RFL
Kigali

Akadege kateje intambara ku mukino wahuje ikipe ya Serbia na Albania-AMAFOTO

Yanditswe na: Robert Musafiri
Taliki:15/10/2014 13:16
1


Umukino wo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’u Burayi hagatiya Serbia na Albania waje gusubikwa utarangiye, nyuma y’aho akadege kari gatwaye ibendera rya Albania kazaga kumanurwa ku kibuga maze bigateza intambara mu bakinnyi.



Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 14/10/2014 ubwo aya makipe yombi, yari yahuriye mu murwa mukuru wa Serbia Belgrade ku nshuro ya mbere kuva mu mwaka w’1967.

dfgh

Byatangiye akadege gafite ibendera rya Albania kazenguruka hejuru y'ikibuga

Ubusanzwe, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi UEFA ryari ryabujije abafana ba Albania kuza kuri stade, mu rwego rwo kwirinda imvururu zaba kuri uyu mukino. Ibi ariko ntibyabujije akadege kayoborwa hifashishijwe Telekomande kugurukira hejuru y’ikibuga cyakinirwagaho umukino gatwaye ibendera rya Albania ndetse n’ikarita ya Kosovo.

dtfiyogup

Umukinnyi wa Serbia yahise amanura iryo bendera

hejtrk

Akadege kamanuranwe n'ibendera kari gatwaye

sdui

Abakinnyi ba Albania ntibihanganiye ibyakorewe ibendera ryabo

Ubwo aka kadege kakomezaga kuzenguruka hejuru y’kibuga, myugariro w’ikipe y’igihugu ya Serbia Stefan Mitrovic yaje gukurura ibendera rya Albania kari gatwaye,ubwo intambara iba iratangiye mu kibuga.

grh

Abakinnyi ku mpande zombi batangiye gushyamirana

yu

Nyuma yo kubona ibendera ryabo rimanuwe hejuru,abakinnyi ba Albania bahise basatira Mitrovic ngo barimwambure ari nako abafana bahise baza mu kibuga ngo bahangane n’aba bakinnyi b’abanya Albania.

grs

Imvururu zatangiye ubwo

hgs

Abari hafi aho bagerageje gukiza biba iby'ubusa

hjk

Abafana nabo baje kubyivangamo

sf

Aha umufana yari atwaye akadege kabaye intandaro y'imvururu

hsrty

Umusifuzi w'umwongereza Martin Atkinson yahise afata icyemezo cyo guhagarika umukino

Ibi byaje kuba ngombwa ko Police yinjira mu kibuga mu rwego rwo guhosha imvururu z’abafana b’abanya Serbia bari batangiye kwibasira abakinnyi ba Albania.

ht

Imirwano yaje gukomera

jy

Abafana bari birunze mu kibuga

he

Byabaye ngombwa ko hitabazwa abasirikare

htyr

Abakinnyi ba Albania bakijijwe n'amaguru

jetyu

Abafana ba Serbia bari bariye karungu

ht

Abashinzwe umutekano bahuye n'akazi katoroshye

hkjg

Abafana bari barakaye cyane

dfgh

Abantu bari benshi cyane ku buryo polisi yagombaga gukora ibishoboka byose

ktyur

Abafana ba Serbia

kjhg

Iri niryo bendera ryakoze ishyano

jhg

Aka kadege kaje umukino ukiri ubusa ku busa

jy

Abanya Albania batuye muri Kossovo nabo bari bariye karungu

hte

Abaturage bakomoka muri Albania babikurikiraniraga hafi

jhg

Abanya Albania biraye mu mihanda mu rwego rwo kwamagana ibyakorewe ikipe yabo

Umusifuzi w’umwongereza Martin Atkinsona wari uyoboye uyu mukino, yahise awuhagarika ku munota wa 41. Abakinnyi ba Albania bahise bava mu kibuga biruka bahunga ibintu baterwaga n’abafana, ndetse n’aba Serbia barabakurikira.

Robert Musafiri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • serbe9 years ago
    Ariko isi irikoreye pe izi ni impamvu politiki zateje izi mvururu





Inyarwanda BACKGROUND