RFL
Kigali

Police FC 0-1 Rayon Sports: Amafoto 57 yaranze umukino

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:15/12/2017 7:59
0


Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Police FC igitego 1-0 mu mukino w’ikirarane waberaga ku kibuga cya Kicukiro kuri uyu wa Kane. Igitego cyatsinzwe na Irambona Eric Gisa ku munota wa 62’ nyuma yo kwinjira asimbuye Tidiane Kone.



Muri uyu mukino, Karekezi Olivier utari ufite Usengimana Faustin, Kwizera Pierrot na Nahimana Shassir, yahisemo gukoresha Mutsinzi Ange Jimmy, Manzi Thierry, Mugabo Gabriel na Eric Rutanga Alba mu bwugarizi.

Yannick Mukunzi na Niyonzima Olivier Sefu bakina hagati bari inyuma ya Manishimwe Djabel. Nova Bayama yacaga ku ruhande rumwe, Bimenyimana Bonfils Caleb agaca ku rundi (ibumoso) bose bahuriza kwa Tidiane Kone.

Gusa iyi gahunda yaje kuyihindura mu gice cya kabiri ubwo yari amaze kwinjiza Nyandwi Saddam asimbuye Manishimwe Djabel. Muri iyo minota, Mutsinzi Ange Jimmy yahise ajya hagati mu kibuga akina akingiriza abugarira (Holding Midfielder) bityo Yannick Mukunzi na Nionzima Olivier Sefu bari bafite umunaniro basa naho bisunika bagana imbere gato.

Seninga wari wakiriye umukino, yatangiye igice cya mbere afite Habimana Hussein, Twagizimana Fabrice, Ishimwe Issa Zappy na Muvandimwe Jean Marie Vianney mu bwugarizi. Nizeyimana Mirafa, Mushimiyimana Mohammed na Nzabanita David bari hagati mu kibuga. Biramahire Abeddy aca uruhande rumwe, Muzerwa Amin agaca ku rundi (iburyo), Mico Justin asatira izamu.

Nyuma amaze kubona ko bitari gutanga umusaruro yaje guhita akuramo Nzabanita David ashyiramo Eric Ngendahimana. Ngendahimana yahise atangira gukinana na Nizeyimana Mirafa bityo Mushimiyimana Mohammed atangira gukinana na Ndayishimiye Antoine Dominique wari winjiye asimbura Biramahire Abeddy.

Nyuma y’umukino Seninga Innocent yavuze ko abakinnyi be bataragira ikintu cyo gutinyuka kuko ngo iyo bagiye guhura na Rayon Sports bagira igihunga bityo ko agiye kubicaza akongera akabumvisha ukuntu iyi kipe yambara umweru n’ubururu ari kimwe n’izindi bajya bakina.

Muri uyu mukino, Police FC yari mu rugo yakoze amakosa atandatu (6) yabyaye amakarita ane y’umuhondo mu gihe Rayon Sports yakoze amakosa 15 mu mukino hakavamo ikarita imwe y’umuhondo yahawe Mukunzi Yannick wari wanahushije penaliti ku munota wa 30’.

Ku ruhande rwa Police FC, Biramahire Abeddy, Habimana Hussein, Twagizimana Fabrice Ndikukazi na Nizeyimana Mirafa bose buri umwe yahawe ikarita y’umuhondo. Rayon Sports yateye koruneri umunani (8) kuri imwe ya Police FC yari ku kibuga yitorezaho cya Kicukiro.

Mu gusimbuza, Seninga Innocent yatangiye akuramo Nzabanita David bita Saibadi ashyiramo Ngendahimana Eric, Muzerwa Amin asimburwa na Nsengiyumva Moustapha naho Ndayishimiye Antoine Dominique asumbura Biramahire Abeddy.

Karekezi wari ufite abakinnyi bane gusa ku ntebe y’abasimbura, yatangiye akuramo Tidiane Kone ashiramo Irambona Eric Gisa, Nyandwi Saddam asimbura Manishimwe Djabel mu gihe Mugisha Gilbert yasimbuye Niyonzima Olivier Sefu.

