi asesekara ku kibuga

Antoine Hey amaze kwicara

Antoine Hey amaze kwicara

Komiseri w'umukino (Wambaye umupira w'umweru) yamanutse mu kibuga

Komiseri w'umukino (Wambaye umupira w'umweru) yamanutse mu kibuga 

Umukino ugiye gutangira

Umukino ugiye gutangira ariko hari hagitegerejwe ikibaho

Ikibaho kihageze

Ikibaho kihageze

Tableau d'affiche sporif ishyikirizwa umusifuzi wa kane

'Tableau d'affiche sporif' ishyikirizwa umusifuzi wa kane

Umusifuzi wo hagati arebye ku isaha asanga amasaha yatangiye kuyoyoka

Umusifuzi wo hagati arebye ku isaha asanga amasaha yatangiye kuyoyoka

....................Bumvikana ibya nyuma............

....................Bumvikana ibya nyuma............

Amwereka igihe umukino ugiye gutangirira

Amwereka igihe umukino ugiye gutangirira

...................................................................................................................................................................... 

ANDI MAFOTO Y'UMUKINO

Hamad wa Espoir FC azamukana umupira

Hamad wa Espoir FC azamukana umupira

Mulungula Albert arekura ishoti ku munota wa kane

Mulungula Albert arekura ishoti ku munota wa kane

Mulungula Albert arekura ishoti ku munota wa kane

Igitego kiraryoha

Wilondja Jacques Kapiteni wa Espoir FC yanayiboneye igitego ku munota wa 67'

Wilondja Jacques Kapiteni wa Espoir FC yanayiboneye igitego ku munota wa 67'

Hatungimana Basile (ESpoir FC) agorana n'abakinnyi ba Esperence FC

Hatungimana Basile (ESpoir FC) agorana n'abakinnyi ba Esperence FC

Bugingo Samson (10) wari wakinnye mu mwanya wa Ndikumana Bodo utari waje mu bakinnyi 18

Bugingo Samson (10) wari wakinnye mu mwanya wa Ndikumana Bodo utari waje mu bakinnyi 18

Bugingo Samson yari yafashwe

Bugingo Samson yari yafashwe

...............amaze kumucika......

...............amaze kumucika......

Habyarimana Faustin amaze gutsinda igitego

Habyarimana Faustin amaze gutsinda igitego Habyarimana Faustin

Habyarimana Faustin

Esperence Fc

Esperence Fc yacishagamo nayo ikitanga

Esperence Fc

Abakinnyi ba Esperence FC bashaka icyo bakoresha umupira

Dukuzimana Antoine umunyamabanga wa Gicumbi FC asoma ku mazi nyuma yo kuba yari yaje kureba umukino

Dukuzimana Antoine umunyamabanga wa Gicumbi FC asoma ku mazi nyuma yo kuba yari yaje kureba umukino

Wilondja Jacques Kapiteni wa Espoir FC  aguruka mu kirere

Wilondja Jacques Kapiteni wa Espoir FC  aguruka mu kirere

APR FC  ihasesekara kuko yari ifite umukino na Vision FC 15h30'

APR FC  ihasesekara kuko yari ifite umukino na Vision FC 15h30'

Ubwo Nkurunziza Felicien umwe mu bakinnyi bakomeye ba Espoir FC yari agiye kwinjira mu kibuga

Ubwo Nkurunziza Felicien umwe mu bakinnyi bakomeye ba Espoir FC yari agiye kwinjira mu kibuga

Nkurunziza Felicien

Nkurunziza Felicien 

Ubwo Mbogo Ali yari agiye kujya mu kibuga

Ubwo Mbogo Ali yari agiye kujya mu kibuga

Nyandwi Saddam yitera amazi mbere yo kujya mu kibuga

Nyandwi Saddam yitera amazi mbere yo kujya mu kibuga

Nyandwi Saddam yiteguye kujya mu kibuga

Nyandwi Saddam yiteguye kujya mu kibuga

Akigezemo

..................Akigezemo ..............

Nzeyurwanda Djihad umuzamu wa SC Kiyovu (ibumoso) na Niyitegeka Idrissa (ibryo) ukina hagati muri iyi kipe yo ku Mumena

Nzeyurwanda Djihad umuzamu wa SC Kiyovu (ibumoso) na Niyitegeka Idrissa (ibryo) ukina hagati muri iyi kipe yo ku Mumena bareba umukino

APR FC yabonye umukino utinze batangira kwishyuhiriza inyuma y'ikibuga

APR FC yabonye umukino utinze batangira kwishyuhiriza inyuma y'ikibuga

Ntaribi Steven asimbuka

Ntaribi Steven asimbuka 

Twizerimana Onesme

Twizerimana Onesme 

Mukunzi Yannick

Mukunzi Yannick ashakisha ubushyuhe

Rugwiro Herve

Rugwiro Herve yimenyereza gutera umupira

Benedata Janvier yishyushya

Benedata Janvier bita Djidjia yishyushya mbere yuko bagombaga kwisobanura na Vision FC baje gutsinda ibitego 3-0.

AMAFOTO: Saddam MIHIGO/INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND