RFL
Kigali

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo kunyagira Bugesera FC, Tchabalala atsinda "Hat-trick"-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:28/04/2018 18:45
2


Rayon Sports yanyagiye Bugesera FC ibitego 5-0 mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona wakinirwaga kuri sitade ya Kigali kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Mata 2018. Shaban Hussein Tchabalala yatsinze ibitego bitatu mu mukino (13’, 18’, 70’). Rayon Sports iraba yicaye ku mwanya wa 2 muri shampiyona.



Shaban Hussein Tchabalala yujuje ibitego bitatu (hat-trick) mu mukino mu minota 70’ (13’, 18’ na 70’). Ibindi byari bimaze gutsindwa na Ismaila Diarra muri iyo minota (5', 59'). Bugesera FC basoje umukino ari abakinnyi icumi (10) kuko Niyonkuru Radjou yahaboneye ikarita itukura yabyawe n'amakarita abiri y'umuhondo yabonye mu mukino.

Shaban Hussein Tchabalala yatahanye umupira bakinnye

Shaban Hussein Tchabalala yatahanye umupira bakinnye

Igice cya mbere cyatangiye ubona abakinnyi ba Bugesera FC bakina ariko ukabona barasigamo umwanya munini hagati y’umuntu wabo ufite umupira n’abo ashobora kuba yahereza. Ibi byatumye Ismaila Diarra abona umwanya munini wo gucamo yirukankana umupira ahita areba mu izamu ku munota wa gatanu (5’).

Hari hasigaye uruhare rwa Shaban Hussein Tchabalala ku munota wa 13’ kugira ngo arebe mu izamu mbere yuko yiyongeza ku munota wa 18’ ubwo yateraga penaliti yari iturutse ku ikosa Niyonkuru Radjou yakoreye kuri Muhire Kevin ageze mu rubuga rw’amahina.  Igitego cya kane cya Rayon Sports cyatsinzwe na Ismaila Diarra ku munota wa 59’ w’umukino. Shaban Hussein Tchabalala yaje kongeramo ikindi cyabaga icye cya gatatu (hat-trick) ku mnota wa 70' nyuma y'akazi gakomeye kakozwe na Ismaila Diarra.

Niyonkuru Radjou wanakiniye Rayon Sports na Kiyovu Sport yakoze ikosa ryabyaye penaliti ndetse banamwongeza ikarita y’umuhondo. Bugesera FC bakomeje gukina bashaka nibura igitego biciye ku bakinnyi nka Nzigamasabo Steven, Ssentongo Farouk Ruhinda Saifi na Binvenue Mugenzi ariko iminota 45’ y’igice cya mbere irangira nta mpinduka zibaye. Muri uku gushaka igitego ni bwo bateye koruneri eshanu (5) kuri imwe (1) ya Rayon Sports mu minota 45’.

Ismaila Diarra 20 yagarutse mu bihe byo gutsinda

Ismaila Diarra 20 yagarutse mu bihe byo gutsinda 

Muri iki gice kandi, Rayon Sports bakoze amakosa 13 kuri 1 rya Bugesera FC yari hanze. Rayon Sports yateye amashoti atanu (5) agana mu izamu abyara ibitego bitatu (3) kuri atatu ya (3) Bugesera FC.

Mu ntangiriro z’igice cya kabiri, Ivan Minaert yakuyemo Mugisha Francois Master ashyiramo Mwiseneza Djamal mbere y'uko Christ Mbondy asimbura Muhire Kevin. Christ Mbondy usanzwe ari rutahizamu yahise atangira gukina hagati mu kibuga afatanya na Eric Rutanga Alba nawe usanzwe ari myugariro. Mugabo Gabriel Gaby yasimbuwe na Habimana Yussuf Nani ku munota wa 62’ ubwo bari bamaze kuzuza ibitego bine (4).

Nyuma, Bugesera FC bakoze impinduka bakuramo Guindo Abdallah binjiza Ntijyinama Patrick ari nabwo bahise binjizwa igitego cya gatanu (5) ku munota wa 70' w'umukino.

APR FC irakomeza kuyobora urutonde (Kuko yatsinze Rayon Sports mu mikino ibanza) rwa shampiyona n’amanota 34 n’ibitego 17 izigamye mu mikino 17 imaze gukina dore ko inafitanye umukino na AS Kigali kuri iki Cyumweru bakina umunsi wa 18.

Bugesera FC yakomeje gukinira mu ideni ari nako bakuramo Rucogoza Djihad agasimburwa na Muhire Anicet naho Ntijyinama Patrick asimbura Guindo Abdallah. Ntwari Jacques yaje guhabwa ikarita y'umuhondo azira ikosa yakoreye kuri Shaban Hussein Tchabalala, umukino urangira utyo.

Rayon Sports irafata umwanya wa kabiri n’amanota 34 imaze kugwiza mu mikino 17 imaze gukina dore ko ifite umukino w’ikirarane itarakina na AS Kigali.

Abafana ba Rayon Sports  bashimye Ivan Minaert aho abagejeje mu gihe gito

Abafana ba Rayon Sports bashimye Ivan Minaert aho abagejeje mu gihe gito

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

11 ba Bugesera FC babanje mu kibuga

11 ba Bugesera FC babanje mu kibuga

 Abakinnyi babanje mu kibuga:

Rayon Sports  XI:Ndayishimiye Eric Bakame (GK, 1, C), Mutsinzi Ange Jimmy 5, Nyandwi Sadam 16, Mugisha Francois Master 25, Manzi Thierry 4, Muhire Kevin 8, Mugabo Gabriel 2, Eric Rutanga Alba 3, Irambona Eric Gisa 17, Ismaila Diarra 20 na Shaban Hussein Tchabalala 11.

Bugesera FC XI: Nsabimana Jean de Dieu (GK, 20), Uwacu Jean Bosco 16, Tubane James 6, Rucogoza Aimable Mambo 2, Niyonkuru Radjou 12, Rucogoza Djihad 4, Ntwari Jacques 23, Nzigamasabo Steven (C, 8), Guindo Abdallah 11, Ssentongo Farouk Ruhinda Saifi 10 na Mugenzi Bienvenue 14

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports 

Umukino warebwe n'abatoza batandukanye

Umukino warebwe n'abatoza batandukanye 

Niyonkuru Radjou yahabonye ikarita itukura

Niyonkuru Radjou yahaboneye ikarita itukura

Mbere gato yuko batera koruneri

Mbere gato yuko batera koruneri

Kwizera Pierrot, Nahimana Shassir na Asman

Kwizera Pierrot, Nahimana Shassir na Asman 

Farouk Ruhinda Saifi Ssentongo ashaka inzira kwa Mutsinzi Ange

Farouk Ruhinda Saifi Ssentongo ashaka inzira kwa Mutsinzi Ange

Umunsi wa 18 wa shampiyona 2017-2018:

Kuwa Gatanu tariki 27 Mata 2018

FT: Kiyovu Sport 2-0 Miroplast Fc

Kuwa Gatandatu tariki 28 Mata 2018

-Mukura Victory Sport vs Etincelles FC (Ntiwabaye)

-Amagaju FC 0-1 Police FC  

-Rayon Sports 5-0 Bugesera FC  

-FC Musanze 1-2 Kirehe FC  

Ku Cyumweru tariki 29 Mata 2018

-AS Kigali FC vs APR FC (Stade de Kigali, 15h30’)

-FC Marines vs Gicumbi FC (Stade Umuganda, 15h30’)

-Sunrise FC vs Espoir FC (Nyagatare, 15h30’)

Muhire Kevin na Nzigamasabo Steven

Muhire Kevin na Nzigamasabo Steven

Nsabimana Jean de Dieu bita Shawulin umunyezamu Bugesera FC yaguze muri Pepinieres FC yinjijwe ibitego 5

Nsabimana Jean de Dieu bita Shawulin umunyezamu Bugesera FC yaguze muri Pepinieres FC yinjijwe ibitego 5

Abatoza ba Rayon Sports

Abatoza ba Rayon Sports ubwo bari basoje akazi 

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • dak-b5 years ago
    nihahandi
  • NKOMBO5 years ago
    nihahandi gasenyi ntagikombe izatwara ndabivuze





Inyarwanda BACKGROUND