Police FC yagumye ku mwanya wa kane n’amanota 12 mu mikino umunani, inota rimwe imbere ya Rayon Sports ya 5 n’amanota 11 mu mikino itandatu imaze gukina. Rayon Sports ifite ibindi birarane izahuramo n’Amagaju FC ku Cyumweru i Nyamagabe ndetse n’undi mukino izahuramo na Musanze FC.

Abasimbura batatu muri bane Rayon Sports yari ifite

Abasimbura batatu muri bane Rayon Sports yari ifite 

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Police FC

Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC

Isengesho rya Rayon Sports

Isengesho rya Rayon Sports

Staff technique ya Rayon Sports

Staff technique ya Rayon Sports

Staff technique ya Police FC

Staff technique ya Police FC

Abasimbura ba Police FC

Abasimbura ba Police FC 

Abasifuzi b'umukino baseruka mu kibuga

Abasifuzi b'umukino baseruka mu kibuga

Abakinnyi bagera ku kibuga

Abakinnyi bagera ku kibuga 

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

Manzi Thierry wa Rayon Sports asuhuzanya na mugenzi we Tidiane Kone

Manzi Thierry wa Rayon Sports asuhuzanya na mugenzi we Tidiane Kone 

Karekezi Olivier asoma ku mazi

Karekezi Olivier asoma ku mazi

Rayon Sports yari ifite abasimbura bane gusa kuko abandi ntibarabona ibyangombwa

Rayon Sports yari ifite abasimbura bane gusa kuko abandi ntibarabona ibyangombwa

Eric Rutanga Alba yereka bagenzi be uko bahagarara mu kibuga

Eric Rutanga Alba yereka bagenzi be uko bahagarara mu kibuga 

Mico Justin mu kirere na Manzi Thierry wa Rayon Sports

Mico Justin mu kirere na Manzi Thierry wa Rayon Sports

Mushimiyimana Mohammed hagati mu kibuga n'umupira

Mushimiyimana Mohammed hagati mu kibuga n'umupira

Mushimiyimana Mohammed  ahura nan Niyonzima Olivier Sefu

Mushimiyimana Mohammed  ahura na Niyonzima Olivier Sefu

Habimana Hussein wa Police FC mu kirere na Tidiane Kone

Habimana Hussein wa Police FC mu kirere na Tidiane Kone 

Manishimwe Djabel yisaka ishoti

Manishimwe Djabel yisaka ishoti

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC  uri no mu kwezi kwa buki yari yagarutse mu kazi

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC uri no mu kwezi kwa buki yari yagarutse mu kazi

Seninga  Innocent ahanura Ishimwe Issa Zappy

Seninga Innocent ahanura Ishimwe Issa Zappy

Biramahire Abeddy umwe mu bakinnyi batafashije Police FC kuba yakwikura imbere ya Rayon Sports

Biramahire Abeddy umwe mu bakinnyi batafashije Police FC kuba yakwikura imbere ya Rayon Sports

