RFL
Kigali

ITERAMAKOFI: Iby'ingenzi byaranze umukino w’abaremereye, Joshua yahangamuyemo Wladimir amukubise ‘K.O’ -AMAFOTO

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:30/04/2017 2:06
1


Mu mukino w’amateka wahuje abagabo babiri bibikomerezwa mu iteramakofi ry’abaremereye (heavyweight) wari utegerejwe mu mujyi wa London mu Bwongereza mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Mata 2017, wasize umwirabura w’umwongereza Anthony Joshua ariwe ubashije kwegukana intsinzi akubise Wladimir Klitschko w’umunya-Ukraine.



Ni umukino utari woroshye habe na gato dore ko byarinze bigera ku gace ka 11(round) bitarasobanuka. Aba bateramakofi bombi batakanaga cyane ariko Wladimir Klitschko yagaragazaga ubunararibonye kurusha Anthony Joshua n’ubwo nawe yanyuzagamo akagaragaza ko yiteguye guhangana nk’umusore urimo kuzamuka neza.

Former heavyweight champion of the world Wladimir Klitschko was the first to make his entrance at WembleyWladimir Klitschko niwe wabaye uwa mbere mu kugera i Wembley ahabereye uyu mukino

Klitschko cuts an imposing figure as he makes his way through the crowd and towards the ring

Aha yari amaze kwinjira muri ring

Klitschko kisses his gloves while he waits for Anthony Joshua to make his entrance at the home of English footballAsoma ibirwanisho bye

Anthony Joshua ubwo yatungukaga nawe imbere y'abafana

Thousands of supporters attempt to capture the moment on their mobile phones while pyrotechnics go off around themUyu mukino wari witabiriwe n'isinzi ry'abafana, aha bageragezaga gufata amashusho n'amafoto bifashishije telefone zabo

X Factor winner Louisa Johnson sings God Save The Queen as the two fighters complete their final preparations Louisa Johnson wegukanye X-Factor niwe waririmbye 'God Save The Queen', indirimbo y'igihugu y'u Bwongereza, mbere y'uko umukino utangira

Uduce dutatu twa mbere Anthony Joshua wakiniraga imbere y’imbaga y’abafana be yitwara neza, agace ka kane Wladimir Klitschko yatangiye kwibona mu mukino anakitwaramo neza mbere y’uko Joshua agaruka yariye karungu mu gace ka gatanu akanakubita ingumi ikomeye uyu munya Ukraine agahita akomereka hejuru gato y’ijisho rye ry’ibumoso, ariko kandi ibi bikaba byamuteye imbaraga mu duce twakurikiyeho.

Both fighters tested each other's range in cagey opening to the fight, with both wary of the other's power

Joshua slightly edged the opening two rounds, although neither fighter dominated the early stages of the fight

Klitschko looks to evade a left hook from Joshua midway through the second round on Saturday night

The British fighter started to dominate the fight with an impressive series of combinations in the third round

Joshua connects with a superb overhand right as Klitschko struggles to deal with the British fighter's powerIngumi zavuzaga ubuhuha ku mpande zombi

Joshua raises his fists in celebration after flooring the challenger with a brutal combination in the fifth 

Agace ka gatanu Joshua ntabwo yoroheye Wladimir

The Olympic champions walks back to his corner while Klitschko is escorted back to his own by the refereeAha yaratangiye kwizera intsinzi gusa hari hakiri kare kuri we

Klitschko was able to return to his feet, albeit with a deep cut to his left eye, and responded well in the sixth round

Wladimir yagarutse afite igipfuko hejuru y'ijisho

Ibintu byaje guhindura isura ndetse birushaho kuba bibi kuri Anthony Joshua mu gihe bari bageze ku gace ka 6, aho uyu munya-Ukraine yateye ingumi ikomeye Joshua ahita yikubita hasi(bwari ubwa mbere mu mateka ye) bigaragara ko acitse intege, ndetse kuri bamwe babonaga ko uyu musore ukiri muto yaba agiye gutsindwa hakiri kare, ariko yakomeje guhanyanyaza kugeza ubwo kuva ku gace ka 10 yongeye kugaragaza imbaraga ndetse atangira kwigaranzura Wladimir, bigeze mu gace ka 11 niho yateye urukurikirane rw’amakofi Wladimidir yikubita hasi inshuro ya mbere arabyuka, maze nyuma y’amasegonda make yongera kwisanga ibipfunsi by’uyu mwana bimubaranguye hasi ari nabwo umusifuzi yahise afata icyemezo cyo kurangiza umukino ku ntsinzi ya Anthony Joshua.

Klitschko is ushered back to his corner while Joshua lies on the canvas for the first time in his professional careerAha ni mu gace ka 6 igihe Wladimir yakubitaga igipfunsi Anthony Joshua akikubita hasi ari nabwo bwa mbere byari bimubayeho

Joshua sticks his tongue out in the direction of the corner after being dropped by a superb shot from KlitschkoJoshua muri aka kanya ntiyumvaga neza ibimubayeho

Joshua looked groggy as he returned to his feet and took almost the full count from referee David FieldsYahagurukanye intege nke yanga gutsindwa K.O agaruka mu kibuga 

The British fighter looked out on his feet and the end of the round but dug deep to remain in the fight 

Klitschko began to move ahead on the scorecard after dominating the next two rounds with his effective jabUduce tubiri twakurikiyeho twihariwe bikomeye na Wladimir Klitschko ndetse icyizere cyari gitangiye kuyoyoka ku bafana ba Anthony Joshua

However, he was caught with a number of punches early in the eleventh round and fell to the floor for the second time Joshua yatangiranye imbaraga agace ka 11 yinjira yataka bikomeye uyu munya-Ukraine wari umaze kunanirwa mu gihe haburaga aka gace na ka 12 ngo habarwe amanota

The former heavyweight champion of the world returned to his feet but was swiftly dropped with another combination

Klitschko remarkably returned to his feet for the third time in the fight as he attempted to make it to the end of the roundWladimir Klitschko wari usanzwe ari umukinnyi wa mbere mu baremerye ku isi yakubiswe urukurikirane rw'ingumi agwa K.O

Joshua managed to recover from his earlier setback in the fight and take the fight to Klitschko on Saturday

Nyuma yo kubona ko atagifite imbaraga zo kwirwanaho umusifuzi yafashe icyemezo cyo kubuza Joshua gukomeza kumuhondagura ibipfunsi

Rwari urugamba mu by’ukuri rw’abantu bafite ibigwi bikomeye muri uyu mukino ariko kandi hakaba harimo ikinyuranyo gikomeye hagati yabo bishingiye ahanini no ku myaka barutana. Mbere y’uyu mukino wabahuje, Wladimir Klitschko w’imyaka 41 yari amaze gukina imikino 68, abasha gutsindamo 64, harimo 54 ya ‘kawo’, naho Anthony Joshua w’imyaka 27 we yari amaze gukina imikino 18 ndetse yose yarayitsinze mu buryo bwa ‘K.O’( soma ‘kawo’, bikomoka ku ijambo ry’icyongereza knockout, akaba ari imvugo ikoreshwa muri iyi mikino njyarugamba mu kugaragaza ko umukinnyi yakubiswe agahita atakaza imbaraga zo gukomeza umukino).

Field holds Joshua's hand up to signify his victory in front of 90,000 supporters at the home of English footballAnthony Joshua agaragazwa nk'uwegukanye intsinzi

The Olympic heavyweight champion salutes the crowd after claiming the most high-profile victory of his professional careerByari ibyishimo bikomeye kuri we n'ikipe imufasha nyuma yo gutsinda uyu mukino ufatwa nk'uwa mbere ukomeye ahuye nawo kuva yatangira gukina ku rwego rwo hejuru nk'uwabigize umwuga

Anthony Joshua defeated Wladimir Klitschko to claim the IBF, WBA and IBO world heavyweight titles at Wembley on SaturdayNyuma y'iyi ntsinzi uyu musore wari usanzwe ariwe wa mbere mu baremereye mu mikino Olempike, yahise ahabwa imidari itatu harimo IBF, WBA na IBO

Nyuma y’uyu mukino wabahuje, Anthony yatangaje ko anejejwe bikomeye n’iyi ntsinzi, ahamya ko wari umukino utoroshye kandi azahora yubaha uyu munya-Ukraine bari bahanganye. Yanavuze ko kandi kuri we asanzwe ari ikitegererezo cye(role model). Abajijwe icyo abona yamurushije, yavuze ko yahatanye kugeza ku munota wa nyuma akaba atigeze ava mu mukino kandi yizeraga imbaraga n’ubushobozi yifitemo.

Joshua sportingly raises Klitschko's fist to the crowd after an exhausting heavyweight battle at WembleyWladimir wiyemereye ko umukinnyi mwiza yatsinze, yafashe ukuboko kwa Joshua arakuzamura

Joshua and Klitschko bump fists with each other as a show of respect after the fight on Saturday nightNyuma y'umukino aba bakinnyi bagaragaje kubahana

The Olympic champion added the IBO and WBA heavyweight titles to the IBF belt he already held ahead of the fightK'umukandara wa IBF(International Boxing Federation) yari asanganywe, Joshua yiyongereyeho IBO(International Boxing Organization) na WBA(World Boxing Association)

Arnold Schwarzenegger, icyamamare muri cinema i Hollywood ni umwe mu bastar bari baje kwihera amaso

AMAFOTO:Dailymail






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jackson6 years ago
    Uyu munya Nigeria aranshimishije sana.cngs





Inyarwanda BACKGROUND