Tour du Rwanda 2017 igeze ku munsi wa Gatanu aho hari gukinwa agace (Etape) ka kane, agace kagomba kuva i Musanze kagana i Nyamata ku ntera ya Km 120.5 (120.5 Km). Eyob Metkel ni we utwaye aka gace akurikirwa na Areruya Joseph.
Muri uru rugendo, abasiganwa bazamutse udusozi tune (4) tubarirwaho amanota. Muri utu harimo agasozi kazamuka KIVURUGA, RWINTARE, GAHANGA na NTARAMA mu Karere ka Bugesera bagana i Nyamata.
Abasiganwa basoreje imbere y’ibiro by’akarere ka Bugesera aho baba bujuje ibilometero 120.5 (120.5 Km) urugendo rujya kungana n’urwa Kigali (Kacyiru) ugana i Huye.
Simon Pelaud, umusuwisi ukinira Tema Illuminate (USA) ni we wari wambaye “Maillot Jaune” kuko yizigamye umunota umwe (1’) hagati ye na Areruya Joseph umunyarwanda ukinira Team Dimension Data. Isiganwa ry'uyu munsi rirangiye Eyob Metkel ari we uhize abandi.
Twabibutsa ko Areruya Joseph ari we watwaye agace ka Rubavu-Musanze akoresheje amasaha abiri, iminota 22’ n’amasegonda 25”.
Abakinnyi bitegura isiganwa
Areruya Joseph mbere yo guhaguruka i Musanze yavuze ko nta yindi ntego uretse kugera i Nyamata ari ku isonga
Abafana i Musanze muri iki gitondo
Abakinnyi bagomba kubanza kwiyandikisha mbere yo guhaguruka
Protocole ya Tour du Rwanda 2017
Les Amis Sportifs de Rwamagana
Simon Pelaud aracyambaye umwenda n'umuhondo
Simon Pelaud yizigamye umunota umwe imbere ya Areruya Joseph
Ikipe ya Ethiopia
DORE UKO BIMEZE MU MUHANDA MUSANZE-NYAMATA:
10h00': Abasiganwa bahagurutse mu mujyi wa Musanze imbere y'isoko biteganyijwe ko bagera i Nyamata saa saba n'iminota 15' (13h15').
Live Reporting
10h44': Abasiganwa bari gusatira KIVURUGA ahari agasozi k'amanota. Abakinnyi barimo Avila Vanegas Edwin wa Team Illuminate na Piper Cameron bakinana, Eyob Metkel bari gukurura bagana imbere y'igikundi (Peloton) kiganjemo abakinnyi ba BikeAid.
10h49': Simon Pelaud ufite umwenda w'umuhondo ari mu busatirizi bazamuka KIVURUGA cyo kimwe na AVILA Vanegas basa naho batanguranwa kurangiza aka gasozi bari imbere.
11h08': Abasigabwa bari kumanuka BURANGA. Ku kazamuka ka KIVURUGUGA, Natnael Mebrahtom (Erythrea) yahazamutse neza cyo kimwe na Simon Musie (Erythrea), Edward Greene na Tedros Redae (Erythrea) bamuri hafi.
11h16': Mu kumanuka BURANGA imbere y'igikundi hari itsinda rinyaruka (Break-Away) ryiganjemo abakinnyi ba Erythrea ndetse na Van Engelen (BikeAid).
11:33': Harabura Km 65 ugana i Nyamata kuko abasiganwa bari kuzamuka TARE. Areruya Joseph, Ndayisenga Valens, Jimmy Uwingeneye , Mfitumukiza Jean Claude na Ephraim Tuyishimire bari muri Break Away ibanziriza igikundi.
11h43': Abasiganwa bari kuzamuka agasozi ka GAKO hafi ya RUSIGA.
11h45' Akazamuko ka GAKO kari ku butumburuke bwa metero 2152. Gako ni agasozi ka Kabiri bazamutse nyuma ya KIVURUGA kandi hose hatanzwe amanota.
11h59': Nicodemus Holler, Areruya Joseph, Eyob Metkel na Ukiniwabo Rene Jean Paul bari imbere y'igikundi na 1'10"
12:04": Nicodemus Holler, Areruya Joseph, Eyob Metkel na Ukiniwabo Rene Jean Paul bari imbere y'igikundi na 1'24" abasiganwa batangira kumanuka SHYORONGI
12h07': Areruya Joseph na Simon Pelaud bari imbere y'igikundi umunota 1'10".
TANGA IGITECYEREZO