Nubwo atabonye igitego, Bimenyimana Bonfils Caleb yakinnye neza

Nubwo atabonye igitego, Bimenyimana Bonfils Caleb yakinnye neza

Bimenyimana Bonfils Khaleb mu myitozo

Niyonzima Olivier Sefu mu kirere na Mushimiyimana Mohammed

Niyonzima Olivier Sefu mu kirere na Mushimiyimana Mohammed

Tidiane Kone ahunga Twagizimana Fabrice Ndikukazi

Tidiane Kone ahunga Twagizimana Fabrice Ndikukazi

Habimana Hussein wa Police FC agenzura umupira

Habimana Hussein wa Police FC agenzura umupira

Ubwo abakinnyi ba Police FC bari bamaze gutsindwa igitego

Ubwo abakinnyi ba Police FC bari bamaze gutsindwa igitego

Aha Nzarora Marcel yashakaga kurwana na Mugabo Gabriel

Aha Tidiane Kone yari asunitse Habimana Hussein

Nzarora Marcel  na Mugabo Gabriel bakinanye

Nzarora Marcel na Mugabo Gabriel bakinanye muri Police FC

Bashatse kunigana Hakzimana Louis ajya hagati

Bashatse kunigana Hakizimana Louis wari uyoboye umukino ajya hagati

Nzarora Marcel yazengurutse ngo asange Mugabo

Nzarora Marcel yazengurutse ngo asange Mugabo

Byaje guhosha Nzaora atangiza umukino

Byaje guhosha Nzarora atangiza umukino

Twagizimana Fabrice bita Ndikukazi azamura umupira

Twagizimana Fabrice bita Ndikukazi azamura umupira

Habimana Hussein wa Police FC na Tidiane Kone  bashaka umupira

Habimana Hussein wa Police FC na Tidiane Kone  bashaka umupira

Ishimwe Issa Zappy ashyiraha hasi Niyonzima Olivier Sefu

Ishimwe Issa Zappy ashyira hasi Manishimwe Djabel

Nzabanita David  abunza inzira Niyonzima Olivier Sefu

Nzabanita David  abunza inzira Niyonzima Olivier Sefu

Nzarora Marcel

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC  ategura Bwanakweli Emmanuel kugira ngo abe yasimbura Nzarora Marcel

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC ategura Bwanakweli Emmanuel kugira ngo abe yasimbura Nzarora Marcel

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC  aganiriza Nizeyimana Mirafa

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC  aganiriza Nizeyimana Mirafa

Mushimiyimana Muhammed afata amasomo

Mushimiyimana Muhammed afata amasomo

Nzabanita David  akururwa na Rutanga Eric Alba

Nzabanita David  akururwa na Rutanga Eric Alba

Tidiane Kone agora Habimana Hussein na Twagizimana Fabrice

Tidiane Kone agora Habimana Hussein na Twagizimana Fabrice

CIP Mayira  Jean de Dieu umunyamabanga akaba n'umuvugizi wa Police FC

CIP Mayira  Jean de Dieu umunyamabanga akaba n'umuvugizi wa Police FC

Habimana Hussein wa Police FC vs Nova Bayama

Habimana Hussein wa Police FC vs Nova Bayama  wa Rayon Sports

Mico Justin abuzwa inzira

Mico Justin abuzwa inzira 

Ndayishimiye Eric Bakame atera umupira

Ndayishimiye Eric Bakame atera umupira

mutsinzi  Ange Jimmy yitanga

Mutsinzi  Ange Jimmy yitanga 

Eric Ngendahimana ashaka igitego

Eric Ngendahimana ashaka igitego

Mushimiyimana Mohammed/Police FC

Nova Bayama  abuza inzira Mushimiyimana Mohammed

Nova Bayama  abuza inzira Mushimiyimana Mohammed

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports

Ndayishimiye Eric Bakame akoresha umupira icyo ashaka

Ndayishimiye Eric Bakame akoresha umupira icyo ashaka mu minota ya nyuma

Nyandwi Saddam myugariro wa  Rayon Sports abuza inzira Nsengiyumva Moustapha wahoze muri Rayon Sports

Nyandwi Saddam myugariro wa  Rayon Sports abuza inzira Nsengiyumva Moustapha wahoze muri Rayon Sports

Biramahire Abeddy utatanze umusaruro yasimbuwe

Biramahire Abeddy utatanze umusaruro yasimbuwe

Mushimiyimana Mohammed arwana ku ikipe

Mushimiyimana Mohammed arwana ku ikipe vs Mutsinzi Ange Jimmy

Mico Justin na Habimana Hussein 20 baganira n'abatoza bababwira uko byagenze

Mico Justin na Habimana Hussein 20 baganira n'abatoza bababwira uko byagenze

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Police FC XI: Nzarora Marcel (18, GK), Ishimwe Issa Zappy 26, Muvandimwe JMV 12, Habimana Hussein 20, Twagizimana Fabrice (6,C), Nizeyimana Mirafa 4, Nzabanita David 16, Mushimiyimana Mohammed 10, Biramahire Abeddy 23, Muzerwa Amin 17 na Mico Justin 8.

Rayon Sports XI: Ndayishimiye Eric Bakame (GK, C, 1), Mutsinzi Ange Jimmy 5, Rutanga Eric  Alba 3, Manzi Thierry 4, Mugabo Gabriel 2, Niyonzima Olivier Sefu 21, Mukunzi Yannick Joy 6 , Manishimwe Djabel 28, Nova Bayama 24, Bimenyimana Bonfils Caleb 7 na Tidiane Kone 19.

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND