RFL
Kigali

Nizeyimana Alexis uheruka kwegukana 20KM de Bugesera yitwaye neza muri shampiyona yo gusiganwa ku maguru-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:11/09/2017 9:54
0


Nizeyimana Alexis umukinnyi w’ikipe ya APR AC nyuma yo kuba yari yitwaye neza akegukana irushanwa riheruka kubera i Ntarama (20 KM de Bigesera) yongeye kwitwara neza muri shampiyona y’umukino wo gusiganwa ku maguru aba uwa mbere muri metero ibihumbi bitanu (5000m) ndetse anaba uwa kabiri muri metero ibihumbi icumi (10000m).



Muri metero ibihumbi bitanu (5000m), Nizeyimana Alexis yahize abandi akoresheje iminota 14, amasegonda 41 n’ibice 63”’ (1’41”63”’) akurikirwa na Tuyishimire Christophe bakinana muri APR AC we wakoresheje iminota 14, amasegonda 42’’ n’ibice 94”’. Niyirora Primitive ukinira New Athletic Stars (NAS) we yabaye uwa mbere muri iki cyiciro akoresheje iminota 16’, amasegonda 21” n’ibice 60”’.

Muri metero ibihumbi icumi (1000m), Hitimana Noel wa APR AC yahize abandi akoresheje iminota 29’, amasegonda 58” n’ibice 68”’ (29’58”68”’) mu gihe Nizeyimana Alexis yabaye uwa kabiri akoresheje 30’ 01”53”’.

Nyuma y’umukino, Nizeyimana Alexis avuga ko icyamufashije kwitwara neza mu ntera ya metero ibihumbi bitanu ari ubunararibonye amaze kugira kuko ngo muri metero ibihumbi icumi yari yatakaje imbaraga nyinshi bityo biza kumusaba kwizigama mu gukoresha imibare cyane.

“Ikigaragara mu irushanwa hagati nta mbaraga nari mfite nari naniwe bitewe nuko nabanje gukina metero ibihumbi icumi kandi ho harimo abakinnyi bakuze bafite ubunararibonye bakinnye amarushanwa akomeye abandi bakaba bavuye mu myitozo i Nairobi, urumva yari inkomereye cyane. Nakoresheje imbaraga zose biranga mba uwa kabiri”. Nizeyimana Alexis

“Muri metero ibihumbi icumi nari nakoresheje imbaraga z’umubiri cyane biza kunsaba gukoresha imbaraga z’ubwonko cyane muri metero ibihumbi bitanu kuko nabaraga nkareba inshuro dusigaje kuzenguruka ngasanga niniha kwiruka ku muntu biri burangire ntarangije irushanwa ariko nkomeza gucungana n’imbaraga zanjye. Nakoresheje mu mutwe cyane kuko we yakoresheje imbaraga z’ubusore, nza guhita nkoresha imbaraga nyinshi mu gace ka nyuma”. Nizeyimana Alexis.

Nizeyimana Alexis  ubwo yari atangiye kuza imbere

Nizeyimana Alexis ubwo yari atangiye kuza imbere (N0: 2133)

Igikundi cyari inyuma ye

Igikundi cyari inyuma ye

Tuyishimire Christophe yakunze kuza imbere mu duce twa mbere baza kumusiga mu gace ka nyuma

Tuyishimire Christophe yakunze kuza imbere mu duce twa mbere baza kumusiga mu gace ka nyuma

Nizeyimana Alexis aseruka

Nizeyimana Alexis aseruka  imbere

Uko abakinnyi bakurikiranye muri Shampiyona y’imikino ngororamubiri

Kwiruka 10,00M

Abagabo

1. Hitimana Noel (APR) (29min 58sec, 68)

2. Nizeyimana Alexis (APR) (30min 01, 53)

3. Gakuru David (NAS) (30min 25, 50).

Abagore

1. Yankurije Marthe (NAS) (36min 46, 69)

2. Uwambajimana Jeanette (Nyamasheke) (38min 1, 03)

3. Niragire Vivine (APR) (38min 52, 69)

Kwiruka metero ibihumbi 5

Abagabo

1. Nizeyimana Alexis (APR) 14min 41, 63

2. Tuyishime Christophe (APR) (14min 42, 94)

3. Bigirimana Theophil (NAS) 15min 16, 46)

Aagore

  1. 1.    Niyirora Primitiva (NAS) 16min 21, 60
  2. 2.    Yankurije Marthe (APR) 16min 35,17
  3. 3.    Niragire Vivine (APR) 17min 18, 72

Metero 1500

Abagabo

1.Nimubona Yves (Nyamasheke) 3min 49, 37

Abagore

  1. 1.    Nishimwe Beatha (NAS) 4min 27, 81

Metero 800

Abagore

  1. Ishimwe Alice (Nyamasheke) 2min 13, 10

Abagabo

1.Nimubona Yves (Nyamasheke) 1min 49, 54

400m

Abagore

1. Ishimwe Alice (Nyamasheke) 58Sec, 28

Abagabo

1. Nsengiyumva Justin (Vision Jeuness Nouvelle) 48min 43.

2OOM

Abagore

  1. Iribagiza Aunorine (NAS) 27sec, 20

Abagabo

1. Nshimiyimana Pascal (Vision Jeuness Nouvelle) 22Sec, 90

100M

Abagore

1. Iribagiza Aunorine (NAS) 13sec, 24

2. Mukashyaka Placide (Mountain Classic Athletics Club) 13sec, 46

3. Umukundwa (Nyamasheke) 13sec, 63.

Abagabo

1. Manzi Jonathan (Nyamasheke) 11Sec, 64

2. Nsabimana Placide (APR) 11sec, 92)

3. Ndagijimana Hakim (Vision Jeunesse Nouvelle) yakoresheje amasegonda 12 n’ibice 40.

-Habaye no gusiganwa mu bindi byiciro by’imikino ngororamubiri (Athletics) nko gusimbuka urukiramende, gusimbuka gatatu (Triple Saut), gusimbuka umurambararo, gutera intosho (javelot), gutera ingasire (Disc), guhererekanya agate n’ibindi.

Hakizmana John (iburyo) ntiyakinnye kuko ngo ari kwitegura marato izabera muri Tanzania

Hakizimana John (iburyo) ntiyakinnye kuko ngo ari kwitegura marato izabera muri Tanzania

Sebahire Eric (ari kumwe n'umufasha) kapiteni wa APR AC nawe ntiyakinnye

Sebahire Eric (ari kumwe n'umufasha) kapiteni wa APR AC nawe ntiyakinnye

Nyirarukundo Salome ntiyakinnye shampiyona kuko afite ikibazo cy'imvune

Nyirarukundo Salome ntiyakinnye shampiyona kuko afite ikibazo cy'imvune

Muvunyi Hermas Cliff  nawe yaje gusiganwa aba uwa gatatu muir metero ibihumbi bitanu

Muvunyi Hermas Cliff  nawe yaje gusiganwa aba uwa gatatu muri metero ibihumbi bitanu

 Ikipe ya Vision Jeunesse Nouvelle y'i Rubavu yitwaye neza mu gihe Police AC yatahanye umwanya wa 3

Ikipe ya Vision Jeunesse Nouvelle y'i Rubavu yitwaye neza mu gihe Police AC yatahanye umwanya wa 3

Rwabuhihi Innocent umutoza wa APR AC  ikipe yitwaye neza muri iyi shampiyoan ikagenda ibona imidali

Rwabuhihi Innocent umutoza wa APR AC  ikipe yitwaye neza muri iyi shampiyona ikagenda ibona imidali

AMAFOTO: Saddam MIHIGO-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND