RFL
Kigali

CIP Mayira yemeza ko Niyigaba Ibrahim ari mu igeragezwa muri Police FC-AMAFOTO Y’IMYITOZO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:17/08/2017 14:20
0


Chief Inspector Of Police Mayira Jean de Dieu umunyamabanga akaba n’umuvugizi w’ikipe ya Police FC yemera ko Niyigaba Ibrahim rutahizamu wahoze mu ikipe ya Villa SC muri Uganda kuri ubu ari kugaragaza icyo ashoboye muri Police FC kugira ngo barebe ko bamuha amasezerano akazabafasha mu gushaka ibitego.



Niyigaba wahoze muri Villa SC kuri ubu ari gukorera imyitozo mu ikipe ya Police FC iri kugenda ikina imikino ya gishuti muri gahunda yo gukarishya no kumenyereza abakinnyi bashya bayigezemo vuba no kureba uburyo aba bakinnyi batangira guhuza umukino (Game-Automatisme).

Aganira n’abanyamakuru nyuma y’imyitozo yo kuri uyu wa Kane, CIP Mayira yabemereye ko Niyigaba ari mu maboko y’umutoza Seninga Innocent kugira ngo amugerageze arebe niba yujuje buri kimwe gisabwa ngo umukinnyi abe yafasha ikipe muri gahunda yo gushaka ibitego.

“Ni byo ni umwana umwe mu ba Agent wamuzanye amuvuganaho na coach kuko ari umwana w’umunyarwanda. Nanjye nanavuganye nawe nsanga ni umwana uvuka i Rwamagana, nta nubwo yari amaze igihe hariya (Uganda). Ariko coach (Seninga) aracyamugerageza ngo arebe niba abishoboye”. CIP Mayira Jean De Dieu.

CIP Mayira  Jean de Dieu umunyamabanga akaba n'umuvugizi wa Police FC

CIP Mayira Jean de Dieu umunyamabanga akaba n'umuvugizi wa Police FC

Niyigaba Ibrahim wavuye muri Villa SC ari kugeragezwa muri Police FC

Niyigaba Ibrahim wavuye muri Villa SC ari kugeragezwa muri Police FC

Niyigaba Ibrahim (29) aganira na Danny Bariteze umunyezamun wa Police FC

Niyigaba Ibrahim (29) aganira na Danny Bariteze umunyezamu wa Police FC

CIP Mayira akomeza avuga ko akazi ko gusuzuma Niyigaba gafitwe na Seninga Innocent nk’umutoza mukuru nyuma akazatanga raporo avuga uko umukinnyi ameze niba yafasha ikipe.

Seninga Innoceny umutoza mukuru w’ikipe ya Police FC we avuga ko mu mikino ine ya gishuti abasore bamaze gukina, umukino bakinnye kuri uyu wa Kane wamuryoheye kurusha indi bakinnye kandi ko hateganyijwe indi mikino. Yagize ati: 

Twatangiye hakiri kare kugira ngo turebe uko twabasha guhuza abakinnyi bashya n’abasanzwe. Uyu ni umukino wa kane wa gishuti kugira ngo bamenyerane, bamenye uburyo dukinamo, imyumvire ku mukino dukina (Portugal Style) banamenye n’ibyo dushaka. Batangiye guhuza umukino cyane uyu munsi nibwo nabonye ko bitangiye kuza. Mbere yuko dutangira irushanwa ry'agaciro tuzakina imikino ya gishuti n'amakipe akomeye

Imyitozo yo kuri uyu wa Kane yakozwe ikipe ya Police FC bakina umukino wa gishuti n’ikipe y’abakinnyi ba Kayiranga Jean Baptiste, abakinnyi aba yaragiye akura hirya no hino mu nzira yo kubashakira amakipe ku batarayabona.

Habimana Hussein ufite ikibazo cy’uburwayi mu itako na Patrick Umwungeri ntibakoze imyitozo cyo kimwe na Nzabanita David wagiye kwikingiza urukingo rwa Hepatite mu Karere ka Bugesera nk’uko Seninga Innocent yabitangarije abanyamakuru. Aba biyongeraho Mico Justin uzatangira imyitozo yoroheje kuwa Mbere tariki 21 Kanama 2017.

Ni imyitozo yaberaga ku kibuga cya Kicukiro aho wabonaga bitoza cyane ibijyanye no gutsinda cyane bashingiye kuri Iradukunda Jean Bertrand wahinduraga imipira ituruka mu mpande.

Iyi mikinire yaje gutuma Police FC itsinda ibitego 3-0. Igitego cya mbere cyatsinzwe na Songa Isaie akurikirwa na Nsengiyumva Moustapha wavuye muri Rayon Sports ndetse na Usabimana Olivier wavuye muri FC Marines.

 Songa Isaie (Ubanza iburyo) yatsinze igitego ajya kuruhuka mu gihe Patrick Umwungeri (ubanza ibumoso) afite akabvazo gato katumye adakina

Songa Isaie (Ubanza iburyo) yatsinze igitego ajya kuruhuka mu gihe Patrick Umwungeri (ubanza ibumoso) afite akabazo gato katumye adakina

Mushimiyimana Mohammed hagati mu kibuga

Mushimiyimana Mohammed hagati mu kibuga  agabura imipira

Ndayishimiye Antoine Dominique nawe ashaka ibitego

ndayishimiye Antoine Dominique14

Ndayishimiye Antoine Dominique nawe ashaka ibitego

Habimana Hussein Eto'o afite ikibazo mu itako

Habimana Hussein Eto'o afite ikibazo mu itako hategerejwe abaganga ngo bazemeze igihe azamara adakina

Seninga  Innocent umutoza mukuru wa Police FC

Seninga  Innocent umutoza mukuru wa Police FC

Usabimana Olivierwavuye muri FC Marines nawe yabobnye igitego

Usabimana Olivier wavuye muri FC Marines nawe yabonye igitego

Niyonzima Jean Paul Robinho

Niyonzima Jean Paul Robinho 

Niyonzima Jean Paul areba na Mwizerwa Amin

Niyonzima Jean Paul areba na Mwizerwa Amin

Munezero Fiston  myugariro wa Police FC bakuye muri Rayon Sports

Munezero Fiston  myugariro wa Police FC bakuye muri Rayon Sports

Iradukunda Jean Bertrand ubwo yari ahushije igitego

Iradukunda Jean Bertrand ubwo yari ahushije igitego

Kubwimana Cedric Jay Polly (Iburyo) ni umwe mu bakinnyi Kayiranga Jean Baptiste ari gushakira amakipe

Kubwimana Cedric Jay Polly (Iburyo) ni umwe mu bakinnyi Kayiranga Jean Baptiste ari gushakira amakipe

Kubwimana Cedric Jay Polly yirukanwe muri AS Kigali

Kubwimana Cedric Jay Polly yirukanwe muri AS Kigali 

Eric Ngendahimana ukina hagati muri Police FC

Eric Ngendahimana ukina hagati muri Police FC

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC niwe wasifuye umukino

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC ni we wasifuye umukino

Ndayishimiye Celestin (3) azamura ikipe

Ndayishimiye Celestin (3) azamura ikipe

Nizeyimana Mirafa (4) hagati mu kibuga

Nizeyimana Mirafa (4) hagati mu kibuga 

Nsengiyumva Moustapha wavuye muri Rayon Sports

Nsengiyumva Moustapha wavuye muri Rayon Sports

Kalisa wari umunyezamu wa Etoile de l'Est nawe ari mu ikipe ya Kayiranga JB

Kalisa wari umunyezamu wa Etoile de l'Est nawe ari mu ikipe ya Kayiranga JB

Bwanakweli  Emmanuel umunyezamu wa Police FC

Bwanakweli  Emmanuel umunyezamu wa Police FC 

Iradukunda Jean Bertrand yishakamo ishoti

Iradukunda Jean Bertrand yishakamo ishoti

AMAFOTO: Saddam MIHIGO/INYARWANDA.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND