RFL
Kigali

Ruremesha uri muri gahunda yo kuvugurura FC Musanze avuga ko akibura abakinnyi batatu-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:24/09/2018 8:18
0


Ruremesha Emmanuel umutoza mukuru wa Musanze FC avuga ko nk’umukozi mu ikipe nshya abona abakinnyi afite bataramuhaza neza mu mubare ahubwo ko ategereje abandi batatu bagomba kwiyongera ku bandi kugira ngo yizere ko afite ikipe yizeye.



Byari mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Nzeli 2018 ubwo yari amaze gutsinda AS Muhanga ibitego 3-2 mu mukino wa gishuti waberaga kuri sitade Muhanga.

“Urebye turabura abakinnyi batatu. Myugariro umwe ukina mu mutima w’ubwugarizi, umukinnyi hagati ari hafi y’abugarira na rutahizamu umwe uzaza gufasha aba bahari. Nibaza ko abo nindamuka mbabonye, ahandi hose tuzakina kandi nizera ko tuzitwara neza” Ruremesha

Mugenzi Cedric ashaka inzira  anyuzamo umupira nyuma yo gucika Kubwamarayika Silas (9)

Mugenzi Cedric ashaka inzira  anyuzamo umupira nyuma yo gucika Kubwamarayika Silas (9)

Abakinnyi ba FC Musanze bishimira igitego

Abakinnyi ba FC Musanze bishimira igitego

Ruremesha akomeza avuga muri gahunda yo gukomeza ubwugarizi afite icyizere ko Habimana Hussein wahoze muri Police FC azaza muri Musanze FC kuko ngo burya kugira ngo ikipe ikomere igomba kuba ifite abugarira bakomeye kandi benshi.

Ruremesha yageze muri Musanze FC avuye muri Etincelles FC yasize agejeje ku mwanya wa kane muri shampiyona 2017-2018. Kuri ubu avuga ko atahita avuga ko azanabikorera iyi kipe arimo ahubwo ko ikimuzanye ari ugukora ibishoboka bakaba banafata umwanya wa kabiri cyangwa uwa Gatatu kuko ngo bishoboka cyane.

“Muri Musanze FC ndacyari mushya. Kujya mu ikipe ugahita wiyemeza kuba uwa kane byaba bigoye, gusa nibyo nifuza. Ndufuza ko naba n’uwa gatatu n’uwa kabiri kandi nzagerageza kubirwanira kuko nzi ko bishoboka nkurikije ubuyobozi bw’ikipe nabonye nibatuba hafi”. Ruremesha

Ruremesha Emmanuel umtoza mukuru wa Musanze FC aganira n'abanyamakuru

Ruremesha Emmanuel umtoza mukuru wa Musanze FC aganira n'abanyamakuru 

Ruremesha Emmanuel umtoza mukuru wa Musanze FC atanga amabwiriza

Ruremesha Emmanuel umtoza mukuru wa Musanze FC atanga amabwiriza

AS Muhanga yamaze kuzamuka mu cyiciro cya mbere

Umukino wihutaga unarimo ishyaka

Umukino wihutaga unarimo ishyaka 

Muri uyu mukino, AS Muhanga yari mu rugo niyo yafunguye amazamu ku munota wa gatatu (3’) w’umukino gitsinzwe na Lulioshi Dieumerci. Iki gitego cyaje kwishyurwa na Bokota Labama ku munota wa 21’. Igitego cya kabiri cya FC Musanze cyatsinzwe na Nduwayezu Jean Paul bita Chouchou kuri penaliti yateye ku munota wa 72’ mbere yuko Gabiro Claude atera penaliti y’indi ku munota wa 84’. Igitego cya kabiri cya AS Muhanga cyatsinzwe na Fabien Nsengiyumva ku munota wa 88’.

Iradukunda Laurent ukina  mu ruhande rw'ibumoso ugana imbere muri Musanze Fc

Iradukunda Laurent ukina  mu ruhande rw'ibumoso ugana imbere muri Musanze Fc

Majyambere Alype yakinnye iminota 90' mu mutima w'ubwugarizi

Majyambere Alype yakinnye iminota 90' mu mutima w'ubwugarizi

 

 

 

 

Gikamba Ismael (5) imbere ya Niyokwizera Celestin (5) myugariro wa AS Muhanga ufite umupira

Gikamba Ismael (5) imbere ya Niyokwizera Celestin (5) myugariro wa AS Muhanga ufite umupira

Abafana ba APR FC

Abasifuzi b'umukino

Abasifuzi b'umukino

Imurora Japhet kapiteni wa Fc Musanze

Imurora Japhet kapiteni wa Fc Musanze 

Nduwayo Valeur ukina hagati muri FC Musanze

Nduwayo Valeur ukina hagati muri FC Musanze

Ishimwe Ali umutoza w'abanyezamu ba AS Muhanga

Ishimwe Ali umutoza w'abanyezamu ba AS Muhanga 

Imurora Japhet azirika Shaban Hussein Tchabalala

Imurora Japhet ku mupira

Imurora Japhet ku mupira

Ruboneka Jean Bosco wa AS Muhanga agenzura umupira

Ruboneka Jean Bosco wa AS Muhanga agenzura umupira 

Gikamba Ismael asimbuwe

Gikamba Ismael asimbuwe 

Mugenzi Cedric asohoka mu kibuga asimbuwe

Mugenzi Cedric asohoka mu kibuga asimbuwe 

Mugenzi Cedric bita Ramires undi mukinnyi mushya muri Musanze FC

Mugenzi Cedric bita Ramires undi mukinnyi mushya muri Musanze FC

Niyonzima Jean Paul bita Robinho ku mupira nyuma yo kuva muri Police FC

Niyonzima Jean Paul bita Robinho ku mupira nyuma yo kuva muri Police FC

Tuyisenge Pekeake bita Pekinho wahoze ari kapiteni wa Miroplast Fc

Tuyisenge Pekeake bita Pekinho wahoze ari kapiteni wa Miroplast Fc

Mazimpaka Andre ubu niwe nimero ya mbere muri FC Musanze

Mazimpaka Andre ubu niwe nimero ya mbere muri FC Musanze

Gikamba Ismael ku mupira yitozanya na bagenzi be

Gikamba Ismael (Ibumoso)kapiteni wa Etincelles FC yari yaje muri 18

Gikamba Ismael ku mupira yitozanya na bagenzi be 

Nyuma y'umukino abatoza barimo Ruremesha Emmanuel, Bisengimana Justin (Sunrise FC), Mbusa Kombi Billy (Musanze FC) na Muhabura Rajab (Musanze Fc) baganira

Nyuma y'umukino abatoza barimo Ruremesha Emmanuel, Bisengimana Justin (Sunrise FC), Mbusa Kombi Billy (Musanze FC) na Muhabura Rajab (Musanze Fc) baganira

PHOTOS:Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND